• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali
C

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Ubwanditsi 16 May 2018 IKORANABUHANGA

Guverinoma y’u Rwanda irateganya kugura camera zicunga umutekano 124, zifite agaciro ka miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, zigashyirwa ahantu hatandukanye hahurira abantu benshi mu Mujyi wa Kigali, hagamijwe gukaza umutekano.

Iyi gahunda iri mu biteganyijwe mu ngengo y’imari y’Ikigo gishinzwe ikoranabuhanga mu Rwanda ( RISA), cyagejeje kuri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe ingengo y’Imari n’Umutungo by’igihugu mu cyumweru gishize.

Izi camera zizwi nka CCTV (Closed-Circuit Television), zikunda gukoreshwa cyane mu maduka manini, amaguriro n’ahandi hantu hahurira abantu benshi, zigafasha mu gukumira no gutahura ibyaha.

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye no guhanga udushya muri RISA, Sebera Antoine, yabwiye The New Times ko izi camera zizagurwa mu mwaka utaha w’ingengo y’imari, zizashyirwa ahantu hatandukanye muri Kigali, hibandwa ku hahurira abantu benshi.

Yavuze ko iyi gahunda iri mu murongo wo gukomeza kugira Kigali umujyi ucyeye kandi utekanye, by’umwihariko kuri ubu bikaba ari ingenzi cyane kuko wabaye ihuriro ry’aho abakomeye benshi bahurira bakaganira ku ngingo zitandukanye, kwita ku mutekano wabo bibaka biri mu bya mbere igihugu cyiyemeje.

Yagize ati “Gushyiraho camera ahantu hatandukanye bizafasha mu gukumira ibyaha kuko abantu bazaba bazi ko Polisi ibareba. Amaperereza nayo azoroha kuyakora mu gihe hakozwe ibyaha.”

Sebera yanavuze ko miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda zizatangwa mu kugura camera 124 ndetse n’ibindi bikenewe mu kuzishyiraho birimo; umuyoboro wa internet ikoresha Fibre Optique n’ibyuma byo kuzishyiraho.

Bimwe mu bice bizashyirwamo camera birimo; igice cyahariwe inganda cya Kigali (KSEZ), giherereye i Masoro-Munini na Kagarama-Musave mu Karere ka Gasabo ndetse n’ahandi hahurira imihanda minini.

Sebera avuga ko nubwo Umujyi wa Kigali usanzwe utekanye hifuzwa ko utekana kurushaho kandi ukaba koko umujyi ucyeye (Smart City).

Mu gushyira izi camera ahantu hatandukanye RISA ifite inshingano zo gushyira mu bikorwa imishinga y’iterambere ry’ikoranabuhanga izafatanya na Polisi y’Igihugu.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP Theos Badege, yavuze ko gushyira Camera ahantu hatandukanye muri Kigali, bizatuma bagera ku ntego yo gucunga umutekano badakoresheje amafaranga menshi kuko ikoranabuhanga rituma bishoboka.

Depite Théobald Mporanyi yavuze ko iyi gahunda izashyigikirwa n’abadepite benshi kuko bumva neza ko ari intambwe y’ingenzi igihugu giteye mu iterambere.

Yagize ati “Uko igihugu cyacu gitera imbere, abajura nabo bariyongere ari nako bazana amayeri yo gukora ibyaha byabo, tugomba kuryamira amajanja. Izi camera zirakenewe cyane kandi iyi gahunda igomba gushyigikirwa, ikanashyirwamo imari bigendanye n’ubushobozi bw’igihugu.

Ibyo Abadepite basuzumye mu gutegura ingengo y’imari bizitabwaho mu gukora umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari y’igihugu ya 2018-2019, izigwa mu kwezi gutaha ikazemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

 

Zimwe muri camera ziri ku muhanda muri Kigali

 

 


2018-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Paris: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ikoranabuhanga ya VivaTech

Paris: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ikoranabuhanga ya VivaTech

Ubwanditsi 17 May 2019
Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Ubwanditsi 10 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.
Amakuru

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Ubwanditsi 21 Apr 2023
Amavubi yageze muri Senegal aho yitegura gukina umunsi wa kabiri wa AFCON2023, REG VC na APR WVC zegukanye GMT 2022 – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo
Amakuru

Amavubi yageze muri Senegal aho yitegura gukina umunsi wa kabiri wa AFCON2023, REG VC na APR WVC zegukanye GMT 2022 – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 06 Jun 2022
Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future
HIRYA NO HINO

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Ubwanditsi 21 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru