• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Ubwanditsi 13 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Nyuma yaho Ishami rya BBC ryo muri Afurika ryashyize ku mugaragaro iperereza ryakoze ku nyubako iherereye mu Mujyi wa Bujumbura mu gace ka Kinindo ifite numero 76 ikoreshwa n’urwego rw’ubutasi (SNR) mu bikorwa by’iyicarubozo kuva mu 2016, leta y’u Burundi yahamagaje abahagarariye ibihugu byabo mu Burundi ngo ibagaragarize ko itishimiye iri cukumbura BBC yakoze.

Mu Ukuboza 2016 nibwo ku mbuga nkoranyambaga zo mu Burundi hakwirakwijwe video igaragaza umuvu w’amazi atukura wasohokaga mu rupangu ruherereye mu gace ka Kinindo, ku muhanda wa Ntwarante (Ave Ntwarante) gifite numero 76.

Abakwirakwizaga iyi video bakaba baravugaga ko ayo ashobora kuba ari amaraso aho bavugaga ko bavangamo Omo mu rwego rwo kujijisha.

Abantu bagiye bavuga ko iki gipangu kigaruriwe n’igipolisi kikaba gikoreshwa nka gereza y’ibanga y’urwego rw’ubutasi rw’u Burundi (SNR) rutinyitse kubera ibikorwa rushinjwa.

Nyuma y’iyo video, kuwa 29 Ukuboza 2016, Guverinoma yahise ihakana aya makuru ivuga ko nta nzu n’imwe ikorerwamo iyicarubozo muri Kinanira, ivuga ko ibi ari ibinyoma ndetse igaragaza amafoto yita ko ari aya nyayo

BBC ivuga ko nyuma yo kumva aya makuru yatangiye gukurikiranira hafi iby’iyi nzu yibaza nyirayo, niba hari abantu bahiciwe ndetse yibaza niba koko ari inzu inzego z’ubutasi z’u Burundi zikoresha mu gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mu iperereza ryayo, muri Mata BBC yaje kubona uwabaga muri iki gipangu witwa Prosper Kaze, umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi kuri ubu uri mu buhungiro kuva mu 2015.

Kaze yavuze ko iyi nzu koko ari iyabo yayikuriyemo adashobora kuyibeshyaho, ndetse akorera igishushanyo abanyamakuru bari mu iperereza kerekana ko azi uko iyi nzu iteye kuva hanze kugera imbere.

Ezekiel Nibigira, Ministiri ushinzwe ububanyi n’amahanga yabwiye aba diplomates bari bitabiriye iyo nama ko u Burundi bugiye gutanga ikirego bukanasaba indishyi z’akababaro kubera u Burundi bwaharabitswe.

Ezekiel Nibigira, Ministiri w’ububanyi n’amahanga mu Burundi

Si BBC gusa yagaragaje amabi akorerwa I Burundi kuko Imiryango itandukanye irengera ikiremwamuntu, mu mwaka wa 2015 yagaragaje ko mu mujyi wa Bujumbura hari inzu z’ibanga 21 zikoreramo iyicarubozo ku batavuga rumwe na Leta.

Muri Nzeri 2018, Loni yatangaje ko ibyaha byibasinye inyokomuntu n’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu bigikorwa mu Burundi. Uretse imivu y’amaraso yagaragaye aturuka muri iyo nzu, hari abandi bantu bishwe bagiye bakurwa mu migezi n’ibiyaga.

Imvururu zo mu Burundi ubwo Perezida Nkurunziza yatangazaga ko aziyamamariza manda aya gatatu. Abantu basaga 1200 barishwe naho abasaga ibihumbi 400 bahunga igihugu.

2018-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Ubwanditsi 15 Dec 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    December 14, 20184:45 pm -

    BBC iracukumbura kandi kubuza abaturage kuyumva ntibivuzeko idakora. Iyi nkuru iranyibutsa Untold story yasohowe ku Rwanda. Ukuri kuralyana! Ariko icyo abenshi twibaza ni kuki ibibera mu Burundi bigomba no kubera mu Rwanda? Kuki abantu bakomeje kunyerezwa? Kuki abantu bafungirwa ahantu hatazwi cyanga hafutamye nko kwaKabuga? Kuki ingeso y’ugome yaranga akarere? Iyo uri hanze ugahura n’umuntu uvuye i Bujumbura cyanga i Kigali akakubwira ibihabera amalira arisuka. Twahindutse! Twabaye abantu!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ITANGAZO
Mu Mahanga

ITANGAZO

Ubwanditsi 31 May 2016
Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira
Mu Rwanda

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Ubwanditsi 02 Sep 2016

Ibintu 3 Kiliziya isabwa kugirango ihabwe imbabazi

Ubwanditsi 24 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru