• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Ubwanditsi 27 Apr 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka yasabye abanyamakuru kurangwa n’umuco w’ubutwari baharanira guteza imbere igihugu cyabo mu byo bakora byose n’aho bakorera hose.

Ibi yabibabwiriye mu muhango wo gusoza icyiciro cya kabiri cy’itorero ry’abanyamakuru (Impamyabigwi II) kuri uyu wa 25 Mata 2017.

Kaboneka yabasabye kwirinda gupfa nk’imbwa, abihereye ku mugani ugira uti: “Wanga guha igihugu cyawe amaraso, imbwa zikayanywera ubusa”. Uyu mugani ubusanzwe bawuca iyo bashishikariza abantu kwitangira igihugu kubw’umuco wo kugikunda bifitemo.

Yagize ati: “Iyo witangiye igihugu cyawe n’iyo wapfa upfa nk’intwari, ariko iyo wanze kwitangira igihugu cyawe ntibikubuza gupfa kandi icyo gihe upfa nk’imbwa, abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa!”

-6393.jpg

Minisitiri Kaboneka mu muhango wo gusoza Itorero ry’Abanyamakuru Imamyabigwi icyiciro cya Kabiri

-6394.jpg

-197.png

-6395.jpg

Yakomeje agira ati: “hari abavuga ngo aho gupfa uyu munsi napfa ejo, ariko umuntu yari anakwiye kwibaza icyo azibukirwaho namara gupfa, akibaza ati nzapfa nk’intwari cyangwa nzapfa nk’ikigwari?”

Minisitiri Kaboneka yahereye ku mateka y’ubutwari yaranze abakurambere b’abanyarwanda bwatumye bagura imbibi z’igihugu cy’u Rwanda, maze avuga ko ubu urugamba rwo kucyagura rwarangiye igisigaye ari ukurwana urwo kugiteza imbere no gusigasira ubusugire bwacyo abanyamakuru basabwa kubigiramo uruhare.

Yabasabye kwirinda kurangazwa n’ababashukisha amafaranga akenshi aba ari n’intica ntikize bagamije koreka igihugu cyangwa abanyagihugu mu nyungu zabo bwite.

-6389.jpg

Impamyabigwi mu nkomeza mihigo

-6390.jpg

Akarasisi cy’Impamyabigwi za 2, kashimwe cyane na Minisitiri Kaboneka

Abanyamakuru bashishikarijwe kugira umuco wo kunenga ibitagenda neza n’abayobozi badakora inshingano zabo neza hagamijwe kubaka igihugu.

Mu bindi Impamyabigwi II zahuguwe mu cyumweru zamaze mu itorero harimo gusigasira umuco w’indangagaciro na Kirazira by’umuco nyarwanda. Bashishikarijwe kuba umusemburo w’impinduka mu muryango nyarwanda mu bijyanye no gusigasira umuco ndetse banabishyira mu mihigo yabo biyemeza kuba “Abatoza b’umurage wa Gihanga”.

Barahiriye kuba abarinzi b’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho no gushishikariza abanyarwanda gukomeza kugendera mu mujyo umwe wo kubaka u Rwanda rushya ruzira amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside yagejeje u Rwanda aharindimuka.

Basabwe kandi kurangwa n’indangagaciro ikomeye y’Ubunyarwanda ari na yo izabafasha kwibonanamo bakarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Minisitiri Kaboneka yijeje abanyamakuru ubufatanye mu gushaka ibisubizo by’ibibazo itangazamakuru ry’u Rwanda rifite mu rwego rwo gukomeza kwibohora ku ngoyi y’abarikoresha bagamije inyungu zabo.

Basabwe kurangwa n’umuco wo kwihangana, kwanga umugayo, ubudahemuka, umutima nama, ubushishozi no kwakira uko babayeho mu byo bakora byose kugirango bazakomeze kwihanganira ibibazo bahura na byo mu gihe hagishakishwa ibisubizo birambye.

Iri torero ryatangiye kuwa 19 Mata risozwa kuwa 26 Mata 2017. Ryari ryitabiriwe n’abanyamakuru basaga 150 baturutse mu bitangazamakuru bitandukanye bikorera mu Rwanda ribera mu kigo gitorezwamo umuco w’ubutore cya Nkumba mu karere ka Burera.

2017-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Kagame i Nyabihu ati  ‘ nta bwaki dushaka’

Kagame i Nyabihu ati ‘ nta bwaki dushaka’

Ubwanditsi 26 Jul 2017
Gusebanya byakuwe mu mushinga w’itegeko rigena ibyaha n’ibihano

Gusebanya byakuwe mu mushinga w’itegeko rigena ibyaha n’ibihano

Ubwanditsi 28 Dec 2017
IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Ubwanditsi 19 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal
IMIKINO

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Ubwanditsi 20 Apr 2018
ABANYARWANDA  HERVE BM  NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO  KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM  MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

ABANYARWANDA HERVE BM NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 10 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru