• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Ubwanditsi 01 Apr 2018 Mu Rwanda

Impunzi z’Abarundi zari mu Rwanda ariko zikiyemeza gutaha kubera imyemerere, zivuga ko ntacyo zishinja u Rwanda ariko zigashimangira ko zidateze guhindura imyemerere zifite.

JPEG - 49.1 kb
Guverinoma yabahaye imodoka zo kuborohereza mu ngendo

Ahagana saa Tatu z’igitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 1 Mata 2018, umusaza uri mu kigero cy’imyaka 50 aratekerereza abanyamakuru iby’imibereho yabo.

Uyu musaza ni umwe mu mpunzi ziyemeje gusubira iwabo, nyuma yo kuba we na bagenzi be bari bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahungiye mu Rwanda.

Bahageze bavuye muri Congo, aho yemeza ko ubuzima bwari bubashaririye nyuma yo kugabwaho igitero cyanahitanye babiri mu bana be.

Tariki 7 Werurwe 2018 nibwo bageze ku mupaka wa Rusizi, nyuma yo gukora urugendo rurerure n’amaguru ziza ku mupaka wa Rusizi.

Baje bavuga ko batumvikanaga n’ubuyobozi bwa Congo bwendaga kubirukana ngo basubire mu Burundi ariko bagahutamo kuza mu Rwanda.

Uyu mugabo ugaragaza imyemerere yo ku rwego rwo hejuru, avuga ashize amanga, yizeye ko ibibazo barimo bidakomeye kuruta imbaraga zibari inyuma.

JPEG - 70.8 kb
Bisi zimwe bazigenzemo izindi zigendamo ibikoresho byabo

Kimwe na bagenzi be bose bafite amashapure, avuga ku buzima bari babayemo muri Congo ariko mu magambo ye ntihabura kugarukamo amazina ’Imana’ cyangwa ’Bikila Mariya’.

Agita ati “Mbere twari dufite umutekano ariko uburyo byahindutse twatangiye kubona batubwira ngo ’Abarundi musubire iwanyu’. Baranaturashe batwicamo abantu benshi.

“Baduhoraga gusenga, ariko nk’uko mubibona twitwaje ishapure, umubyeyi wacu Mariya ahora atwigisha adushishikariza gukorera Imana by’ukuri, kugira ngo tuzabone uko tubona ubuzima bw’ijuru.”

JPEG - 72.7 kb
Bambukiye ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera

Impunzi zigera ku 1.600 mu zirenga 2.500 zahungiye mu Rwanda, nizo zuriye bisi zisubira iwabo zivuye mu Rwanda aho zari zimaze ibyumweru bitatu zihungiye.

Uyu mugabo akomeza avuga ko batazi uko mu gihugu cyabo bazabakira ariko akemeza ko uko byagenda kose bagomba “kubakira uko bari” kuko badateze guhindura imyumvire.

Mugenzi we nawe ni umugore uri mu kigero cy’imyaka 40, yemeza ko mu minsi mike bamaze mu Rwanda bakiriwe neza n’ubwo imyemerere yabo hari ibyo itabemereraga kwemera no kwamira.

Yishimira ko bagenzi babo bari bafungiwe guteza imyivumbagatanyo bafunguwe bakaba batahanye nabo.

Ku mpamvu zatumye batemera kwibaruza cyangwa gukingizwa, uyu mugore yemeza ko ari ibonekerwa rya Bikira Mariya ryababwiye ko ibyo bintu byica roho kandi ubikoze adashobora kujya mu ijuru.

Bivugwa ko aba Barundi bafite imyemerere itamenyerewe y’abayoboke b’umugore witwa Zebiya. Bahuze igihugug cyabo kubera iyo myemerere ariko bahisemo kugisubiramo nyuma yo kubona nta yandi mahitamo.

Kugeza ubu u Rwanda rucumbikiye impunzi z’Abarundi zibarirwa mu bihumbi 90, zikambutse mu nkambi zitandukanye mu gihugu.

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko byibura rwakira abarenga 10 buri munsi, haba abaza mu gicuku rwihishwa cyangwa ku manywa y’ihangu.

2018-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ubwanditsi 09 Sep 2024
Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Ubwanditsi 09 Apr 2017
EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Ubwanditsi 09 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo
ITOHOZA

Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 15 May 2018
Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane
Amakuru

Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma
Mu Mahanga

Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Ubwanditsi 31 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru