• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

Editorial 13 Nov 2018 POLITIKI

Umuyobozi w’Ishyaka UDPS ritavuga rumwe na Leta ya Congo, Etienne Tshisekedi, hamwe na Vital Kamerhe uyobora UNC bikuye mu masezerano ashyiraho umukandida umwe uzahagararia abatavuga rumwe na Leta mu matora ya Perezida.

Mu Cyumweru gishize nibwo abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na Leta bahuriye i Genève, bemeza Martin Fayulu nk’uzabahagarira mu matora ya Perezida mu Ukuboza uyu mwaka.

Nubwo bari bamaze guhitamo Fayulu, abarwanashyaka ba UDPS n’aba Kamerhe bavuze ko badashobora kuzajya inyuma y’uwo mukandida, mu gihe atari we bahisemo ngo abahagararire.

Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ugushyingo, Tshisekedi yatangarije Radio Top Congo ko yikuye mu masezerano kubera ko abarwanashyaka be batabishaka.

Yagize ati “Sinshobora gukora ibihabanye n’ibyabantoye. Ibyo byaba ari nko gusinyira urupfu rw’umwuga wanjye wa politiki.”

Ibyabaye kuri Tshisekedi ni kimwe n’ibya Vital Kamerhe, Umuyobozi w’Ishyaka UNC riharanira ubumwe bwa Congo.

Itangazo ryemeza Fayulu nk’uzahagararira abatavuga rumwe na Leta rikimara gusohoka ku Cyumweru tariki 11 Ugushyingo, abayoboke ba UNC bagiye mu mihanda basaba umuyobozi wabo kwivana muri ayo masezerano.

Kamerhe yabwiye Radio Top Congo ati “Icyerecyezo cya Politiki yanjye kintegeka kugendera ku busabe bw’abaturage […] Niyo mpamvu ntangaje ko nivanye mu masezerano ngo nubahe ubushake bw’abaturage. Badahari, nakabaye ndi njye nyine ntari no mu ishyaka.”

Icyakora bamwe mu bashyize umukono kuri ayo masezerano barimo Freddy Matungulu na Adolphe Muzito wahoze ari Minisitiri w’Intebe batangaje ko bagishyigikiye Fayulu nkuko Jeune Afrique yabitangaje.

Felix Tshisekedi yavuze ko kutumvira abamutoye byaba ari ugusinyira urupfu rwe muri politiki

2018-11-13
Editorial

IZINDI NKURU

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Editorial 15 Mar 2018
Arusha: Leta y’u Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi

Arusha: Leta y’u Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi

Editorial 24 Oct 2018
Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Editorial 16 Sep 2019
CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

Editorial 11 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu
Amakuru

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Editorial 06 Jun 2024
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda
INKURU NYAMUKURU

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Editorial 01 Aug 2020
Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye
HIRYA NO HINO

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Editorial 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru