• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Editorial 12 Jun 2018 IMIKINO

Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Ivan Minnaert, yirukanwe burundu muri iyi kipe nyuma y’umusaruro utari mwiza umaze iminsi uyiranga ndetse n’umwuka mubi watutumbaga mu bakinnyi.

Amakuru y’iyirukanwa rya Minnaert yatangajwe ku rubuga rwa Internet rw’iyi kipe rwanditse ko ’Umutoza Mukuru w’Ikipe ya Rayon Sports Ivan Jackie Minnaert ntakiri Umutoza wa Rayon Sports nyuma yo gusezererwa kubera umusaruro utari mwiza n’ibibazo bimaze iminsi biri mu rwambariro rwa Rayon Sports’.

Inkuru yo ku rubuga rw’iyi kipe ikomeza ivuga ko ‘abatoza bungirije Romami Marcel na Jeannot Watakenge babaye bahagaritswe by’agateganyo’ ndetse ko ’kuri uyu wa mbere tariki ya 11 uyu mutoza n’abamwungirije ntibakoresheje imyitozo kuko yakoreshejwe n’umutoza w’abazamu Nkunzingoma Ramadhani’.

Mu Cyumweru gishize nyuma yo gutsindwa n’Amagaju FC kuri Stade Amahoro, abakinnyi ba Rayon Sports banditse ibaruwa igenewe Perezida Muvunyi Paul baranayisinya bamusaba ko yasezerera Umutoza Ivan Minnaert kuko ariwe ntandaro y’umusaruro mubi ndetse akaba yaranashyize amakimbirane mu ikipe.

Iyo baruwa yanditswe Muvunyi atari mu Rwanda aho aziye akoresha inama abakinnyi n’abatoza ababwira ko ikibazo atari Ivan ahubwo ari bo batagishaka kwitangira ikipe uko bikwiye kuko atumva uburyo batsinzwe n’Amagaju FC i Kigali.

Ku wa Gatandatu nyuma yo kunanirwa gukura amanota atatu kuri Musanze FC zinganyije 0-0, uwo musaruro mubi ntiwigeze uvugwaho cyane kuko amajwi ya kapiteni Bakame aganira n’umufana utaramenyekanye yemeza ko abakinnyi batagishaka gukorana na Ivan ndetse bazongera gukora ibyo yise ‘gutegura’ ari uko yagiye niyo yihariye imitwe myinshi mu bitangazamakuru.

Kubera ibyo Bakame yatangaje, ubuyobozi bwafashe nko kugambanira ikipe, bwahise bumuhagarika ibyumweru bibiri gusa kuri uyu wa Mbere tariki 11 Kamena, bwanahagaritse Umutoza Ivan, Lomami na Witakenge.

Twagerageje kuvugana n’abayobozi ba Rayon Sports ntibyadukundira, gusa umwe muri aba batoza bafatiwe ibihano yavuze  ko ayo makuru ariyo ndetse bamaze kumenyeshwa ko bazasubira mu kazi ari uko iperereza rigaragaje ko nta ruhare bafite mu guteza umwuka mubi mu ikipe.

Biteganyijwe ko ikipe igomba gusigarana na Hategekimana Corneille wari usanzwe ashinzwe kongerera imbaraga abakinnyi, akazafatanya n’umutoza w’abazamu, Nkunzingoma Ramadhan.

Mu mikino iri imbere aba batoza bashobora kutazaba bari kumwe na Rayon Sports harimo uwa APR FC uzaba kuwa Gatanu tariki 15 Kamena 2018, uwo izakiramo Gicumbi FC tariki 18 Kamena ndetse n’uwo izasuramo Espoir FC i Rusizi tariki 21 Kamena n’uwa Sunrise FC tariki 26 Kamena.

Umutoza Ivan Minnaert yirukanwe muri Rayon Sports

2018-06-12
Editorial

IZINDI NKURU

AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso

AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso

Editorial 22 Jun 2025
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa  Rayon Sports

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa Rayon Sports

Editorial 08 Oct 2023
Rutahizamu w’Amavubi Kagere Medie yamaze kugera i Nyamata aho ikipe y’igihugu iri gukorera umwiherero ahita yishyira mu kato

Rutahizamu w’Amavubi Kagere Medie yamaze kugera i Nyamata aho ikipe y’igihugu iri gukorera umwiherero ahita yishyira mu kato

Editorial 20 Mar 2021
Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Editorial 15 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani
Amakuru

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Editorial 26 Jan 2024
CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani
IMIKINO

CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

Editorial 14 Jan 2019
Nyagatare:Akarere kaza ku isonga muri ruswa, imiyoborere mibi, akarengane,.. Min. Kaboneka icyo yatangaje
Mu Mahanga

Nyagatare:Akarere kaza ku isonga muri ruswa, imiyoborere mibi, akarengane,.. Min. Kaboneka icyo yatangaje

Editorial 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru