• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubwoba ni bwose mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Lusenda

Ubwoba ni bwose mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Lusenda

Ubwanditsi 04 Dec 2018 Mu Mahanga

Impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Lusenda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatewe ubwoba n’imirwano y’inyeshyamba za Mai-Mai n’ingabo za Leta (FARDC).

Umuvugizi w’izi mpunzi, Niyibizi Faustin, avuga ko imirwano yabaye mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki ya 3 Ukuboza 2018, mu gasanteri ku bucuruzi ka Mboko, biba ngombwa ko ibikorwa by’ubucuruzi bihagarara ndetse n’amashuri mu nkambi ya Lusenda arafungwa.

Ku ruhande rw’ingabo za Leta ya Congo, umuvugizi wazo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Capt Kaseleka Dieudonne avuga ko FARDC yakozanyijeho n’inyeshyamba za Mai-Mai/Yakutumba, FNL iyobowe na Nzabampema ndetse na Mai Mai ya Sheikh Hassan, zayigabyeho ibitero i Mboko, muri Segiteri Tanganyika.

Nk’uko SOS/Burundi ibitangaza, uyu muvugizi w’ingabo ngo yemeje ko umusirikare umwe n’inyeshyamba ebyiri basize ubuzima muri iyi mirwano.

N’ubwo izi mpunzi zihangayikishijwe n’iyi mirwano yabereye hafi y’inkambi zirimo, zinatangaza ko zibayeho mu buzima bugoye nyuma y’aho ibizitunga byaturukaga muri Uvira bihagaze.

Mu kwezi k’ Ukwakira uyu mwaka, nabwo izi mpunzi zagaragaje ubwoba ziterwa n’uko ziri mu gace gakunze kubamo umutekano muke.

Ikinyamakuru Iwacu cy’i Burundi, kiganira na bamwe muri izi mpunzi, bagize bati ‘Dufite umutekano muke kandi n’imitima yacu igahora ihagaze, nijoro tuba twihebye,… turarembye kandi tumaze kurambirwa ubu buzima, twifuza ko twashyirwa ahatekanye.

Inkambi ya Lusenda iherereye muri Teritwari ya Fizi, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikaba irimo impunzi zisaga ibihumbi 30 z’abarundi, zagiye zihunga igihugu mu bihe bitandukanye.

2018-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huye:Polisi y’u Rwanda  iributsa  akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Huye:Polisi y’u Rwanda iributsa akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Ubwanditsi 12 May 2016
I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Umuhanda wa kaburimbo wari utegerejwe cyane muri Ndera watangiye gukorwa

Umuhanda wa kaburimbo wari utegerejwe cyane muri Ndera watangiye gukorwa

Ubwanditsi 03 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rtd. Capt. Safari Patrick Arishinganisha Nyuma Yo Gutanga Amakuru Y’ibyagwiririye Urugo Rwe [ VIDEO ]
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Rtd. Capt. Safari Patrick Arishinganisha Nyuma Yo Gutanga Amakuru Y’ibyagwiririye Urugo Rwe [ VIDEO ]

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho
POLITIKI

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Ubwanditsi 24 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru