• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Editorial 20 Aug 2018 UBUKUNGU

Muri Mata 2018 nibwo byemejwe ko u Rwanda ruzakira Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) yo mu 2020.

Iyi nama izwi nka CHOGM (Commonwealth Heads of Government Meeting), u Rwanda rwagiriwe icyizere cyo kuyakira nyuma y’imyaka icyenda rwinjiye muri uyu muryango. Ni iya mbere izabera mu gihugu kitakolonijwe n’u Bwongereza.

U Rwanda rwahagarariwe mu Nama yabereye mu Ngoro y’Umwamikazi w’u Bwongereza, Buckingham Palace muri Mata 2018 yanafatiwemo umwanzuro (wa 54).

Uvuga ko “Abakuru ba za Guverinoma bakiriye kandi bemera icyifuzo cya Perezida w’u Rwanda, cyo kwakira inama itaha mu 2020. Banakiriye ubusabe bwa Samoa bwo kwakira inama ya Commonwealth yo mu 2022.”

Umunyamabanga Mukuru Wungirije mu Bunyamabanga bwa Commonwealth, Nabeel Goheer, uherutse gusura u Rwanda yasobanuye impamvu bahisemo u Rwanda kuzakira inama ya 26 y’uyu muryango.

Yagize ati “Igihugu cyateye imbere bidasanzwe! Umuntu wese uvuga iterambere ntiyakwirengagiza uko u Rwanda rwagaragaje imbaraga mu guhindura igihugu cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

“Ahantu mwanyuze kugira ngo mube igihugu cy’igihangange ku buryo bufatika kandi bugaragarira Isi yose ni harehare. Uburyo bw’imiyoborere n’uko ibigo bigenzura imikorere biratangaje. Ibi bituremamo icyizere ko mufite ubushobozi bwo kwakira inama yaCHOGM neza.”

Yavuze ko nubwo u Rwanda rwinjiye muri Commonwealth mu 2009, rwagutse bwangu ndetse rugirirwa icyizere na Afurika.

Yavuze ko, “Mu 2011 cyari igihe cya Afurika cyo kujya ku buyobozi bw’Inama ya Commonwealth i Londres. Afurika yahisemo u Rwanda mu bihugu birimo Afurika y’Epfo, Tanzania, Kenya ngo ruyihagararire ku buyobozi bwa Board of Governors (ihuza abahagarariye guverinoma, ba ambasaderi baba i Londres, abahagarariye Sosiyete Sivile n’umunyamabanga mukuru wa muri Commonwealth).”

Goheer umaze imyaka 30 akorana bya hafi n’u Rwanda, yavuze ko Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Yamina Karitanyi, akora akazi kadasanzwe mu migendekere myiza y’imirimo ashinzwe no gusigasira isura y’igihugu.

Yanakomoje ku bayobozi bo mu bice bitandukanye by’Isi barimo Donald Kaberuka wayoboye Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD).

Yagize ati “Nkunda kuvuga ko u Rwanda rwazamutse neza ku ruhando mpuzamahanga. Mbikuye ku mutima navuga ko mufite ubushobozi kuva mu muyobozi, ibigo, kandi abaturage bo muri iki gihugu baratuje, barakorana kandi twizeye ko dufatanyije inama ya CHOGM izaba idasanzwe ku buryo bitazorohera ibindi bihugu kubigeraho.”

Commonwealth ntitewe impungenge n’inama izabera mu Rwanda

Goheer aheruka mu Rwanda mu ntangiriro za Kanama mu rugendo rwo kureba aho imyiteguro yo kwakira Commonwealth igeze yaganiriye n’abayobozi barimo Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), Prof. Shyaka Anastase, amwizeza ko kuba iyi nama izabera mu Rwanda nta mpagarike biteye.

Yagize ati “Mu bijyanye no gushaka ibisubizo, ntidushidikanya ko ubuyobozi bw’iki gihugu buzafasha mu migendekere myiza y’Inama ya CommonWealth.”

“Dufite icyizere gihagije. U Rwanda ruzabera urugero ibihugu biri muri uyu muryango rute? Twizeye ko nk’igihugu kiyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kiri gushyira mu bikorwa izo nshingano ariko uwo ni umugabane umwe mu gihe Commonwealth ihuriyemo yose. Ubuyobozi bw’u Rwanda bwagaragaje ko bwabishobora.”

Goheer yavuze ko umusaruro w’inama yabereye mu Bwongereza wabaye mwiza ariko bizeye ko iyo mu Rwanda ishobora kuzana urenze.

Commonwealth ni umuryango ugizwe n’ibihugu 53, bifite abaturage miliyari 2.3 bangana na 1/3 cy’abatuye Isi.

U Rwanda ni igihugu cya gatandatu kizakira iyi nama muri Afurika nyuma ya Zambia (1979), Zimbabwe (1991), Afurika y’Epfo (1999), Nigeria (2003) na Uganda (2007).

Inama iheruka ya Commonwealth yabaye ku wa 19 Mata 2018

Inama ya Commonwealth yitabirwa n’abayobozi bakomeye baturuka mu bice bitandukanye by’Isi

Ubwo Perezida Kagame yitabiraga inama ya Commonwealth muri Mata 2018

Ni ibintu bikomeye kuba u Rwanda rwaragiriwe icyizere cyo kwakira inama ya Commonwealth mu 2020

2018-08-20
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo  miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Editorial 11 Mar 2020
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Editorial 18 Jan 2017
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Editorial 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York
POLITIKI

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Editorial 15 May 2017
Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.
Amakuru

Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Editorial 26 Dec 2021
Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali
Mu Rwanda

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali

Editorial 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru