• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Editorial 19 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’itumanaho MTN Rwanda cyatangije poromosiyo cyise “Izihirwe” irimo ibihembo bitandukanye nk’inka, ihene, moto, televiziyo, amafaranga n’ibindi, mu rwego rwo kwifatanya n’abakiriya bayo mu kwizihiza imyaka 20 imaze ikorera mu Rwanda.

Iyi poromosiyo “Izihirwe”yatangijwe kuri uyu wa Kabiri. Kugira ngo umuntu abe mu begukana ibihembo, ntacyo bimusaba uretse kuguma ku murongo wa MTN.

Asabwa kwandika 20 ahagenewe ubutumwa bugufi akabwohereza kuri 2018 cyangwa agakanda *140*6# ubundi agahamagara.

Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Ruhinguka Désiré, yavuze ko buri cyumeru bazajya batanga inka ebyiri na moto imwe.

Yagize ati “ Izihirwe na MTN ni gahunda igamije kugira ngo dufatanye n’abakiriya bacu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 tumaze dukorera mu Rwanda, ni gahunda yihariye kuko nta kiguzi gisabwa umukiliya kugira ngo ayinjiremo ahubwo icyo asabwa ni uguhora ku murongo.”

Yakomeje avuga ko muri iyi poromosiyo harimo ibihembo byinshi, aboneraho gusaba abakiriya ba MTN kutava ku murongo kugira ngo bazabashe kuba mu banyamahirwe babyegukana.

Umuturage witwa Benihirwe Faustin, yavuze ko bishimiye cyane iyi poromosiyo kuko ibagaragariza ko MTN Rwanda ihora ibazirikana.

Yagize ati “Ibi byatunejeje cyane kubona badutegurira poromosiyo nk’iyi idasaba ikiguzi kugira ngo gusa twishimane kuko byatweretse ko MTN ihora izirikana abakiriya bayo.”

Biteganyijwe ko iyi Poromosiyo ya Isanzure na MTN izamara amezi atatu ndetse ikazagera mu bice byose by’Igihugu.

Muri ayo mezi atatu abakiliya batoranyijwe bazajya bahabwa guhamagara cyangwa kohereza ubutumwa bugufi ku buntu cyangwa bahabwe internet, ku murongo wa mbere mu Rwanda mu itumanaho.

Ibihembo bikomeye bizajya bitsindirwa buri cyumweru na buri kwezi, birimo amafaranga, televiziyo, ihene, radio, telefoni, amatike ya resitora na sinema.

Ku banyamahirwe kandi hazatangwa inka, ihene, moto nshya 13 n’ibindi.

MTN Rwanda inavuga ko abatsinze bazajya bahamagarwa na telefoni yayo imaze kumenyerwa ya 0784000000, kujya mu batsindira ibihembo bikaba nta kiguzi kandi uwatsinzwe ntagire icyo asabwa kubanza gutanga.

Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Ruhinguka Désiré

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker

Abahanzi batandukanye bitabiriye igikorwa cyo gutangiza iyi poromosiyo

Abayobozi ba MTN Rwanda mu gutangiza poromosiyo ‘Izihirwe’

Ibihembo bizagenda bitangwa birimo moto nshya

2018-09-19
Editorial

IZINDI NKURU

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Editorial 11 Oct 2018
Min Philbert yahaye inkwenene abayobozi bafungirana internet ngo idashira

Min Philbert yahaye inkwenene abayobozi bafungirana internet ngo idashira

Editorial 23 Nov 2017
Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Editorial 03 Jun 2019
U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Editorial 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen. Salim Saleh  udacana uwaka na  Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen. Salim Saleh udacana uwaka na Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye

Editorial 28 Jun 2018
HUYE : Abakristu ba ADEPR bakomeje kwibasirwa n’abagizi banabi, harakekwa FDLR
Mu Mahanga

HUYE : Abakristu ba ADEPR bakomeje kwibasirwa n’abagizi banabi, harakekwa FDLR

Editorial 03 Feb 2017
KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga
ITOHOZA

KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga

Editorial 24 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru