• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Editorial 05 Apr 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Bushingye, yatangaje ko mu kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana, hateganyijwemo ibihano ku bantu bamaze kugira umuco wo guhisha inyandiko zikemangwamo amakosa, iyo bumvise ko umugenzuzi w’Imari ya leta agiye gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo mu bigo bayobora.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Busingye yagejeje ibisobanuro mu magambo ku badepite, ku bibazo byagaragaye muri raporo ya Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) ku isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2015/2016. Iyo raporo yashyikirijwe Inteko Ishinga Amategeko ku wa 3 Mutarama 2018.

Perezida wa PAC, Depite Kusi Juvenal, yakomoje ku bibazo birimo icyo Ubushinjacyaha bwagaragaje nk’inzitizi y’ibimenyetso bitemerwa mu rukiko, ugasanga abakurikiranyweho kunyereza umutungo bagizwe abere.

Minisitiri Busingye yavuze ko usanga iki kibazo gishingira ku kuba umuntu akurikiranyweho kunyereza amafaranga kuko hari inyandiko aba ataragaragarije Umugenzuzi w’Imari ya leta ariko ubugenzacyaha bwajya mu iperereza bakazerekana.

Yavuze ko habamo ikibazo cy’uko raporo y’umugenzuzi w’imari ya leta igaragaza ibimenyetso bimwe ariko ubugenzacyaha bwajya gucukumbura bugasanga ibimenyetso bitakimeze uko umugenzuzi w’imari ya leta yabisanze.

Yagize ati “Nk’urugero, aho umugenzuzi yagiye asanga impapuro runaka zidashobora kuboneka ariko ubushinjacyaha n’ubugenzacyaha bwajya gukora iperereza bugasanga izo mpapuro umugenzi w’imari atabonye zihari. Twasanze icyo ari ikibazo ndetse gishobora no gutanga icyuho cyo gusibanganya ibimenyetso cyangwa guhimba ikintu kitari kiriho.”

Minisitiri Busingye yavuze ko mu gitabo cy’amategeko ahana kiri kunozwa, hateganyijwe ko niba umugenzuzi w’imari atarashoboye kubona ibintu yaje kugenzura, ‘igihe umugenzacyaha aje akabibona hakwiye kubazwa aho byari byaragiye’.

Minisitiri Busingye yavuze ko hari no kurebwa uburyo Umugenzuzi w’Imari ya leta yakorana n’ubugenzacyaha, ku buryo igihe abonye ikibazo yajya ahita amenyesha ubugenzacyaha bitarindiriye ko asohora raporo ngo agaragaze ibyo bibazo.

Yakomeje agira ati “Ni ikintu cyakomeje kudakorwa ariko ubu nagira ngo mbizeze ko bitazongera, igihe umugenzuzi azajya akora igenzura tuzakora ku buryo ubushinjacyaha n’ubugenzacyaha buzajya buba buri hafi aho ku buryo batazajya bategereza ko raporo ikorwa.”

Minisiteri y’ubutabera ivuga ko imaze kuzamura igipimo ubushinjacyaha butsindiraho imanza zirebana n’ibyaba bimunga ubukungu bw’igihugu, kuko hagati ya 2014-2018 zavuye kuri 68 % zikaba zigeze kuri 84.1% mu mwaka ushize.

2018-04-05
Editorial

IZINDI NKURU

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Editorial 12 Apr 2018
Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Editorial 23 Oct 2017
Liberia: Batangiye kwishimira ko Weah wamamaye muri ruhago yatorewe kuba Perezida

Liberia: Batangiye kwishimira ko Weah wamamaye muri ruhago yatorewe kuba Perezida

Editorial 28 Dec 2017
Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Editorial 27 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite
IMIKINO

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

Editorial 15 Jun 2018
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!
Amakuru

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Editorial 29 Dec 2023
Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa
INKURU NYAMUKURU

Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Editorial 24 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru