• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23

FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23

Ubwanditsi 29 May 2018 Mu Mahanga

Hari hashize imyaka itanu umutwe w’inyeshyamba za M23 (Mouvement du 23 Mars) zarwaniraga ku butaka bwa Congo, ushyize intwaro hasi. Ubu haravugwa undi urimo gutegurwa ngo ube wacumbukura ikivi M23 yacumbitse witwa FRC (Front pour la Restauration du Congo).

Iby’uyu mutwe w’inyeshyamba byagaragaye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gatanu, ubwo umugore witwa Brigitte Safari Misabiro, w’umwe mu bahoze ari abayobozi muri M23, Désiré Rwigema yatabwaga muri yombi n’inzego z’iperereza z’igisirikare cya Congo.

Nk’uko ikinyamakuru Jeune Afrique kibitangaza, ubwo Misabiro yatabwaga muri yombi, ngo yasanganwe isakoshi irimo impapuro  zigaragaza itegurwa ry’uwo mutwe w’inyeshyamba.

Mu gihe hari ibihugu by’ibituranyi na Congo, byagiye bishinjwa gutera inkunga umutwe wa M23, Kuri iyi nshuro inzego z’iperereza za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zitangaza ko umuherwe Moise Katumbi, acyekwa ku isonga mu baba bari inyuma y’itegurwa ry’uyu mutwe w’inyeshyamba FRC.

Moise Katumbi urimo gushyirwa mu majwi kuba inyuma y’uyu mutwe mushya w’inyeshyamba, ni umwe mu batavuga rumwe na Leta ya Kabila, by’umwihariko wagaragaje ko afite inyota yo kwiyamamariza kuyobora iki gihugu mu matora ya Perezida. Leta yo ikaba imushinja ibyaha birimo kugambanira leta, kwinjiza abacanshuro, kugurisha inzu mu buryo butemewe,… ku buryo ubu ashakishwa n’inkiko zaho. Ariko ku ruhande rwe akavuga ko ibyaha ashinjwa ari ibihimbano, hagamijwe kumuheza mu kibuga cya politiki.

Ese M23 yatsinzwe urugamba?

M23, ni umwe mu mitwe y’inyeshyamba zabayeho muri Congo, mu gihe gito ikaba yarahangayikishije Leta iriho, kugeza n’aho amahanga ahagurutse akayiviraho inda imwe, kugeza aho yemeye imishyikirano no gushyira hasi intwaro.

Bamwe mu bayobozi b’izi nyeshyamba, bagiye bagaragaza ko ibyakubiwe mu masezerano hagati ya Leta ya Kabila n’izi nyeshyamba bitashyizwe mu bikorwa, aho bamwe bagiye bahungira mu Rwanda na Uganda, bakaba bahora bahonda ahatoki ku kandi.

Mu mvugo za bamwe mu bayobozi ba M23 zagiye zumvikana mu itangazamakuru, bagiye bashimangira ko batatsinzwe ahubwo ko bashyize hasi intwaro, batanga integuza ko icyo baharaniraga nikitagerwaho bazabyutsa urugamba.

Iyo ugiye kwica inzoka uyimenagura umutwe

Iyi ni imvugo ya Bishop Jean Marie Vianney Runiga, umwe mu bayobozi ba M23 wahungiye mu Rwanda; mu mvugo yakoresheje mu itangazamakuru yavuze ko bagikomeje guharanira ko ibyo bemeranyije na leta ya Congo byashyirwa mu bikorwa, nibidakorwa bazataha mu bundi buryo.

Aho yagize ati: “M23 yari yarazengereje Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ni umutwe ugendera ku mahame ateguye neza, kuvuga ngo twaratsinzwe ntacyo bivuze kuko ntabwo iyo ugiye kwica inzoka wica umurizo, ugomba kwica umutwe kuko utabikoze ishobora kukurya,…”.

Umutwe w’inyeshyamba za M23 wavutse mu 2012, urwanira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo gushyira intwaro hasi bamwe barahunze abandi bashyikiriza Leta ya Congo.

2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ubwanditsi 14 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 25 Jul 2023
Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma
Mu Mahanga

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Ubwanditsi 05 May 2018
Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura  ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 13 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru