• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Ubwanditsi 20 Aug 2018 UBUKUNGU

Muri Mata 2018 nibwo byemejwe ko u Rwanda ruzakira Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) yo mu 2020.

Iyi nama izwi nka CHOGM (Commonwealth Heads of Government Meeting), u Rwanda rwagiriwe icyizere cyo kuyakira nyuma y’imyaka icyenda rwinjiye muri uyu muryango. Ni iya mbere izabera mu gihugu kitakolonijwe n’u Bwongereza.

U Rwanda rwahagarariwe mu Nama yabereye mu Ngoro y’Umwamikazi w’u Bwongereza, Buckingham Palace muri Mata 2018 yanafatiwemo umwanzuro (wa 54).

Uvuga ko “Abakuru ba za Guverinoma bakiriye kandi bemera icyifuzo cya Perezida w’u Rwanda, cyo kwakira inama itaha mu 2020. Banakiriye ubusabe bwa Samoa bwo kwakira inama ya Commonwealth yo mu 2022.”

Umunyamabanga Mukuru Wungirije mu Bunyamabanga bwa Commonwealth, Nabeel Goheer, uherutse gusura u Rwanda yasobanuye impamvu bahisemo u Rwanda kuzakira inama ya 26 y’uyu muryango.

Yagize ati “Igihugu cyateye imbere bidasanzwe! Umuntu wese uvuga iterambere ntiyakwirengagiza uko u Rwanda rwagaragaje imbaraga mu guhindura igihugu cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

“Ahantu mwanyuze kugira ngo mube igihugu cy’igihangange ku buryo bufatika kandi bugaragarira Isi yose ni harehare. Uburyo bw’imiyoborere n’uko ibigo bigenzura imikorere biratangaje. Ibi bituremamo icyizere ko mufite ubushobozi bwo kwakira inama yaCHOGM neza.”

Yavuze ko nubwo u Rwanda rwinjiye muri Commonwealth mu 2009, rwagutse bwangu ndetse rugirirwa icyizere na Afurika.

Yavuze ko, “Mu 2011 cyari igihe cya Afurika cyo kujya ku buyobozi bw’Inama ya Commonwealth i Londres. Afurika yahisemo u Rwanda mu bihugu birimo Afurika y’Epfo, Tanzania, Kenya ngo ruyihagararire ku buyobozi bwa Board of Governors (ihuza abahagarariye guverinoma, ba ambasaderi baba i Londres, abahagarariye Sosiyete Sivile n’umunyamabanga mukuru wa muri Commonwealth).”

Goheer umaze imyaka 30 akorana bya hafi n’u Rwanda, yavuze ko Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Yamina Karitanyi, akora akazi kadasanzwe mu migendekere myiza y’imirimo ashinzwe no gusigasira isura y’igihugu.

Yanakomoje ku bayobozi bo mu bice bitandukanye by’Isi barimo Donald Kaberuka wayoboye Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD).

Yagize ati “Nkunda kuvuga ko u Rwanda rwazamutse neza ku ruhando mpuzamahanga. Mbikuye ku mutima navuga ko mufite ubushobozi kuva mu muyobozi, ibigo, kandi abaturage bo muri iki gihugu baratuje, barakorana kandi twizeye ko dufatanyije inama ya CHOGM izaba idasanzwe ku buryo bitazorohera ibindi bihugu kubigeraho.”

Commonwealth ntitewe impungenge n’inama izabera mu Rwanda

Goheer aheruka mu Rwanda mu ntangiriro za Kanama mu rugendo rwo kureba aho imyiteguro yo kwakira Commonwealth igeze yaganiriye n’abayobozi barimo Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), Prof. Shyaka Anastase, amwizeza ko kuba iyi nama izabera mu Rwanda nta mpagarike biteye.

Yagize ati “Mu bijyanye no gushaka ibisubizo, ntidushidikanya ko ubuyobozi bw’iki gihugu buzafasha mu migendekere myiza y’Inama ya CommonWealth.”

“Dufite icyizere gihagije. U Rwanda ruzabera urugero ibihugu biri muri uyu muryango rute? Twizeye ko nk’igihugu kiyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kiri gushyira mu bikorwa izo nshingano ariko uwo ni umugabane umwe mu gihe Commonwealth ihuriyemo yose. Ubuyobozi bw’u Rwanda bwagaragaje ko bwabishobora.”

Goheer yavuze ko umusaruro w’inama yabereye mu Bwongereza wabaye mwiza ariko bizeye ko iyo mu Rwanda ishobora kuzana urenze.

Commonwealth ni umuryango ugizwe n’ibihugu 53, bifite abaturage miliyari 2.3 bangana na 1/3 cy’abatuye Isi.

U Rwanda ni igihugu cya gatandatu kizakira iyi nama muri Afurika nyuma ya Zambia (1979), Zimbabwe (1991), Afurika y’Epfo (1999), Nigeria (2003) na Uganda (2007).

Inama iheruka ya Commonwealth yabaye ku wa 19 Mata 2018

Inama ya Commonwealth yitabirwa n’abayobozi bakomeye baturuka mu bice bitandukanye by’Isi

Ubwo Perezida Kagame yitabiraga inama ya Commonwealth muri Mata 2018

Ni ibintu bikomeye kuba u Rwanda rwaragiriwe icyizere cyo kwakira inama ya Commonwealth mu 2020

2018-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Ubwanditsi 09 Dec 2018
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Ubwanditsi 17 Aug 2018
I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Ubwanditsi 22 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze
POLITIKI

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Ubwanditsi 10 Oct 2017
 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?
Amakuru

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0
Amakuru

Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Ubwanditsi 09 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru