• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora

Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora

Ubwanditsi 27 Dec 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yahaye Abapolisi n’Abapolisikazi b’u Rwanda umukoro wo kurushaho kunoza ibyo bakora bashingiye ku byo uru rwego rw’umutekano rumaze kugeraho byerekeye kubungabunga no gusigasira amahoro, ituze n’umutekano by’Igihugu n’abagituye.
Umukuru  w’Igihugu yasabye abagize uru rwego rw’umutekano kugira intego yo ku rwego rwo hejuru hagamijwe ubunyamwuga, gutanga serivisi nziza , no gusigasira icyizere rufitiwe n’Abaturarwanda.
Izi mpanuro zikubiye mu Ijambo  yagejeje kuri Polisi y’u Rwanda rikubiyemo ubutumwa bwo kwifuriza abagize uru rwego Umwaka muhire wa 2018.
Muri iryo Jambo, Perezida Kagame yagize ati,” Mu gihe dusoza umwaka wa 2017, dufite umwanya ukwiye wo kwisuzuma no gukomeza gutekereza birushijeho ku mpamvu nyamukuru, imiterere n’ibisobanuro by’umurimo dukorera Igihugu cyacu.”
Yakomeje agira ati,”Muri uyu mwaka urangiye, haba mu Gihugu imbere ndetse no mu mahanga, mwakomeje gukorana umurava n’ubwitange ku rwego rwo hejuru byatumye Abaturarwanda bagira ituze, amahoro n’umutekano.”
Umukuru  w’Igihugu yagize na none ati,”Mu gihugu imbere, Abanyarwanda n’Abaturarwanda bose bagize umutekano n’ituze byatumye Igihugu cyacu gikomeza gutera imbere mu bukungu n’imibereho myiza y’abaturage mu bihe bikomeye cyanyuzemo; haba mu Karere duherereyemo, ndetse no ku rwego mpuzamahanga.”
 
Yongeyeho ko bagaruye amahoro aho bagiye mu butumwa hanze y’Igihugu, kandi ko  bakoranye ubwitange , umurava n’ubunararibonye barengera ubuzima bw’abababaye , banagarura umutekano n’ituze aho bikenewe.
Perezida Kagame yashimiye kandi Abapolisi n’Abapolisikazi ba Polisi y’u Rwanda kuba bahagararira neza  Igihugu  basohoza neza inshingazo zabo, bakanubahiriza amahame ngengamikorere n’indangagaciro nyarwanda; kandi bagasangiza iyo mikorere nyarwanda abo bakorana mu mahanga.
Yabibukije ko Abanyarwanda babizera; kandi ko kubera icyo cyizere bahora babitezeho ibyiza byerekeranye n’imirimo bakorera Igihugu; aha Umukuru w’Igihugu akaba yaravuze ko ukwitanga kwabo mu nyungu z’Igihugu n’abagituye bihabwa agaciro gakomeye; kandi ko ibyagezwego byose ari umusaruro wo gufatanya, gukorera hamwe n’ubwitange bwa buri wese ugize uru rwego rwa Polisi.
Yagize kandi ati,”Buri wese yahuye n’imbogamizi z’uburyo butandukanye mu kazi mu mwaka turi hafi gusoza. Ariko  mu mwaka wa 2018 dukwiriye kuzirinda. Mu bihe bitandukanye twahanganye n’ibibazo by’umutekano birimo ibyo ku rwego mpuzamahanga ndetse no ku rwego rw’akarere; bimwe muri byo bikaba byaragombaga gukemurwa mu gihe gito; kandi hafashwe ibyemezo bikomeye. Ibi byongera kubaha umukoro wo guhora muri maso.”
Umukuru w’Igihugu yavuze  ko Abaturarwanda bazakomeza gutera imbere no gutekana hashingiwe ku gusigasira indangagaciro z’umuco nyarwanda, ubunararibonye gifite , ubumenyi  no gukemura  imbogamizi duhura na zo mu rugendo rw’iterambere.
Yasoje Ijambo rye yizeza Abaturarwanda umutekano agira ati, “Tuzakumira tunarwanye icyo ari cyo cyose cyabangamira ituze n’amahoro  by’Abaturarwanda.”

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Abanyeshuri 8252 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda

Abanyeshuri 8252 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi
Amakuru

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ubwanditsi 02 Oct 2020
‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’
ITOHOZA

‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda
ITOHOZA

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru