• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira yiyoberanyije

Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira yiyoberanyije

Ubwanditsi 27 Dec 2016 ITOHOZA

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 25 Ukuboza 2016, ku munsi wizihizwagaho Noheli, i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali habereye impanuka bamwe bemeza ko yari yapanzwe, imodoka y’ikigo cy’igihugu cy’imfungwa n’abagororwa (RCS) ikaba yagonze umuntu ikamwica, uwari uyitwaye akaba yafashwe kuri uyu wa Mbere agerageza gusibanganya ibimenyetso.

Ikinyamakuru Ukwezi dukesha iyi nkuru kivuga ko bamwe mu babonye iyi mpanuka iba, babatangarije ko uburyo impanuka yabayemo bwatumye bakeka ko hari ikindi kibyihishe inyuma. Umwe muri bo byabaye abireba, avuga ko iyi modoka yagonze uwo mugabo ntahite apfa ariko uwari uyitwaye akongera agasubira inyuma akamugonga kugeza ashizemo umwuka.

Iyi mpanuka yabaye mu masaha ya saa tanu z’ijoro, yagongewemo umugabo w’umukongomani wari umubaji ahita apfa, abamuzi bazi n’aho yakoreraga bakavuga ko bishoboka ko yaba yaragambaniwe n’umwe mu bantu yakoreye ibikoresho nyuma bakaza kugirana ibibazo.

Nyuma yo kugonga umuntu agahita acika, mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Ukuboza 2016, nibwo Polisi y’u Rwanda yasanze iyi modoka mu rugo ahantu i Nyamirambo aho uwari uyitwaye yagerageje kujijisha asibanganya ibimenyetso nk’uko byemejwe na CIP Emmanuel Kabanda, umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda.

-5174.jpg

CIP Emmanuel Kabanda avuga ko imodoka bayisanganye n’ibimenyetso by’uko yagonze , avuga ko ntabyinshi kuri iyi mpanuka yatangaza kuko iperereza ryatangiye ngo hamenyekane ukuri kwabyo. Iyi modoka ifite ibirango GR 531 D.

Source : Ukwezi.com

2016-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Umuyobozi w’abarinda Gen. Mudacumura wa FDLR yatawe muri yombi

Uko Umuyobozi w’abarinda Gen. Mudacumura wa FDLR yatawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Ubwanditsi 20 Jul 2019
Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Ubwanditsi 01 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un
POLITIKI

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 13 Feb 2025
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)
Amakuru

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 19 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru