• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu Ntara ya Cibitoke yo mu gihugu cy’u Burundi haravugwa amakuru y’abantu bitwaje ibirwanisho bikekwa ko ari Interahamwe ngo bamaze iminsi binjiriye muri Komini Buganda, abaturage bo muri iki gice bakaba bafite impungenge z’uko hari ikintu kitari cyiza cyaba kiri gutegurwa.

Biravugwa ko ako gatsiko k’inyeshyamba z’Abanyarwanda ikinyamakuru cyo mu Burundi dukesha iyi nkuru cyise Interahamwe, ngo kinjiye mu Burundi kari kumwe n’Imbonerakure kuwa kabiri w’icyumweru gishize ahagana saa 20h z’ijoro. Ngo bari agatsiko k’abantu bagera nko muri 50 bafite imbunda. Mu kugera muri Komini Buganda, RPA iravuga ko bakiriwe na bamwe mu bayobozi b’igipolisi nk’uko uwahaye amakuru iki kinyamakuru abyemeza.

Uyu  mutangabuhamya agira ati: “Hari kuwa Kabiri, itariki 20 Werurwe, ubwo Interahamwe zaturutse muri Congo zikinjira mu Burundi. Banyuze Sange binjira banyuze muri Komini Buganda. Bari abagabo basaga 50. Bahageze ahagana saa 17h30, barambuka kugeza saa 20h00. Bageze I Buganda, hafi ya brigade,.., hari abapolisi batatu bo kubakira. Ariko ntabwo tuzi aho abo bagabo berekeje nyuma.”

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi ruzwi nk’Imbonerakure rwari rumaze iminsi ari rwo rukora amarondo amanywa n’ijoro hafi y’umugezi wa Rusizi, ahari ngo bakaba barateguraga kuza  kw’izo Nterahamwe nk’uko uwo mutangabuhamya yakomeje avuga.

Aragira ati: “Mu minsi ishize, Imbonerakure zangiye buri muntu wese kugera ku mugezi wa Rusizi. Bakoraga amarondo bigaragara ko bari babategereje.”

Abaturage ba Komini Buganda ngo batewe impungenge n’ako gatsiko batazi icyakazanye.

Umwe mu bayobozi b’ibanze aragira ati: “Abaturage bafite impungenge. Babonye abantu bitwaje intwaro batazi ikibagenza. Bafite impungenge kubera ko batazi icyo baje gukora. Abaturage baratinya ko ibyaha cyangwa ubwicanyi byaba biri gutegurwa.”

Urubuga rwa RPA ruravuga ko rwagerageje kuvugisha kuri iki kibazo umuyobozi wa Komini Buganda, Emmanuel Bigirimana, ariko ntibirukundire.

2018-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024
Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi

Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi

Ubwanditsi 05 May 2018
Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda

Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare w’u Burundi yafatiwe mpiri muri Congo
INKURU NYAMUKURU

Umusirikare w’u Burundi yafatiwe mpiri muri Congo

Ubwanditsi 06 Nov 2018
Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo
SHOWBIZ

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Ubwanditsi 20 Jan 2018
U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere
HIRYA NO HINO

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Ubwanditsi 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru