• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Ubwanditsi 27 Apr 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka yasabye abanyamakuru kurangwa n’umuco w’ubutwari baharanira guteza imbere igihugu cyabo mu byo bakora byose n’aho bakorera hose.

Ibi yabibabwiriye mu muhango wo gusoza icyiciro cya kabiri cy’itorero ry’abanyamakuru (Impamyabigwi II) kuri uyu wa 25 Mata 2017.

Kaboneka yabasabye kwirinda gupfa nk’imbwa, abihereye ku mugani ugira uti: “Wanga guha igihugu cyawe amaraso, imbwa zikayanywera ubusa”. Uyu mugani ubusanzwe bawuca iyo bashishikariza abantu kwitangira igihugu kubw’umuco wo kugikunda bifitemo.

Yagize ati: “Iyo witangiye igihugu cyawe n’iyo wapfa upfa nk’intwari, ariko iyo wanze kwitangira igihugu cyawe ntibikubuza gupfa kandi icyo gihe upfa nk’imbwa, abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa!”

-6393.jpg

Minisitiri Kaboneka mu muhango wo gusoza Itorero ry’Abanyamakuru Imamyabigwi icyiciro cya Kabiri

-6394.jpg

-197.png

-6395.jpg

Yakomeje agira ati: “hari abavuga ngo aho gupfa uyu munsi napfa ejo, ariko umuntu yari anakwiye kwibaza icyo azibukirwaho namara gupfa, akibaza ati nzapfa nk’intwari cyangwa nzapfa nk’ikigwari?”

Minisitiri Kaboneka yahereye ku mateka y’ubutwari yaranze abakurambere b’abanyarwanda bwatumye bagura imbibi z’igihugu cy’u Rwanda, maze avuga ko ubu urugamba rwo kucyagura rwarangiye igisigaye ari ukurwana urwo kugiteza imbere no gusigasira ubusugire bwacyo abanyamakuru basabwa kubigiramo uruhare.

Yabasabye kwirinda kurangazwa n’ababashukisha amafaranga akenshi aba ari n’intica ntikize bagamije koreka igihugu cyangwa abanyagihugu mu nyungu zabo bwite.

-6389.jpg

Impamyabigwi mu nkomeza mihigo

-6390.jpg

Akarasisi cy’Impamyabigwi za 2, kashimwe cyane na Minisitiri Kaboneka

Abanyamakuru bashishikarijwe kugira umuco wo kunenga ibitagenda neza n’abayobozi badakora inshingano zabo neza hagamijwe kubaka igihugu.

Mu bindi Impamyabigwi II zahuguwe mu cyumweru zamaze mu itorero harimo gusigasira umuco w’indangagaciro na Kirazira by’umuco nyarwanda. Bashishikarijwe kuba umusemburo w’impinduka mu muryango nyarwanda mu bijyanye no gusigasira umuco ndetse banabishyira mu mihigo yabo biyemeza kuba “Abatoza b’umurage wa Gihanga”.

Barahiriye kuba abarinzi b’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho no gushishikariza abanyarwanda gukomeza kugendera mu mujyo umwe wo kubaka u Rwanda rushya ruzira amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside yagejeje u Rwanda aharindimuka.

Basabwe kandi kurangwa n’indangagaciro ikomeye y’Ubunyarwanda ari na yo izabafasha kwibonanamo bakarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Minisitiri Kaboneka yijeje abanyamakuru ubufatanye mu gushaka ibisubizo by’ibibazo itangazamakuru ry’u Rwanda rifite mu rwego rwo gukomeza kwibohora ku ngoyi y’abarikoresha bagamije inyungu zabo.

Basabwe kurangwa n’umuco wo kwihangana, kwanga umugayo, ubudahemuka, umutima nama, ubushishozi no kwakira uko babayeho mu byo bakora byose kugirango bazakomeze kwihanganira ibibazo bahura na byo mu gihe hagishakishwa ibisubizo birambye.

Iri torero ryatangiye kuwa 19 Mata risozwa kuwa 26 Mata 2017. Ryari ryitabiriwe n’abanyamakuru basaga 150 baturutse mu bitangazamakuru bitandukanye bikorera mu Rwanda ribera mu kigo gitorezwamo umuco w’ubutore cya Nkumba mu karere ka Burera.

2017-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko
Mu Mahanga

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye

Ubwanditsi 16 Jan 2018
Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR
INKURU NYAMUKURU

Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Ubwanditsi 15 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru