• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Ubwanditsi 22 May 2018 Mu Rwanda

Dr. Kanangire Canisius umunyamabanga nshingwabikorwa wa AMCOW , yavuze ko bateraniye I Kigali kugirango barebere hamwe raporo ku  ikusanyamakuru ku mazi n’isukura y’umwaka wa 2017 , ndetse banarusheho kureba icyakorwa kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura muri Africa rirushaho gukomeza gukorwa neza .

Yakomeje avuga ko ivyo bari kwigira muri iyo nama cyane ko ari ukureba uburwo habungabugwa ibidukikije hashingiwe mugutunganya amazi,kuyabyazama ingufu,kuyakoresha mu buhinzi .

Kuri uyu wambere taliki ya 21, Gicurasi 2018 I kigali hateraniye inama  mpuzamahanga ku gukusanya no kugenzura amakuru ku bijyanye n’amazi n’isukura ku bihugu bitandukanye bya Afrika. Ikazasoza  kuwa gatatu tariki ya 23, Gicurasi, 2018, ikaba yarateguwe n’umuryango uhuza Abaminisitiri bafite aho bahuriye n’amazi n’isukura muri Africa, AMCOW (African Ministers’ Council on Water).

Dr Kanangire ati”ibihugu bihuriye muri uyu muryango bigifite imbogamizi zo kubona amakuru ahagije ku mazi n’isukura cyane cyane amakuru yizewe ko ari imbogamizi zigaragara cyane cyane mu bihugu byateye imbere.

Akomeza avuga ko ku musozo w’iyi nama hazongererwa ubushobozi ku bakozi aho bazahabwa mudasobwa zibafasha gukora no gukurikirana neza ibyo bakora,bakazongera amahugurwa kubashinzwe gukusanya amakuru n’ubushakashatsi ati”hazongerwa ubufatanye ku baminisitiri bashinzwe amazi n’isukura kugirango kugirango bashyiremo imbaraga mukuzamura uru rwego”.

Prime Ngabonziza, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (Rwanda Water and Forestry Authority) yavuze ko kugira ngo bagere kuri iki kigero  cyo kubungabunga amazi n’isukura, bikiri imbogamizi ku bihugu bigize umugabane wa Afrika kandi ko kubigeraho bikigoranye cyane cyane mu buzima, uburezi no kurwanya ubukene.

Abitabiriye iyi nama bagaragaza ko u Rwanda ari igihugu cy’indashyikirwa  mu bijyanye  n’amazi n’isukura , aho bashoboye  gushyira mu bikorwa no gushyiraho gahunda ihamye yo kwita ku mazi n’isukura, bityo  nyuma y’urugendo shuri bakoreye mu Rwanda hose basanga ibihugu bya Afrika bikwiye kugira ibyo byigira ku Rwanda mu bijyanye n’amazi n’isukura kugirango Afurika irusheho gutera imbere muri rusange .

AMCOW yashinzwe mu mwaka wa 2002, igamije guteza imbere umubano, umutekano, ndetse no kugabanya ubukene  ku mugabane wa Afrika biciye mu kubungabunga umutungo kamere hashingiwe ku kwita ku mazi n’isukura  ndetse no kuyageza ku bayakeneye muri Afurika,muri uyu mwaka ubu igizwe n’ibihugu 35 mu gihe mu mwaka wa 2016 yari igizwe n’ibihugu bigera kuri  45 ikaba ifite icyicaro I Abuja muri Nigeria .

Nkundiye Eric Bertrand

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Ubwanditsi 29 Nov 2024
Harimo n’itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w’u Rwanda na Nigeria

Harimo n’itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w’u Rwanda na Nigeria

Ubwanditsi 06 Sep 2024
Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Ubwanditsi 05 May 2017
” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro
IMIKINO

Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?
Amakuru

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?
ITOHOZA

Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Ubwanditsi 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru