• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 08 Aug 2018 IMIKINO

Umunyamerika Rugg Thimothy ukinira Ikipe ya Team Embrace yo mu Budage yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda kavaga Musanze kerecyeza Karongi ku ntera y’ibilometero 135.8 kakinwe ku wa 8 Kanama 2018, Mugisha Samuel aguma ku isonga.

Rugg yavuye kare mu gikundi cy’abakinnyi 70 batangiye isiganwa azamuka imisozi aminuka amataba, ashyiramo ikinyuranyo cyatumye agera mu Mujyi wa Karongi imbere ya Banki y’Ubucuruzi ya Cogebanque ari imbere.

Uyu mukinnyi w’imyaka 32 yakurikiwe na Hakiruwizeye Samuel; Munyaneza Didier; Lozano Riba David na Uwizeye Jean Claude

Ku nshuro ya mbere abatuye mu Karere ka Rutsiro barebye isiganwa rya Tour du Rwanda mu gace karyo ka kane gahagurukira i Musanze kerekeza i Karongi mu muhanda mushya urimo amakorosi adasanzwe, unyura impande z’Ishyamba kimeza rya Gishwati n’Ikiyaga cya Kivu.

Tour du Rwanda iryohera abayireba bose ndetse bagahora bifuza ko buri mwaka yagana iwabo aho batuye mu turere ariko mu rwego rwo kubigeza kuri benshi, Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (Ferwacy) igenda isaranganya mu buryo butandukanye, rimwe na rimwe hagashyirwaho inzira nshya zisimbura izakoreshejwe mu bihe byashize.

Uyu mwaka Akarere ka Rutsiro kabonye amahirwe yo kwakira iri siganwa ku nshuro ya mbere rikaba rigomba kuhanyura kuri uyu wa Gatatu mu gace karyo ka kane gahagurukira i Musanze kerekeza i Karongi, kareshya na kilometero 135,8.

Uyu muhanda mushya uri mu yo Leta y’u Rwanda ikomeje kubaka hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo kunoza imigenderanire no kuzamura imibereho myiza y’abaturage ni umwe mu ishobora guha akazi gakomeye abitabiriye Tour du Rwanda uyu mwaka ahanini bitewe n’amakorosi agoranye arimo, ahamanuka n’ahazamuka cyane ndetse n’umuyaga uva mu Kivu. Kuri iyi nshuro nubwo Mugisha Samuel ataje mu myanya itanu ya mbere, yagumanye umwenda w’umuhondo yambaye ku wa Mbere ubwo yegukanaga agace ka kabiri ka Kigali-Huye.

Rugg Timothy ageze i Karongi ari we uwa mbere, muri aka gace ka Musanze-Karongi akaba yigirije nkana ku bandi bakinnyi kuko hari nk’aho bose yabahaye intera y’iminota 5:20’.

Uko abakinnyi bakurikiranye mu gace ka kane ka Tour du Rwanda 2018

1. Timothy Rugg 
2. Hakiruwizeye Samuel
3. Munyaneza Didier 
4. Lozano Riba
5. Uwizeye Jean Claude

2018-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bidasubirwaho, u Rwanda rwabonye tike ya CHAN 2018

Bidasubirwaho, u Rwanda rwabonye tike ya CHAN 2018

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Ubwanditsi 06 Mar 2018
APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

Ubwanditsi 07 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]
INKURU NYAMUKURU

Umurambo w’Umunyarwanda warasiwe i Nyagatare yambukana Magendu ukajyanwa muri Uganda wagaruwe mu Rwanda [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 May 2019
Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Joe Blackmore wa Israel Premier Tech yegukanye Tour du Rwanda 2024, Manizabayo Eric aba Umunyarwanda wasoje hafi
Amakuru

Joe Blackmore wa Israel Premier Tech yegukanye Tour du Rwanda 2024, Manizabayo Eric aba Umunyarwanda wasoje hafi

Ubwanditsi 25 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru