• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

  • Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa   |   06 Mar 2026

  • Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse   |   06 Mar 2026

  • U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026   |   05 Mar 2026

  • Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze   |   05 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora

Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora

Ubwanditsi 27 Dec 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yahaye Abapolisi n’Abapolisikazi b’u Rwanda umukoro wo kurushaho kunoza ibyo bakora bashingiye ku byo uru rwego rw’umutekano rumaze kugeraho byerekeye kubungabunga no gusigasira amahoro, ituze n’umutekano by’Igihugu n’abagituye.
Umukuru  w’Igihugu yasabye abagize uru rwego rw’umutekano kugira intego yo ku rwego rwo hejuru hagamijwe ubunyamwuga, gutanga serivisi nziza , no gusigasira icyizere rufitiwe n’Abaturarwanda.
Izi mpanuro zikubiye mu Ijambo  yagejeje kuri Polisi y’u Rwanda rikubiyemo ubutumwa bwo kwifuriza abagize uru rwego Umwaka muhire wa 2018.
Muri iryo Jambo, Perezida Kagame yagize ati,” Mu gihe dusoza umwaka wa 2017, dufite umwanya ukwiye wo kwisuzuma no gukomeza gutekereza birushijeho ku mpamvu nyamukuru, imiterere n’ibisobanuro by’umurimo dukorera Igihugu cyacu.”
Yakomeje agira ati,”Muri uyu mwaka urangiye, haba mu Gihugu imbere ndetse no mu mahanga, mwakomeje gukorana umurava n’ubwitange ku rwego rwo hejuru byatumye Abaturarwanda bagira ituze, amahoro n’umutekano.”
Umukuru  w’Igihugu yagize na none ati,”Mu gihugu imbere, Abanyarwanda n’Abaturarwanda bose bagize umutekano n’ituze byatumye Igihugu cyacu gikomeza gutera imbere mu bukungu n’imibereho myiza y’abaturage mu bihe bikomeye cyanyuzemo; haba mu Karere duherereyemo, ndetse no ku rwego mpuzamahanga.”
 
Yongeyeho ko bagaruye amahoro aho bagiye mu butumwa hanze y’Igihugu, kandi ko  bakoranye ubwitange , umurava n’ubunararibonye barengera ubuzima bw’abababaye , banagarura umutekano n’ituze aho bikenewe.
Perezida Kagame yashimiye kandi Abapolisi n’Abapolisikazi ba Polisi y’u Rwanda kuba bahagararira neza  Igihugu  basohoza neza inshingazo zabo, bakanubahiriza amahame ngengamikorere n’indangagaciro nyarwanda; kandi bagasangiza iyo mikorere nyarwanda abo bakorana mu mahanga.
Yabibukije ko Abanyarwanda babizera; kandi ko kubera icyo cyizere bahora babitezeho ibyiza byerekeranye n’imirimo bakorera Igihugu; aha Umukuru w’Igihugu akaba yaravuze ko ukwitanga kwabo mu nyungu z’Igihugu n’abagituye bihabwa agaciro gakomeye; kandi ko ibyagezwego byose ari umusaruro wo gufatanya, gukorera hamwe n’ubwitange bwa buri wese ugize uru rwego rwa Polisi.
Yagize kandi ati,”Buri wese yahuye n’imbogamizi z’uburyo butandukanye mu kazi mu mwaka turi hafi gusoza. Ariko  mu mwaka wa 2018 dukwiriye kuzirinda. Mu bihe bitandukanye twahanganye n’ibibazo by’umutekano birimo ibyo ku rwego mpuzamahanga ndetse no ku rwego rw’akarere; bimwe muri byo bikaba byaragombaga gukemurwa mu gihe gito; kandi hafashwe ibyemezo bikomeye. Ibi byongera kubaha umukoro wo guhora muri maso.”
Umukuru w’Igihugu yavuze  ko Abaturarwanda bazakomeza gutera imbere no gutekana hashingiwe ku gusigasira indangagaciro z’umuco nyarwanda, ubunararibonye gifite , ubumenyi  no gukemura  imbogamizi duhura na zo mu rugendo rw’iterambere.
Yasoje Ijambo rye yizeza Abaturarwanda umutekano agira ati, “Tuzakumira tunarwanye icyo ari cyo cyose cyabangamira ituze n’amahoro  by’Abaturarwanda.”

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara

Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 19 Feb 2024
Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Ubwanditsi 16 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.
Amakuru

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo
Amakuru

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Ubwanditsi 15 Apr 2022
Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse
POLITIKI

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Ubwanditsi 04 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru