• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma

Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma

Ubwanditsi 05 Apr 2018 IMIKINO

Mu mikino ibanza ya ¼ cya UEFA Champions League yabaye kuri uyu wa Gatatu, Liverpool mu rugo yatsinze Manchester City ibitego bitatu ku busa naho muri Espagne FC Barcelone inyagira AS Roma ibitego bine kuri kimwe.

Umukino wari utegerejwe na benshi hagati y’amakipe abiri yo muri shampiyona y’u Bwongereza yahuriye muri ¼ cya UEFA Champions League, Liverpool niyo yatahanye intsinzi ku bitego byose byabonetse mu gice cya mbere irusha cyane Manchester City.

Mohamed Salah niwe wafunguye amazamu ku munota wa 11 ku mupira yahawe na Roberto Firmino, Alex Oxlade-Chamberlain atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 21 ahawe umupira na James Milner icyta gatatu gitsindwa na Sadio Mane ahawe umupira na Mohamed Salah ku munota wa 31.

Umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola, yakoze impinduka mu gice cya kabiri akuram Ilkay Guendogan yinjiza Raheem Sterling kugira ngo yongere umuvuduko mu mukino ariko biranga biba iby’ubusa iminota 90 irangira nta gitego ibonye ikaba igomba gutegereza umukino wo kwishyura Etihad mu cyumweru gitaha.

Mu wundi mukino waberaga Camp Nou imbere y’abafana 90 106, FC Barcelone yanyagiye AS Roma ibitego bine kuri kimwe harimo icya mbere cyitsinzwe na Daniele De Rossi ku munota wa 38, Konstantinos Manolas yitsinda icya kabiri ku munota wa 56, Gerard Pique ashyiramo icya gatatu ku wa 59, Edin Dzeko atsindira Roma impozamarira ku monota wa 80 naho Luis Suarez asoza akazi atsinda icya kane habura iminota itatu ngo umukino urangire.

Mu mikino yari yabanje ku wa kabiri, Real Madrid yatsinze Juventus ibitego bitatu ku busa mu Butaliyani naho Bayern Munich itsinda bibiri kuri kimwe Sevilla yo muri Espagne.

Jürgen Klopp yasazwe n’ibyishimo nyuma yo gutsinda Pep Guardiola

Saido Mane niwe wasoje ibirori mu gice cya mbere ku gitego yatsinze n’umutwe

Abakinnyi ba Liverpool bagaragaje ishyaka ryo ku rwego rwo hejuru muri uyu mukino

Salah yakomeje kwandika amateka mu Bwongereza aho adasiba gutsindira ikipe ye

Manchester City irasabwa gutsinda ibitego birenze bitatu ku busa kugira ngo yizere gusezerera Liverpool

Gerard Piqué yishimira kimwe mu bitego ikipe ye yatsinze

Messi yashimiwe kuba amaze gutsinda ibitego 100 muri Champions League

2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Ubwanditsi 01 Dec 2021
REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

Ubwanditsi 15 Mar 2022
Uko Amavubi yatsinze  umukino wa mbere

Uko Amavubi yatsinze umukino wa mbere

Ubwanditsi 17 Jan 2016
Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Ubwanditsi 06 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi cya Super Cup itsinze AS Kigali WFC 5-2
Amakuru

Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi cya Super Cup itsinze AS Kigali WFC 5-2

Ubwanditsi 26 Sep 2024
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize
Amakuru

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024
Abanyamahanga baba muri Afurika  y’Epfo barahigwa bukware
ITOHOZA

Abanyamahanga baba muri Afurika y’Epfo barahigwa bukware

Ubwanditsi 16 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru