• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ko ishoramari mu bukerarugendo ryongerwa

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ko ishoramari mu bukerarugendo ryongerwa

Ubwanditsi 07 Sep 2018 UBUKERARUGENDO

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yashishikarije abashoramari kurushaho gushora imari yabo mu bikorwa bifitanye isano n’iterambere ry’ubukerarugendo.

Ibi yabisabye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Nzeri mu muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 23, wabereye mu Kinigi mu karere ka Musanze.

Minisitiri w’Intebe, yavuze ko kwita izina ingagi bishimangira intego Guverinoma y’u Rwanda, yihaye yo kurushaho guha agaciro ibidukikije hagamijwe iterambere rirambye.

Ati “Izi ngagi nk’uko mwese mubizi, ku Isi yose, zisigaye gusa mu Rwanda no muri Pariki ziri mu bihugu bihana imbibi na Pariki y’Ibirunga. Ni umutungo w’agaciro kanini tugomba kwitwaho twese.”

Yakomeje agaragaza ko ingagi zigira uruhare runini mu kongera umusaruro u Rwanda rukura mu bukerarugendo, kandi inyungu ikaba igera ku baturiye za pariki bahabwa 10% anyuzwa mu gutera inkunga imishinga ibateza imbere.

Minisitiri w’Intebe yashimiye abakomeza gushyigikira iterambere ry’ubukerarugendo kandi yasabye abashoramari kongera imari bashyiramo, bakabyaza umusaruro andi mahirwe y’ishoramari ahari aho yatanze urugero rw’agace gaherereye ku kiyaga cya kivu kazwi nka Kivu Belt.

Ati “Ibi bizatuma abasura u Rwanda bagira ibintu byinshi bareba, byongere umwanya bamaraga mu gihugu bityo n’umusaruro ukomoka ku bukerarugendo urusheho kwiyongera“.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, yagaragaje ko kwita izina bidafite igisobanuro ku ngagi, ahubwo bifite n’igisobanuro ku bukungu n’imibereho myiza y’abaturage bikomeza guhinduka kubera gufata neza ibidukikije.

Ati “Iyo ubukerarugendo buteye imbere mu gihugu bitanga amahirwe y’akazi ku bantu benshi. uyu munsi dufite abantu barenga 9000 bakora mu bukeragendo, tubasha kwishyura imisoro ivuye mu bukerarugendo”.

Umusaruro u Rwanda rukura mu bikorwa by’ubukerarugendo wageze kuri miliyoni 438 z’amadolari mu 2017, ukaba wiyongereyeho miliyoni 34 z’amadolari ugereranyije n’uwa 2016. Intego nuko ugera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024.

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), igaragaza ko abantu 94 000 basuye pariki z’igihugu, bakinjiza miliyoni 18.7 z’amadolari mu musaruro wose w’ubukerarugendo.

Pariki y’Ibirunga yihariye ibirenga 90% by’umusaruro wose winjijwe na pariki yasuwe n’abantu 36 000. Mu 2017 inyungu u Rwanda rwakuye mu kugurisha amatike yo kujya gusura ingagi ziyongereyeho 14.1%, mu gihe ayagurishijwe yiyongereyeho 3.5%.

U Rwanda rwakira ba mukerarugendo baturuka muri Afurika y’Iburasirazuba bangana na 25%, u Burayi ni 22%, naho ahandi hasigaye muri Afurika bakangana na 21%.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente avuga ko ishoramari mu bukerarugendo rikwiye kwiyongera

Umuyobozi Mukuru wa RDB Clare Akamanzi yavuze ko u Rwanda rufite intego yo kwinjiza miliyoni 800 z’amadolari mu 20244

Abaturage ba Musanze bitabiriye umuhango wo kwita ingagi amazina ari benshi

2018-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 29 Sep 2018
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Ubwanditsi 21 Sep 2023
U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Ubwanditsi 23 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho
Mu Mahanga

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016
IGP Felix Namuhoranye yakiriye amakipe ya Polisi ya Volleyball ayashimira umusaruro yagaragaje
Amakuru

IGP Felix Namuhoranye yakiriye amakipe ya Polisi ya Volleyball ayashimira umusaruro yagaragaje

Ubwanditsi 22 Nov 2023
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Ubwanditsi 27 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru