• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Ubwanditsi 09 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Pierre Nkurunziza w’igihugu cy’u Burundi, ntavuga rumwe n’umugore we Denise Nkurunziza ku bijyanye n’ubwicanyi bubera muri iki gihugu dore ko umugore ashimangira ibyaha ndengakamere bihabera mu gihe umugabo we atangaza ko umutekano ari wose. Uyu mugore, ngo yaneretswe abantu bihishe inyuma y’ibyo bikorwa by’ubwicanyi.

Ubwo Perezida Nkurunziza yagezaga ku baturage be ijambo yabageneye mu mpera z’umwaka ushize wa 2018, yavuze ko umutekano ari wose mu gihugu ayobora ndetse asaba impunzi zahungiye mu bihugu nk’u Rwanda na Tanzania ko zataha kuko ituze n’amahoro bitemba mu Burundi. Perezida Nkurunziza yagaragaje ko amakuru avuga iby’ubwicanyi bubera mu Burundi ari ibihuha bidafite ishingiro.

Ikinyamakuru La Libre Belgique cyo mu Bubiligi, cyatangaje ko Perezida Nkurunziza avuguruzanya n’umugore we Denise Nkurunziza ku bijyanye n’ubwicanyi bubera mu Burundi, kuko uyu mugore aherutse kuvuga ko yaneretswe ababikora akanabasabira imbabazi ku Mana.

Ubwo yari mu masengesho, Denise Nkurunziza yavuze ko mu Burundi hari ibikorwa byinshi by’ubwicanyi, anongeraho ko Imana yamuhishuriye amazina y’ababikora. Yanashimangiye ko atakambira Imana mu mwanya wabo kugirango ibababarire ibyo byaha byo kuvutsa rubanda ubuzima, amahoro n’umudendezo.

Denise Nkurunziza kandi ati: “Imana yanyeretse n’abakire bakomeza kongera ubukire bwabo babikesha kunyaga abakene ibyabo, inanyereka ubwirasi n’ubwishongozi bwa bamwe mu bayobozi bakuru muri Guverinoma y’u Burundi.”

Ibyo aba bombi batangaje bishimangira kuvuguruzanya ariko ibyatangajwe na Denise Nkurunziza nibyo bihuye n’ibikomeza gutangazwa n’Imiryango mpuzamahanga irengera uburenganzira bwa muntu ndetse na bimwe mu binyamakuru mpuzamahanga bigaragaza ko mu Burundi hari ubwicanyi bukorerwa ahanini abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza.

Uku kuvuguruzanya gukomeje gutuma umuvugizi wa Perezida Nkurunziza w’u Burundi, Jean Claude Karerwa Ndenzako, akomeje gushoza intambara y’amagambo n’umuyobozi mukuru wa Radiyo RPA (Radio Publique Africaine), Bob Rugurika n’abandi ku mbuga nkoranyambaga, ahakana ubwicanyi n’ibindi byaha bashinja Leta.

Ku wa 31 Ukuboza 2018, abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Jean Claude yatangaje ubutumwa mw’izina rya Perezida Nkurunziza, bugira buti “Umwaka wa 2019 ni umwaka w’Urugendo rushya ruzatugeza ku masezerano Imana ishobora byose yasezeranyiye u Burundi n’Abarundi”.

Ubu butumwa bamwe mu batavuga rumwe na Leta y’u Burundi babusamiye hejuru, bagira icyo babuvugaho bashimangira ko Leta yihisha inyuma y’amasengesho igakora ibyaha birimo ubwicanyi.

Bob Rugurika yagize ati “Igihugu cyabaye indiri y’imyuka mibi y’ubwicanyi, ubujura, amacakubiri, abana b’u Burundi birirwa batangwaho ibitambo, ababyeyi, ibibondo, mwirirwa mushimuta. Wabonye urutonde rwa kampagne Ndondeza? Bariya bantu mubashyira he?

Yakomeje agira ati “Bwana Karerwa, mu byo mugomba kuzirikana iminsi yose na hose, izina ry’Imana ntirikinishwa. Na cyane cyane mu bikorwa bigayitse by’ubwicanyi n’ayandi mahano. Ku bwanjye, mwaba muvuga iyindi Mana”

Nyuma y’ibi, umuvugizi wa Nkurunziza na we yahise asubiza Bob, agira ati “Tuzirikana cyane ko Imana idakinishwa kuko yadukuye ahabi. Ihita iducira icyanzu umwanzi aducira icyobo. Ni cyo cyatumye tuyisubiza agaciro yahoranye cyera igihe bavugaga ngo “Imana, Umwami, u Burundi. Abakinisha Imana babage bifashe”.

Jean Claude Ndenzako Karerwa, Umuvugizi wa leta y’u Burundi

Ku bwa Bob, avuga ko Imana nyayo ari iyamukuye muri gereza i Burundi atishwe, ati “Sha iyo itaba Imana nya Mana bari bandiye. Ibaze kuba barahise birukana na Diregiteri wa gereza ngo ntiyantanze ngo banyice, na we atazi uburyo Imana yankingiye”.

Kuva mu mwaka wa 2015, Raporo z’inzobere za Loni zagiye zishinja Leta y’u Burundi ubwicanyi, mu mpera z’umwaka ushize BBC isohora filimi mbarankuru igaragaza ubwicanyi bukorwa mu Burundi. Ku ruhande rwa Leta ikaba yaragiye itera utwatsi ibyo byegeranyo biyishinja ubwicanyi, igashimangira ko ari abayirwanya bakoresha ababisohora.

2019-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019
RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Ubwanditsi 07 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza
Mu Mahanga

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Umunyamideri Bashabe Kate wigeze kuba Miss wa Mtn mu Rwanda afunzwe azira gukubita no gukomeretsa
IMIKINO

Umunyamideri Bashabe Kate wigeze kuba Miss wa Mtn mu Rwanda afunzwe azira gukubita no gukomeretsa

Ubwanditsi 05 Jul 2016
POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0
Mu Mahanga

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru