• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Ubwanditsi 09 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu ya Croatia yanditse amateka isezerera u Burusiya bwakiriye igikombe cy’Isi bigoranye kuri penaliti, ikatisha itike ya ½ aho izahura n’u Bwongereza nabwo bwasezereye Suède ku bitego bibiri ku busa.

Amakipe menshi y’ibikomerezwa yari yitabiriye igikombe cy’Isi ahabwa amahirwe yo kuzacyegukana yamaze gusezererwa harimo u Budage butarenze amatsinda, Espagne, Portugal, Argentine na Brazil zose zamaze gusubira mu rugo.

Muri ¼ hari hagezemo amwe mu makipe yatunguranye cyane nka Suède n’u Burusiya yashakaga kwandikisha amateka kuri uyu wa Gatandatu agakatisha itike yo kujya muri ½ ariko ntibyayahiriye kuko yose yasezerewe.

Mu mukino wabanje saa 16:00, u Bwongereza bwatsinze Suède ibitego 2-0 bya Harry Maguire ku munota wa 30 na Dele Alli ku wa 59 bubona itike ya ½ ku nshuro ya mbere kuva mu 1990.

Saa 20:00 u Burusiya bwakiniraga imbere y’abafana babwo, bwanatunguranye cyane bugera muri ¼ bwatangiye umukino bukanga Croatia buyitsinda igitego ku munota wa 31 cya Denis Cheryshev cyishyurwa na Andrej Kramaric nyuma y’iminota umunani.

Amakipe yombi yakomeje guhangana iminota 90 irangira atabashije kwisobanura, hitabazwa 30 y’inyongera, bageze ku wa 101 myugariro wa Croatia, Domagoj Vida, atsinda igitego cyari guhesha igihugu cye gukomeza ariko habura itanu ngo umukino urangire, cyishyurwa na Mário Figueira Fernandes.

Hitabajwe penaliti, Croatia ikomeza itsinze 4-3 mu bazihushije ku ruhande rw’u Burusiya hakaba harimo na Mário Fernandes wari wafashwe nk’intwari atsindira iki gihugu igitego cyo kwishyura.

Mu gihe abafana b’u Burusiya bari mu marira, agahinda kabishe, Perezida wa Croatia, Umugore witwa Kolinda Grabar-Kitarović, yagaragaye ku kibuga Fisht Stadium yambaye umwenda w’igihugu cye, afana bikomeye ndetse n’umukino urangira ajya kwishimana n’abakinnyi mu rwambariro abashimira ku kazi gakomeye bakoze.

Croatia igomba kuzahura n’u Bwongereza muri ½ mu gihe undi mukino uzahuza u Bubiligi bwabonye itike busezereye Brazil n’u Bufaransa bwayibonye busezereye Uruguay.

Abakinnyi ba Croatia bishimira intsinzi nyuma ya penaliti

Ibyishimo byabasaze, baryama hasi mu kibuga

Agahinda kari kose ku ikipe y’u Burusiya yashakaga kugera muri 1/4

Mário Fernandes niwe watsinze igitego cya kabiri cyo kwishyura ku ruhande rw’u Burusiya mbere y’uko amakipe yombi ajya muri penaliti

Domagoj Vida atsindira Croatia igitego cya kabiri mu minota y’inyongera

Perezida wa Croatia, Kolinda Grabar-Kitarović, yisunze abakinnyi b’igihugu cye mu byishimo

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Oct 2025
Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
U Burundi bwashatse ko imikino ya gisirikare yigizwayo abanyamuryango barabyanga-Gen.Patrick Nyamvumba

U Burundi bwashatse ko imikino ya gisirikare yigizwayo abanyamuryango barabyanga-Gen.Patrick Nyamvumba

Ubwanditsi 07 Aug 2016
Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Ubwanditsi 29 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema
Mu Mahanga

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Ubwanditsi 29 Jan 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 29 Mar 2023
RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere
UBUKERARUGENDO

RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

Ubwanditsi 07 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru