• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Ubwanditsi 22 Jun 2018 POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko uko imyaka ishira indi igataha, abatuye Afurika bakomeza kubaho mu bibazo nyamara umugabane ufite abaturage benshi, ukaba unakungahaye ku mutungo kamere ukwiye kubyazwa umusaruro.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kane mu kiganiro yahaye abitabiriye Ihuriro ry’iminsi ibiri riganira ku mpinduka ziganisha ku iterambere rya Afurika, ryateguwe n’Ikigo Nyafurika kigamije impinduka mu Bukungu (African Center for Economic Transformation-ACET) gifatanyije na Guverinoma ya Ghana.

Iri huriro riri kuba ku nshuro ya kabiri rigamije guha umwanya abikorera n’indi miryango itegamiye kuri leta wo kuganira ku ruhare rwabo mu iterambere ry’ubukungu muri Afurika hibandwa ku bikorwa remezo, ubuhinzi, guteza imbere ishoramari no gushyira mu bikorwa gahunda zigamije impinduka.

Ryitabiriwe n’abagera kuri 300 barimo abakuru b’ibihugu, abaminisitiri muri guverinoma, abayobozi n’abahagarariye ibigo bya leta n’iby’abikorera bahuriye muri Ghana.

Perezida Kagame yasobanuye ko udashobora kuvuga impinduka wirengagije abantu n’umutungo kamere ukeneye gukoreshwa neza.

Yagize ati “Biragaragara ko Afurika ifite umutungo kamere wadufasha kwihuta cyane mu gihe twaba tubishaka ndetse ntacyo kwireguza. Ntiturabona igisobanuro cyo kuba Afurika ifite umutungo kamere ariko igakomeza gukena uko imyaka yicuma. Nta gisobanuro dufite cyo kumera gutya.”

Yagize ati “Turi kuvuga ku buryo bwo kugenzura uyu mutungo n’ubushake bwa politiki bugomba gukurikira ibyo bikorwa kugira ngo bidufashe kugera aho twifuza kugana.”

Perezida Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yagaragaje ko Afurika ikwiye gukura imbaraga mu buryo bayifata ngo ubukungu bw’ibihugu byayo buzamuke.

Yagize ati “Uyu munsi ndavuga nka Perezida w’igihugu cyanjye ariko mpagarariye n’ubuyobozi bwa AU. Kuri njye birenze ibyo kuko buri kintu kiba ku mugabane kiba gifitanye isano n’ibindi ndetse ni iby’ingenzi ko tugaragaza ibikenewe gukorwa bizatugirira akamaro twese. Icyo ni cyo naje kuvuga hano.”

Yakomeje agira ati “Mu gihe Isi yirengagiza Afurika bagasa n’abagaragaza ko ntacyo bibabwiye, bitwibutsa ko uko duharanira kunga ubumwe ni ko ubucuruzi buhuriweho muri Afurika buzatera imbere ndetse kunanirwa kubikora bifite ingaruka zikomeye.”

Yakomeje agaragaza ko intego y’ibi biganiro ari ugusuzuma amakosa akeneye gukosorwa.

Yagize ati “Nk’uko nabivuze, iby’ingenzi mu gushaka impinduka ni uguha ubushobozi abaturage bacu, kunoza imikoranire hagati ya Leta n’abikorera ndetse n’amategeko dushyiraho adufasha kugera ku ntego zacu nk’umugabane. Ikintu tugomba gusobanukirwa ni uko icyo guha agaciro atari uburyo wumva ikibazo ahubwo uko ugishakira umuti. Twemeranya ku bigomba gukorwa ariko haracyari ikibazo gikomeye cy’imyumvire.”

Iri huriro ryitabiriwe kandi na Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana na Visi Perezida wa Côte d’Ivoire, Daniel Kablan Duncan, batanze ibitekerezo ku mpinduka ziganisha ku iterambere rya Afurika no ku buryo bwakoreshwa mu kuzishyigikira hibandwa ku ruhare rw’abashoramari n’abikorera bo ku Mugabane n’ab’ahandi ku Isi.

Perezida Nana Akufo-Addo yavuze ko ibyo u Rwanda rwagezeho nta kidasanzwe bitewe n’uburyo ibintu bikorwamo ndetse ashimangira ko n’ibindi bihugu byabigeraho.

ACET yatangijwe mu 2008 ifite intego yo kugaragaza ko Afurika ikeneye iterambere rirambye ry’umugabane mu by’ubukungu bigizwemo uruhare n’inzego zitandukanye.

Perezida Kagame yakiriwe muri Ghana ku wa 21 Kanama 2018


2018-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Ubwanditsi 13 Mar 2017
WFP irataka Igihombo kubera ibiribwa byari byaguzwe mu Rwanda bikangwa n’u Burundi bikaba bigiye kunyuzwa muri Tanzania

WFP irataka Igihombo kubera ibiribwa byari byaguzwe mu Rwanda bikangwa n’u Burundi bikaba bigiye kunyuzwa muri Tanzania

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubwanditsi 17 Jan 2017
James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

Ubwanditsi 16 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba
Mu Mahanga

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Ange Kagame yasabwe
ITOHOZA

Ange Kagame yasabwe

Ubwanditsi 29 Dec 2018
Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?
Amakuru

Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ubwanditsi 07 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru