• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018
P

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Ubwanditsi 13 Dec 2018 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, kuri uyu wa Gatatu cyatangaje ko mu gihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wazamutse ku rugero rwa 7.7%, aho wari ufite agaciro ka miliyari 2.062 Frw zivuye kuri miliyari 1.927 Frw mu gihembwe nk’iki cya 2017.

Uku kwiyongera kwatewe ahanini n’umusaruro w’ubuhinzi wazamutse ku ku rugero rwa 5%, umusaruro w’inganda uzamuka ku 12%, naho umusaruro w’urwego rwa serivisi uzamuka ku rugero rwa 7%.

Kuri uyu wa Gatatu ubwo Umuyobozi wa NISR, Murangwa Yusuf, yatangazaga umusaruro mbumbe w’u Rwanda muri Nyakanga- Nzeri 2018, yavuze ko ubukungu buhagaze neza ugereranyije n’umwaka ushize kuko uyu munsi ubwubatsi n’ubucuruzi budandaza bihagaze neza ugereranyije n’icyo gihe.

Ati “Muri rusange tubona ubukungu buhagaze neza kuzamuka 7.7%, muri iki gihembwe dukurikije uko byari bimeze umwaka ushize, ubukungu bwari bwaragabanutse buzamuka ku gipimo cyo hasi, ubungubu tukaba tubona ko ibyatumye umwaka ushize cyane cyane ubwubatsi, ubucuruzi budandaza n’ubucuruzi buranguza byarazamukaga gahoro cyane, ubungubu bikaba bizamuka neza”.

Umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wiyongereye ku rugero rwa 3% uw’ibihingwa ngengabukungu uzamukaho 6% bitewe ahanini n’ubuhinzi bw’icyayi bwazamutseho 21% n’ikawa igabanukaho 1%.

Izamuka ry’umusaruro w’inganda ryatewe n’ubwiyongere bw’umusaruro w’icyiciro cy’inganda zitunganya ibintu binyuranye wiyongereyeho ku rugero rwa 12%, ndetse n’uw’ibikorwa by’ubwubatsi wiyongereyeho 17% hamwe n’uw’inganda zitunganya ibintu bitandukanye wazamutse ku rugero rwa 10%.

Umusaruro w’inganda zitunganya ibinyobwa wazamutse ku rugero rwa 15%, mu gihe uw’izitunganya ibikoresho by’ubwubatsi bikoze mu byuma wazamutse ku rugero rwa 42% naho uw’inganda zikora imyenda n’ibikomoka ku mpu uzamuka ku rugero rwa 17%.

Umusaruro w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri wazamutse ku rugero rwa 7%. Izamuka ry’umusaruro wa serivisi ryatewe n’izamuka ry’umusaruro ukomoka ku bucuruzi buranguza n’ubudandaza wiyongereyeho ku rugero rwa 12%, serivisi z’ubwikorezi zazamutseho 17% bitewe n’izamuka ry’umusaruro w’ubwikorezi bwo mu kirere wazamutse ku rugero rwa 32%.

Umusaruro w’ibikorwa by’itumanaho wazamutse ku rugero rwa 17%, uwa serivisi by’ibigo by’imari n’ubwishingizi uzamukaho 8%, naho uw’amahoteli na resitora uzamukaho 13%.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko izamuka ry’ubukungu mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka ryari 10.6%, mu cya kabiri riba 6.7% none mu cya gatatu rikaba ari 7.7% byerekana ko intego y’uko ubukungu buzazamukaho 7.2% ku mwaka izagerwaho.

2018-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Ubwanditsi 11 May 2017
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubwanditsi 02 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?
Amakuru

Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Ubwanditsi 31 Dec 2020
Urugo rwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila  rwatwitswe i Bukavu
INKURU NYAMUKURU

Urugo rwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila rwatwitswe i Bukavu

Ubwanditsi 26 Dec 2017
U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa
ITOHOZA

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru