• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yabajijwe ku ikurikiranwa rya Kayumba Nyamwasa n’itaha rya Twagiramungu

Perezida Kagame yabajijwe ku ikurikiranwa rya Kayumba Nyamwasa n’itaha rya Twagiramungu

Editorial 11 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rutigeze rwangira kwinjira mu gihugu Twagiramungu Faustin wigeze kuba Minisitiri w’Intebe ariko usigaye uba mu buhungiro mu Bubiligi, ahubwo ko ashaka kurwinjiramo yakwaka visa ahageze.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Jeune Afrique, yabajijwe kuri Kayumba Nyamwasa urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ariko uba mu buhungiro muri Afurika y’Epfo, niba hadashobora kubaho ibiganiro n’iki gihugu ku kibazo cye.

Ni ikiganiro cyasohotse mu nimero 2996 aho Umukuru w’Igihugu yaganiriye birambuye n’Umunyamakuru François Soudain wa Jeune Afrique ku ngingo zitandukanye zirimo umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, amavugurura mu muryango wa Afurika yunze Ubumwe, ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iby’abimukira, ibijyanye na manda n’ibindi bitandukanye birimo n’ibivuga ku buzima bwe bwite.

Perezida Kagame yabajijwe ku mubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo nyuma y’aho uwari Perezida w’iki gihugu, Jacob Zuma yeguriye agasimburwa na Cyril Ramaphosa.

Jacob Zuma wari Perezida wa Afurika y’Epfo yeguye ku mwanya we ku wa 14 Gashyantare 2018 nyuma y’iminsi yotswa igitutu n’ishyaka rye hamwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kubera ibyaha bifitanye isano na ruswa akekwaho.

Kuva mu 2009 ubwo yatorerwaga kuyobora iki gihugu, Afurika y’Epfo n’u Rwanda byabaye ibihugu bitigeze bicana uwaka. Ku ngoma ya Zuma nibwo iki gihugu cyabaye icumbi riha rugari abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bigakubitiraho kuba yari umuntu wa hafi cyane w’uwahoze ari Perezida wa Tanzania, Jakaya Kikwete, nawe wakunze kuvugwaho kurwanya gahunda zimwe na zimwe za Guverinoma y’u Rwanda.

Mu minsi mike ishize, Jacob Zuma yagerageje kwitambika amavugururwa yashinzwe Perezida Kagame mu muryango wa Afurika yunze Ubumwe, aho yavugaga ko ibihugu byo muri Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC) bitazayashyira mu bikorwa.

Umunyamakuru François Soudan yabajije Perezida Kagame niba kwegura kwa Zuma utaravugaga rumwe n’u Rwanda ku ngingo nyinshi atari amakuru meza k’u Rwanda, undi asubiza agira ati “Mbere na mbere ni amakuru meza kuri Afurika y’Epfo. Ariko na none ku Rwanda turebeye mu buryo wari ubivuze.”

Nyuma y’ubwegure bwa Zuma, Cyril Ramaphosa wari Visi Perezida niwe wahise umusimbura, umugabo utarahwemye kugaragaza ko ashyigikiye u Rwanda ndetse n’inshuro zose yarujemo akagaragaza ko yifuza umubano mwiza hagati n’ibihugu byombi.

Perezida Kagame kandi yabajijwe niba kuba u Rwanda rufitanye umubano mwiza na Afurika y’Epfo muri iki gihe, atari igihe cyiza cyo kuba habaho ibiganiro na Perezida Cyril Ramaphosa bivuga kuri Kayumba Nyamwasa uba mu buhungiro muri iki gihugu ariko ushinjwa ibyaha bitandukanye mu Rwanda.

Umukuru w’Igihugu yasubije ko atari ibintu byiza kuba igihugu cyacumbikira umuntu ushaka guhungabanya icyo akomokamo.

Ati “Tuzabireba. Sintekereza ko ari igitekerezo cyiza kuba igihugu icyo aricyo cyose cyacumbikira umuntu ukekwa hanyuma kikamwemerera kugerageza guhungabanya igihugu akomokamo. Ku bw’ibyo rero, tuzakomeza kugeza kuri Guverinoma ya Afurika y’Epfo igitekerezo cyacu cyo kwiga kuri iki kibazo, gusa atari nk’impamvu yo kuvugurura umubano wacu.”

Kayumba Nyamwasa wabaye Umusirikare Mukuru mu Ngabo z’u Rwanda yakatiwe adahari mu 2011 gufungwa imyaka 24 no kwamburwa impeta za gisirikare n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, biturutse ku byaha birimo kurema umutwe w’iterabwoba, kubangamira umutekano w’igihugu, kurema amacakubiri no gutoroka igisirikare.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, mu 2016 yabwiye IGIHE, dukesha iyi nkuru ko kuba Nyamwasa ari muri Afurika y’Epfo bitavuze ko aho ari ubwihisho.

Ati “Kurindwa kwa Kayumba muri Afurika y’Epfo ntibivuga ko icyo gihugu ari ubwihisho ntavogerwa ku banyabyaha bava mu bindi bihugu. Ikintu kimwe kidakwiriye ni uko afatwa nk’impunzi ya politiki kubera uburyo we yisobanura.”

Yakomeje agira ati “Kuba Kayumba yarabaye umusirikare wo ku rwego rwo hejuru, umuntu ukomeye mu butasi, Umudipolomate wo ku rwego rwo hejuru mu rugamba rwa FPR rwo kubohora igihugu no mu myaka 16 y’ubuyobozi bwa FPR mu Rwanda, kugira iyi myanya yizewe muri FPR ntabwo bimugira icya rimwe umuntu unenga ubwo butegetsi.”

Yabajijwe kandi kuri Twagiramungu

Perezida Kagame kandi yabajijwe kuri Faustin Twagiramungu utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda usigaye uba mu Bubiligi. Uyu mugabo yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda nyuma ya Jenoside, aza no kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu nk’umukandida wigenga mu 2003.

Uyu mugabo washinze ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda RDI Rwanda Rwiza, yakunze kumvikana mu itangazamakuru risebya Leta y’u Rwanda, uko imyaka yagiye ikurikirana nta na rimwe yigeze yumvikana agira icyo ashima mu byo u Rwanda rwagezweho mu myaka irenga 24 ishize.

Umukuru w’Igihugu yabajijwe impamvu uyu mugabo adahabwa passport imwemerera kwinjira mu Rwanda dore ko adakewaho n’ibyaha bya Jenoside, asubiza ko afite uburenganzira busesuye nk’umunyarwanda.

Ati “Twagiramungu arashaka passport yo kugira ngo ajye kubahe? Mu Bubiligi, aho afite ubwenegihugu kandi mu bigaragara akaba ahakunda? Kuri iyi ngingo, ntabwo akeneye passport nyarwanda kugira ngo aze hano. Visa yakwa iyo umuntu ageze aho yinjirira mu gihugu. Yo kugira ngo ature mu Rwanda? Kuri iki, Pasiporo ye azayihererwa i Kigali. Ni uko bimeze.”

Perezida Kagame yigeze kuvuga ko nyuma ya Jenoside kubera ubukene igihugu cyari gifite, byatumye Abaminisitiri ba mbere babayeho nyuma badahembwa kuko ntaho amafaranga yari kuva, ndetse imishahara ikaba itari mu byihutirwa.

Mu kiganiro yagiranye na RBA muri Kamena 2017, yavuze ko imisanzu yari yakusanyijwe n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi muri icyo gihe yafashije abayobozi bamwe na bamwe mu byo bari bakeneye birimo n’imyambaro. Aha yatanze urugero rwa Twagiramungu.

Ati “N’aba bantu baba bari kudusebya, Guverinoma ya mbere, Minisitiri w’Intebe wa Mbere uyu mugabo uba mu Bubiligi [Twagiramungu], utajya utugiraho amagambo meza; yewe n’ikote rya mbere yambaye ryaguzwe muri ya mafaranga.”

Mu 2016, Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Faustin Nkusi, yavuze ko u Rwanda rushobora kurega Faustin Twagiramungu uri mu buhungiro mu Bubiligi, nyuma y’amagambo aherutse gutangaza abinyujije mu mashusho yashyizwe ku rubuga rwa YouTube, avuga ko impunzi ziri hanze y’u Rwanda zishobora gufata intwaro zigatahuka.

Perezida Kagame yasubije ibibazo bitandukanye birimo ibijyanye n’imibanire y’u Rwanda n’amahanga

 

2018-06-11
Editorial

IZINDI NKURU

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Editorial 28 Dec 2020
Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 02 Feb 2018
Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Editorial 30 May 2019
Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Editorial 24 Jan 2020
Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Editorial 28 Dec 2020
Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 02 Feb 2018
Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Editorial 30 May 2019
Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Editorial 24 Jan 2020
Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Editorial 28 Dec 2020
Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 02 Feb 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru