• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

Ubwanditsi 25 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Rtd Lieutenant Colonel Guillaume Ancel, wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yahamije ko intego nyamukuru ya ‘Operation Turquoise’, atari ukurokora ubuzima bw’inzirakarengane zicwaga ahubwo yari ugushyigikira Guverinoma yakoze Jenoside.

Hashize imyaka ine Ancel avuze ko ingabo z’u Bufaransa zari muri ‘Opération Turquoise’ mu Rwanda zahaye intwaro Leta yakoze Jenoside, ikaza no kuzihungana mu nkambi zo muri Zaïre, aho yisuganyirizaga ishaka kugaruka gutera igihugu.

Mu kiganiro yagiranye na Igihe dukesha iyi nkuru, Ancel, yatangaje ko habayeho ukutumvikana hagati y’ingabo zari muri Operation Turquoise kuko hari impande ebyiri; urwo gutabara abicwaga n’urwo gukingira ikibaba abakoze Jenoside. Gusa ngo ukuri kw’ibyabaga ni uko kwari ugutegura urugamba rwo kurwanya ingabo za FPR no kugumisha ku butegetsi abari baburiho.

Yakomeje avuga ko yaguye mu rujijo kuko babwirwaga ko bagiye kubungabunga uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ariko nyuma akaza gusoma zimwe mu nyandiko zagizwe ibanga zamuhamirije ko u Bufaransa bwari buzi neza ko abo bushyigikiye ari abakoze Jenosideri.

Yagize ati “Byaje kumbabaza ubwo nasomaga inyandiko zerekanaga ko mu ntangiriro za Gicurasi 1994, urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”

Ancel avuga ko kuva Opération Turquoise yatangira bakomeje kugendera ku kinyoma gikomeye cyihishe inyuma ya politiki, akifuza ko u Bufaransa bugaragaza inyandiko z’ibanga z’umubano wabwo na Guverinoma yakoze Jenoside ndetse  bukemera uruhare rwose bwayigizemo.

Mu gitabo Ancel aherutse gusohora yise ‘‘Rwanda, la Fin du Silence’’ yavuze muri Nyakanga, mu nkambi y’impunzi muri Zaïre, yabonye u Bufaransa buha intwaro ingabo za Leta kandi bwari buzi ko bakoze Jenoside ndetse hakabaho gukimbirana mu gihe havugwaga ku kwambura intwaro ingabo zakoze Jenoside.

Kuyobya uburari kwa Alain Juppé

Bamwe mu bategetsi b’u Bufaransa, barimo uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wabwo mu gihe cya Jenoside, Alain Juppé, bumvikana cyane bahakana, bakanapfobya Jenoside ndetse bagashimangira ko Operation Turquoise yakoze ibyo yagombaga gukora.

Guillaume Ancel

Ancel avuga ko aya magambo ya Alain Juppé, ari ibinyoma no gushaka kuyobya uburari ku bushake ngo bikureho igisebo cy’icyasha cya Jenoside bafite.

Avuga kandi ko impamvu Abafaransa batambuye intwaro abajenosideri ndetse bakashakira inzira ibajyana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari uko bari bafatanyije mu mugambi wo kurwanya ingabo zari iza FPR.

‘Opération Turquoise’ ni ubutumwa ingabo 2500 z’u Bufaransa zoherejwemo mu Rwanda nyuma y’umwanzuro w’Akanama ka Loni gashinzwe umutekano, wo ku wa 22 Kamena 1994. Intego yari ‘uguhagarika ubwicanyi’. Izi ngabo zakoreraga hafi n’umupaka w’u Rwanda na Zaïre mu duce twa Cyangugu, Kibuye na Gikongoro.

2018-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Imizinga ishobora kuvamo imyibano ku uwishe Col. Patrick  Karegeya

Imizinga ishobora kuvamo imyibano ku uwishe Col. Patrick  Karegeya

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye

Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye

Ubwanditsi 16 Dec 2018
CIBITOKE : Abasore 2 mu ngabo za FLN  bishwe bacibwa  imitwe n’ubuyobozi bwabo.

CIBITOKE : Abasore 2 mu ngabo za FLN bishwe bacibwa imitwe n’ubuyobozi bwabo.

Ubwanditsi 28 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 29 May 2017
Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye
Amakuru

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 18 Aug 2020
UMUGABA MUKURU W’INYESHYAMBA ZA FDLR YAFASHWE AVUYE MU BIGANIRO NA KAYUMBA NYAMWASA
Mu Rwanda

UMUGABA MUKURU W’INYESHYAMBA ZA FDLR YAFASHWE AVUYE MU BIGANIRO NA KAYUMBA NYAMWASA

Ubwanditsi 10 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru