• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ubwanditsi 05 May 2018 IKORANABUHANGA

Sosiyete n’ibigo 23 bikomeye mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kuza kwerekana ibyo bikora i Kigali mu rwego rwo kumenya amahirwe ari mu Rwanda no kwerereka Abanyarwanda n’Abanyafurika iterambere ry’ikoranabuhanga.

U Buyapani ni igihugu cya gatatu mu bikize cyane ku Isi. Ubukungu bwacyo bwinshi buturuka ku ishoramari, cyane cyane mu ikoranabuhanga.

Binyuze mu bufatanye n’Ikigo cy’Abayapani Gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga (JICA), sosiyete n’ibigo bya Leta 23 bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bizaba byerekana ibyo bikora guhera tariki ya 7 Gicurasi kugeza tariki 9 ubwo hazaba haba Inama mpuzamahanga yiga ku ikoranabuhanga muri Afurika (Transform Africa) muri Kigali Convention Center.

Izi sosiyete zirimo nka Monstar Lab izobereye mu gukora porogaramu z’imikino ndetse no gukora imbuga za internet; Fujitsu ikora iby’ikoranabuhanga n’itumanaho; Kaminuza zikomeye nka Kobe Institute of Computing; Kyutech (Kyushu Institute of Technology) izoberere mu ikoranabuhanga rijyanye n’isanzure no gukora ibyogajuru n’izindi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi ushinzwe gahunda zibanda ku ikoranabuhanga muri JICA, Furukawa, yavuze ko iri murikabikorwa rya sosiyete z’u Buyapani ari amahirwe ku Banyarwanda, Abanyafurika na sosiyete zabo.

Yagize ati “Harimo no gufasha sosiyete zisanzwe zikora muri Afurika zikamenyekana. Hazaba hari uburyo bworoshye bwo gufatanya na sosiyete zo muri Afurika no kuzorohereza gukorera muri Afurika ndetse no mu Buyapani.”

Umujyanama mukuru mu ishami rya JICA rishinzwe ikoranabuhanga, Atsushi Yamanaka, yavuze ko uzaba umwanya mwiza kuri sosiyete z’abayapani kureba amahirwe ari muri Afurika.

Yavuze ko zimwe muri izo sosiyete zishobora guhita zishora imari mu Rwanda cyangwa zikahaza mu bundi buryo.

Ati “Twifuza ko bahita bafungura amashami ariko bisaba inzira ndende kuko sosiyete z’abayapani zigira amakenga cyane. Babanza gukora inyigo,uburyo bw’imikorere ariko iyo batangiye gukorera mu gihugu, bakorana umurava.Bareba ku ishoramari ry’igihe kirekire.”

Umuyobozi Wungirije mu Rugaga rw’Abikorera mu cyiciro cy’Ikoranabuhanga, Robert Ford, yavuze ko JICA yagiye ifasha cyane mu guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda binyuze mu mishinga itandukanye kandi ngo bizakomeza.

Ati “Hari umushinga wo kujyana Fab Labs na K Labs hanze ya Kigali uraza gufasha cyane sosiyete z’ikoranabuhanga mu Rwanda kugira ngo zishobore kwegera amasosiyete yo mu Buyapani, tugamije kongera ishoramari rituruka mu Buyapani riza aha ariko twongere n’imikoranire hagati y’amasosiyete.”

Ford yavuze ko u Rwanda rufite gahunda yo kuba rufite sosiyete ijana mu mwaka wa 2025, buri imwe ifite agaciro ka miliyoni 50 z’amadolari.

U Buyapani bwagiye butera inkunga imishinga itandukanye y’ikoranabuhanga mu Rwanda, nk’Ishuri rikuru ry’Ikoranabuhanga rya Tumba (Tumba College of Technology) ndetse no kugira ngo habeho ishami ry’Ikoranabuhanga mu Rugaga rw’Abikorera u Buyapani bwabigizemo uruhare.

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Volkswagen igiye gushora miliyoni 800$ mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi

Volkswagen igiye gushora miliyoni 800$ mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Ubwanditsi 24 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari
Mu Rwanda

Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Isi irashaje!! Umukinnyi wa filme muri Leta z’unze ubumwe za America yafashwe arimo gusambana n’umwana ufite imyaka 15
HIRYA NO HINO

Isi irashaje!! Umukinnyi wa filme muri Leta z’unze ubumwe za America yafashwe arimo gusambana n’umwana ufite imyaka 15

Ubwanditsi 13 May 2017
Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe  munzu  zabo bishwe
ITOHOZA

Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe munzu zabo bishwe

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru