• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Editorial 04 Oct 2018 ITOHOZA

Abanyeshuri ba Kaminuza ya Makerere ikomeye kandi inamaze igihe kinini muri Uganda, bakomeje kwiyahura, aho uheruka ari umusore witwa Joshua Ajuna, wiyahuye ku wa 16 Nzeri 2018.

Uyu musore wapfuye afite imyaka 25 y’amavuko, yari ageze mu mwaka wa kane wa kaminuza mu bijyanye n’amashyamba, iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko yiyahuye akoresheje uburozi ndetse iruhande rwe hakaba hari ubutumwa yasize yanditse mbere yo kwiyahura. Yavugaga ko yabitewe n’impamvu ze bwite.

Urupfu rwe rwiyongeye ku rutonde rw’abandi benshi biyahura muri kaminuza ya Makerere buri mwaka.

Muri Mata 2011, uwitwa Francis Kigenyi w’imyaka 23, yiyahuye asimbutse mu igorofa rya gatanu rya hoteli Baskon. Mbere y’urupfu rwe, umuvandimwe we, Emmanuel Kisadha yari yabwiye abashyitsi ku isabukuru ye ko ubuzima bwe nta gaciro bufite ko yigereranya nk’umuzimu.

The Observer dukesha iyi nkuru yavuze ko muri 2012, umunyeshuri witwaga Josua Nuwasasira, wigaga mu mwaka wa kabiri wa Kaminuza ya Makerere mu ishami ry’Ubucuruzi riri i Mbarara nawe yiyahuye nyuma yo kunywera amafaranga yagombaga kwishyura.

Uyu yasanzwe yimanitse mu nzu yakodeshaga mu gace ka Nkokonjeru mu Mujyi wa Mbarara yimanitse.

Mu 2011 kandi Emmanuel Kagina, yiyahuye asimbutse mu igorofa rya gatanu ry’imwe mu nyubako ya Kaminuza ya Makerere. Inshuti ze za hafi zaketse ko byatewe n’ukutumvikana n’umukobwa bakundanaga.

Ibi kandi byanabaye kuri Hassan Muganzi wiyahuye asimbutse ku igorofa rya Kane rya Kaminuza ya Makerere kuko umukobwa w’inshuti ye yamwanze.

Umwarimu mu ishami ryigisha ibijyanye n’imitekerereze ya muntu muri kaminuza ya Makerere, Dr Caroline Birungi, avuga ko aba bose n’abandi benshi biyahura babiterwa n’impamvu nyinshi zirimo, agahinda, impamvu zabo bwite, kunywa ibiyobyabwenge n’inzoga, kubura uburere, kwandura agakoko gatera Sida, ubukene n’ibindi.

Dr. Birungi avuga ko Abanya-Uganda benshi babuze ababyeyi babo kubera intambara, abandi bakicwa na virusi itera Sida, bikabasiga batagira ababarera.

Yakomeje agira ati “Ubundi abanyeshuri bakura batitabwaho n’ababyeyi, bigenga cyane, bibeshaho no kuba batazi uko bakwitwara no kwiyitaho, iyo bahuye n’ibiyobyabwenge, inzoga n’indwara nka virusi itera Sida, ntabwo babasha kubyakira byoroshye.”

Yavuze kandi ko iyo aba banyeshuri bageze muri kaminuza batangira gukoresha ibiyobyabwenge byinshi, bakabaho bigenzura, bishora mu bikorwa by’ubusambanyi bakanduriramo virusi itera Sida. Iyo badafite umuntu ubagira inama ngo birangira biyahuye.

Dr. Birungi kandi avuga ko kutumvikana mu rukundo, gufata ibiyobyabwenge, ingaruka zo gukoresha amafaranga y’ishuri no kwangirwa gukora ibizamini bituma abanyeshuri biyahura.

Avuga ko kwiyahura ari kimwe mu bibazo bikomereye Kaminuza ya Makerere, aho nibura buri kwezi abanyeshuri biga mu mashami atandukanye biyahura.

Dr Birungi yibutsa ko hari imfu zitabarwa muri izi zirimo iz’abafata ibiyobyabwenge byinshi cyangwa ibinini bagasinzira ntibakanguke, bikavugwa ko bishwe n’umutima.

Dr Caroline Birungi avuga ko abiyahura babiterwa n’impamvu nyinshi zirimo agahinda no gukoresha ibiyobyabwenge

 

2018-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Editorial 06 Jun 2016
Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Editorial 17 Oct 2019
Perezida  KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Editorial 31 Dec 2016
Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba  yimanitse mu giti

Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba yimanitse mu giti

Editorial 13 May 2017
Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Editorial 06 Jun 2016
Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Editorial 17 Oct 2019
Perezida  KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Editorial 31 Dec 2016
Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba  yimanitse mu giti

Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba yimanitse mu giti

Editorial 13 May 2017
Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Editorial 06 Jun 2016
Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Editorial 17 Oct 2019
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Lille
    October 4, 20186:15 pm -

    Uruvuga undi wweeee,ariko ibya Uganda mubishakaho iki? Mwagiye muvuga ibyanyu ko nabyo bihari daaaaa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru