• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Ubwanditsi 09 May 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikiwabo, ategerejweho kwiyamamaza ku mwanya w’Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, mu Ukwakira aho yaba ahanganye na Michaëlle Jean ukomoka muri Canada.

Kwiyamamaza kwa Mushikiwabo ku buyobozi bw’uyu muryango ubarizwamo ibihugu 84 by’ibinyamuryango, bivugwa ko ari gahunda ishyigikiwe n’u Bufaransa.

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru yanditse ko Louise Mushikiwabo ategerejweho kuzatanga kandidatire ye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF mu Nteko Rusange ya 17 yawo izabera muri Yerevan (Armenia) kuva ku wa 11 na 12 Ukwakira 2018.

Iki kinyamakuru cyanditse ko amakuru ajyanye n’iyi kandidatire yemejwe n’abayobozi bakuru bo mu Bufaransa ndetse n’abandi bo mu bihugu bibiri by’ibinyamuryango bya OIF byo ku mugabane wa Afurika.

Bivugwa ko umunya-Canada, Michaëlle Jean, watowe mu Ugushyingo 2014 bigoye ko yabona ubwiganze bw’amajwi mu bihugu bigize uyu muryango.

Mu gihe Michaëlle yemerewe kongera kwiyamamariza indi manda y’imyaka ine, ngo u Bufaransa bushobora kuba bwarashatse umuntu bahanganira uyu mwanya akaba ariyo mpamvu izina rya Mushikiwabo riri ku isonga.

Ibi bibaye mu gihe u Bufaransa n’u Rwanda bimaze igihe bifitanye umubano utari mwiza aho iki gihugu cyo mu Burengerazuba gishinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Gusa ariko, hashize iminsi hari ibimenyetso by’isura nshya y’umubano w’ibihugu byombi kuva aho Emmanuel Macron atorewe kuyobora u Bufaransa muri Gicurasi 2017. Hari amakuru avuga ko Perezida Kagame anateganya kugirira uruzinduko i Paris mu Bufaransa ku wa 24 kugeza ku wa 26 Gicurasi aho azaba yitabiriye inama yiga ku ikoranabuhanga yitwa VivaTech, igamije guteza imbere ibigo bito muri iyi ngeri. Ni mu gihe yaherukaga kugirira uruzinduko muri iki gihugu mu 2015.

Iki kinyamakuru cyanditse ko kugira ngo iyi gahunda yo kwiyamamiza uyu mwanya ibeho, byakozwe mu buryo bwa dipolomasi binyuze kuri Maroc.

Umwe mu bantu bazi neza iby’aya makuru yatangaje ko kandidatire ya Mushikiwabo iriho hagati ya Perezida Kagame na Macron. Mu gihe u Rwanda rushyigikiwe n’umugabane wose kuri uyu mwanya ndetse n’u Bufaransa, bivugwa ko rufite amahirwe akomeye yo kuba rwabasha gutsinda uyu munya-Canada.

Mushikiwabo ni Umunyarwandakazi w’imyaka 59 uyobora Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kuva mu mwaka wa 2009. Azwiho kurengera isura y’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Yigeze gukorera Banki Nyafurika Itsura Amajyambere BAD. Mu 2010 yiyamamarije kuba Umunyamabanga Wungirije w’ishami rya Loni rishinzwe abagore UN-Women, ariko uwo mwanya wegukanwa na Michelle Bacheletwigeze kuyobora Chile.

Ibikorwa bye by’indashyikirwa byatumye mu 2004, ahabwa igihembo kizwi nka ‘Outstanding Humanitarian Award’ yahawe na kaminuza yo muri Amerika, American University’s School of International Studies. Mu 2014 Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI nayo yamushyize ku mwanya wa Gatatu mu bagore bakomeye muri Afurika.

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Perezida Yoweri Museveni Yarusimbutse Imwe Mu Modoka Ze Irangizwa

Uganda: Perezida Yoweri Museveni Yarusimbutse Imwe Mu Modoka Ze Irangizwa

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Ubwanditsi 23 Nov 2024
Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Ubwanditsi 14 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

New York: Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu kurwanya Jenoside n’abayihakana
INKURU NYAMUKURU

New York: Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu kurwanya Jenoside n’abayihakana

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa  bataburanye…
ITOHOZA

Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Ubwanditsi 22 May 2018
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 19/01/2018
INKURU NYAMUKURU

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 19/01/2018

Ubwanditsi 20 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru