• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo

Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo

Ubwanditsi 18 Oct 2018 ITOHOZA

Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo, asaba ko yarekurwa kubera impamvu zirimo n’indwara y’umugongo n’igifu arwaye.

Muri Costume y’umukara, inkweto z’umukara, ishati ya karokaro yiganjemo umutuku n’indorerwamo z’amaso, Kanyankole, kuri uyu wa Kane yakomeje kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo.

Yari kumwe n’abunganizi be babiri; Me Rukangira Emmanuel na Umuliza Alice.

Akekwaho ibyaha yakoze ayobora BRD, kuva ku wa 3 Nyakanga 2013 kugera mu 2017, byo gufata ibyemezo bishingiye ku itonesha no gusaba no kwakira impano cyangwa indonke.

Ibi byose bibumbiye mu nguzanyo eshatu akekwaho gutanga mu buryo butujuje ibisabwa zose hamwe zikabakaba hafi miliyoni 12 z’amadolari.

Kanyankole yakomeje yisobanura ku nguzanyo yahaye Top Services yakoraga ibyo kugemura amafumbire mu baturage. Ubushinjacyaha buvuga ko iyi kompanyi yahawe miliyoni 8.1 z’amadolari, itatanze ingwate zihwanye nazo ndetse n’izo yatanze zikaba zari zanditse ku yindi sosiyete.

Mu kwiregura Kanyankole yavuze ko ubushinjacyaha bushingira ku nyandiko yahaye Top Services yari ihagarariwe na Mwitende Ladislas, iha icyizere uwari kumuranguza ifumbire ko ‘niyuzuza ibisabwa azahabwa inguzanyo na BRD’ [Commitment Letter], kandi iyi atari yo yemeza ko yahawe inguzanyo.

Ati “Icyemezo cy’inguzanyo yatanzwe ni ibaruwa imenyesha ‘Notification Letter’ y’uwahawe inguzanyo kandi yatanzwe inama y’ubutegetsi yateranye, ntabwo ari ibaruwa itanga icyizere ko wujuje ibisabwa wahabwa inguzanyo natanze kandi nari mbyemerewe.”

Yahakanye itonesha kuri Top Services, avuga ko Mwitende ‘ntitwiganye, ntiduturanye, ntidusangira, twahuriye mu mirimo nari nshinzwe, sinumva itonesha namugirira kuko nasanze ari umukiriya wa BRD sinjye wagiye kumukangurira gukorana na yo ngo mbone uko nzamutonesha’.

Umucamanza yabajije ku ngwate za Top Services zari zanditse kuri Uwimu Ltd, ndetse ziri no ku zindi nguzanyo, Kanyankole asubiza ko hakozwe isuzuma rishyikirizwa inzego zose, rirerekanwa, habazwa ibibazo, byose birasobanurwa dore ko iyi nguzanyo yagombaga kwishyurwa mu mezi atandatu.

Avuga ko Mwitende yaje kugirana ikibazo na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ntibumvikana ku gukoresha inkunga ya ‘Nkunganire’, bituma afungwa, bityo BRD ikurikirana ibigega by’ifumbire biri i Musanze, yandikira ubushinjacyaha hafatirwa konti ze ndetse banumvikana uko azishyura.

Me Umuliza yamwunganiye ko ‘mu gihe umukiriya atabashije kuriha inguzanyo ntabwo ari ikimenyetso cy’uko gutanga inguzanyo byakozwe nabi. Kuba Top service itarabashije kwishyura, ibyo ntabwo Kanyankole yabibazwa, kuko hari uwitwa Nkubiri bayiherewe rimwe, mu buryo bumwe ariko kuko yishyuye neza, ntabwo avugwamo hano.”

Ku nguzanyo yahawe Trust Industries, Kanyankole yavuze ko atatonesheje uru ruganda rukora ibikoresho by’isuku kuko yasanze rumaze guhabwa inguzanyo na BRD inshuro enye. Iyasabwe ahageze yari iya gatanu.

Inguzanyo rwahawe yari yemejwe n’inama y’ubutegetsi bigendeye ku mwanzuro yafashe w’uko BRD iruguramo imigabane ingana na 25%.

Yanavuze ku bikoresho yahawe na Gahima byo kumuvura umugongo n’amadarubindi arimo camera yifashishaga yasuye imishinga ya BRD, asobanura ko uyu mugabo yamusanze muri BRD, akamubaza ngo’ ko mbona usa n’urwaye undi akamubwira ko arwaye umugongo ateganya kujya kwivuza mu Buhinde.’

Ngo bwacyeye Gahima azana Biodisque na Water Tank Jug, abishyira mu biro bya Kanyankole, utarigeze abikoresha kuko atabyizeraga. Nyuma byaje gukurwa mu biro bijya kubikwa kuko byahateraga umwanda.

Kanyankole avuga ko yaje gupfa na Gahima ko yahawe inguzanyo ndetse agacunga nabi ishuri rya Good Harvest and Primary School, bigatuma atishyura bityo BRD ikandikira RDB isaba ko iri shuri rihabwa undi ushoboye kuricunga neza yishyura n’inguzanyo.

Ibi ngo byatumye Gahima avuga ko yamwatse indonke na ruswa ya miliyoni 50 Frw ngo amuhe inguzanyo. Abunganira Kanyankole bongeraho ko amadarubindi atari kunanirwa kuyigurira dore ko agurwa amayero 61.

Yasabye kurekurwa kubera uburwayi

Ubushinjacyaha bwasabye ko Kanyankole afungwa iminsi 30 y’agateganyo kugira ngo hakomeze gukorwa iperereza, adatoroka ubutabera cyangwa agasibanganya ibimenyetso.

Kanyankole yasabye urukiko kumurekura kuko atuye, adashobora gusibanganya ibimenyetso ndetse akaba arwaye umugongo n’igifu.

Ati “Iperereza rimaze umwaka rikorwa nitaba ubugenzacyaha, sinkiri umuyobozi wa BRD ngo nasibanganya ibimenyetso, ndatuye ahantu hazwi ntabwo natoroka. Ikindi ndwaye umugongo n’igifu mfite impapuro za muganga.”

Yakomeje agira ati “Maze imyaka irenga 15 ndi mu micungire y’amafaranga, ntabwo nigeze numva umuntu unshinja ruswa, uretse Gahima, kuko twananiwe kumvikana ku micungire y’uriya mushinga n’imyishyurire y’inguzanyo”.

Kanyankole n’abamwunganira basabye ko hakorwa iperereza hakarebwa inyandiko z’imishinga yahabwaga inama y’ubutegetsi, amasezerano y’ingwate, ay’inguzanyo, iz’ibyemezo by’inama y’ubutegetsi n’iy’ubuyobozi bwite bwa Banki.

Me Rukangira yavuze ko hashize umwaka hakorwa iperereza ariko ntihigeze harebwa ku batanze inguzanyo bose, kuko bidashoboka ko umuntu umwe ari we utanga inguzanyo. Ikindi kandi ngo ntihabajijwe inama y’ubutegetsi.

Ati “Nta mpamvu nimwe yatuma afungwa iminsi 30 kuko nta kimenyetso na kimwe cyatanzwe. Turasanga abo bantu babazwa hagashakwa n’imyanzuro ariko bigakorwa Kanyankole adafunzwe”.

Icyemezo ku ifungwa n’ifungurwa rya Kanyankole kizafatwa kuwa 23/10/2018, Saa Kumi z’umugoroba.

2018-10-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Ubwanditsi 31 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngororero: Umucungamari wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa arenga miliyoni 2,5
Mu Rwanda

Ngororero: Umucungamari wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa arenga miliyoni 2,5

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi
Amakuru

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno
Amakuru

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru