• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Ubwanditsi 14 Nov 2018 Mu Rwanda

Depite Hamidou Omar wahoze ari umudepite mu nteko ishinga amategeko yitabye Imana kuri wa kabiri.

Hamidu Omar yabaye intumwa ya rubanda muri leta y’inzibacyubo kuva mu mwaka w’1994 kugeza mu mwaka wa 2007. Yaje gusubira mu nteko mu mwaka 2003 kugeza mu mwaka wa 2013.

Hamidou omar yakorewe isengesho ku musigiti wa Al Fat’ha uzwi nka Onatracom

Hamidou Omar Kiyogoma yavukiye mu mugi wa Kigali, mu karere ka nyarugenge, mu mwaka w’1957. Yize amashuri ye abanza ku ishuri ribanza Intwali, akomereza amashuri yisumbuye muri Group Scolaire Byimana aho yize umwaka umwe, akomereza muri Group scolaire sainte Andre I Nyamirambo,aho yarangije afite amanota meza akomereza muri kaminuza y’u Rwanda (UNR) aho yize Ubutabire.

Yabaye Secretaire Depite muri biro y’inteko ishinga amategeko ubwo Joseph Sebarenzi yari Perezida wayo

Yabaye umukomiseri muri komisiyo y’ivugurura ry’itegekonshinga kuva mu mwaka 2001 kugeza 2002.

Akirangiza kwiga Kaminuza i Butare, Hamidou Omar yabaye umuyobozi w’uruganda rwitwaga SOMIRWA rwacukuraga amabuye yagaciro i Rutongo.

Yabaye kandi umukozi w’icyahoze ari Electrogaz ku Gihira ku Gisenyi.

Ni umwe mu bashinze ishyaka ntangarugero muri Demokarasi PDI mu mwaka w’1991.

Hakizimana Tchale Abdallah mukuru wa Hamidou Omar yabwiye  Itangazamakuru  ko Hamidou Omar yakuze ari umunyabwenge ku buryo aho yize hose yagiye yitwara neza, avuga ko yavuye mu nteko afata ikiruhuko cy’izabukuru, akomeza guhangana n’uburwayiindwara yari amaranye igihe kinini.

Nyuma y’isengesho yashyizwe mu modoka ijyanwamo abitabye Imana

Hamidou Omar yitabye Imana aguye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu mu bitaro bya Kibagabaga, ari naho yari atuye, azize indwara zirimo umutima na Diyabete, yari afite imyaka 61,asize umugore n’abana 5.

Yashyinguwe kuri uyu wa gatatu mu irimbi ry’I Nyamirambo, ahari na bamwe mu barwandashyaka ba PDI brangajwe imbere na Perezida w’iri shyaka akaba na Visi perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite Sheikh Mussa Fazil Harelimana na Visi perezida waryo Mukama Abbas.

Yasengewe ku musigiti wa Al fat’ha uzwi ku izina rya Onatracom

Sheikh Mussa Fazil Harelimana Visi perezida w’inteko ishinga amategeko hamwe na Mukama Abbas bombi b’abayobozi ba PDI

Yururutswa mu mva

Ubusabe bwa nyuma, Hamidou Omar yasabiwe ku irimbi ry’i Nyamirambo

2018-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Ubwanditsi 13 Dec 2021
Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Ubwanditsi 15 Aug 2025
Ubutegetsi mu Burundi ngo Abanyarwanda babiba ibishyimbo

Ubutegetsi mu Burundi ngo Abanyarwanda babiba ibishyimbo

Ubwanditsi 13 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira  yiyoberanyije
ITOHOZA

Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira yiyoberanyije

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Ubwanditsi 08 Aug 2019
PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo
Mu Rwanda

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru