• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane
Ambasaderi w'u Rwanda muri Afurika y'Epfo, Karega Vincent ni we wakiriye igihembo cyagenewe Perezida Kagame

Perezida Kagame aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Ubwanditsi 03 Dec 2018 UBUKUNGU

Ibi ni ibihembo bigenerwa abayobozi mu bya politiki n’ubucuruzi bizwi nka ‘All Africa Business Leaders Awards, AABLA.’

Ibihembo by’umwaka wa 2018 byatangiwe mu Mujyi wa Gauteng muri Afurika y’Epfo, byatanzwe ku bufatanye na CNBC Africa.

Nk’uko abateguye ibi bihembo babitangaje, “Igihembo cy’umunyafurika w’umwaka cyagenewe Perezida Paul Kagame, akazagaragara ku kinyamakuru cya Forbes Africa cya Ukuboza na Mutarama.”

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’umwanditsi mukuru wa Forbes Africa, Renuka Methil, yatangaje abo atuye iki gihembo gihabwa abantu bari mu myanya ifatirwamo ibyemezo bagize uruhare mu kuzana impinduka mu bukungu bwa Afurika, kandi bagaragaza ubushobozi bwihariye mu bikorwa by’ubucuruzi muri iki gihe.

Umukuru w’Igihugu mbere na mbere yashimiye abanyarwanda bamufasha buri munsi, yemeza ko ari bo batuma agera kuri byinshi kuko ngo wenyine ntacyo yageraho.

Ati “Ku ruhande rumwe ni abaturage b’igihugu cyanjye, abanyarwanda, baranshimisha kandi bakantera ishema ko ibyo tugerageje gukora dufatanyije bigenda neza kurusha n’uko nabiteganyaga, ibi tukabikora twongera kubaka igihugu cyacu kandi ubu kirimo gutera imbere. Ntacyo nashobora kugeraho njyenyine tudafatanyije”.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko iki gihembo kigaragaza ko hari ibyo umugabane wa Afurika wagezeho mu nzego zitandukanye, ari ho n’iterambere ry’u Rwanda rigaragarira.

Ati “Icyo nshaka kuvuga ni uko atari twe twenyine dutera imbere, ahubwo ndashaka kuzirikana n’ibyo ibindi bihugu bya Afurika byagezeho”.

Yakomeje ashimira abatekereje gushyiraho iki gihembo kuko ari uburyo bwo kuvuga amakuru ya Afurika ndetse no gutuma abanyafurika bavuga ibyabo bityo bigashimangira ko iterambere ry’umugabane rinagendana no kuvuga ibyawo.

Perezida Kagame by’umwihariko yashimiye CNBC na Forbes Africa, bamutekereje bamugenera igihembo abizeza kubashyigikira.

Mu myaka ishize Perezida Kagame ayoboye u Rwanda, ubukungu bwarwo bwakomeje kuzamuka cyane ndetse muri uyu mwaka nk’Umuyobozi wa Afurika yunze ubumwe, yabaye ku ruhembe rw’amavugurura muri uyu muryango yagejeje ku kwemezwa kw’isoko rusange nyafurika n’ibindi.

Mu mwaka wa 2017-2018 kandi ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 8.9% mu gihe nko mu 2016-2017 bwari bwazamutse ku mpuzandengo ya 3.4%.

Mu bindi bihembo byatanzwe, icy’uwageze ku bintu by’indashyikirwa mu buzima bwe cyagenewe Sol Kerzner, umunyafurika y’Epfo w’imyaka 83 ufite ibigo nka Kerzner International Limited, Sun International, Southern Sun Hotel Group.

Uwahawe igihembo cy’umugiraneza w’umwaka ni Sir Donald Gordon, washinze ikigo Liberty Group SA. Ikigo cy’umwaka muri Afurika cyabaye Ethiopian Airlines, mu gihe umuyobozi w’ikigo cy’ubucuruzi w’umwaka yabaye Peter Mountford, Umuyobozi Mukuru wa Super Group yo muri Afurika y’Epfo.

2018-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Oct 2019
Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Jan 2020
U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Ubwanditsi 14 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600
Mu Mahanga

Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600

Ubwanditsi 09 Sep 2016
Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Ubwanditsi 30 Aug 2025
Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.
Mu Rwanda

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru