• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen Kabarebe avuga ko Kayumba yananiranywe na RPF kuko yifuzaga gusahura no kwica

Gen Kabarebe avuga ko Kayumba yananiranywe na RPF kuko yifuzaga gusahura no kwica

Ubwanditsi 04 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano aravuga ko Kayumba Nyamwasa, FDLR cyangwa Sankara nta kibazo na kimwe bateje u Rwanda.

Avuga ko aba bose “bameze nk’inzuki cyangwa inzukira ziduhera ku gutwi k’umuntu ariko zikaba zidashobora kumudwinga”.

Gen James Kabarebe wabaye Minisitiri w’Ingabo, yabitangaje ubwo yaganiraga n’abahagarariye urubyiruko mu turere no mu mashuri makuru kuri uyu wa gatatu tariki 03 Mata 2019 i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Yasobanuye ko Kayumba Nyamwasa ari mu bananiwe gukomeza urugendo rw’Umuryango FPR Inkotanyi bitewe n’uko ngo yifuzaga gusahura no kwica, nk’aho “yari yarikubiye amahegitare y’amasambu mu Mutara”.

Gen Kabarebe avuga ko umuryango FPR Inkotanyi wagiye usakuma abantu benshi ariko na none ngo hakavamo benshi bananiwe kwihangana nkuko KT ibitangaza.

Avuga ko Sankara atazi uwo ari we, icyakora ngo amuziho kuba ari umutekamutwe w’urubyiruko uri ahantu runaka, akaba “yarabanje kwiga i Butare bikamunanira, ajyana na Kayumba, aza gushwana na we ngo biturutse ku mafaranga y’imisanzu”.

Amakuru ngo yageze kuri Gen Kabarebe ko uwo Sankara yabanje kwiyunga n’uwitwa Marara “wari umusirikare w’u Rwanda muto”, nyuma bakaza gushwana kubera ko Sankara ari uwacitse ku icumu rya Jenoside, Marara akaba Umugande.

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika akomeza agira ati “Ubu Sankara ari kumwe na Rusesabagina ariko na bo ejo muzumva bashwanye,…erega izi ‘forces’ zose ikiba cyaratumye batekereza nabi, kibagumamo bakirya bakimara batageze ku cyo bashaka gukora”.

Avuga ko FDLR na yo kuri ubu ngo imaze gucikamo ibice bibiri, aho Abanyenduga bamaze kwitandukanya n’Abakiga.

Gen Kabarebe akomeza agira ati “Aba rero sinzi icyo bahagarariye, sinzi intego bafite, nta n’ikibazo na kimwe baduteje, muzi uruyuki kuguma ruza ntirukudwinge, ariko rukaguma ku gutwi ruduhera!”.

“Abo ni nk’inzukira ziguma ziduhera, ukaguma uhungura ku gutwi gusa,…rero muve ku nzukira ntizibateshe umwanya, ahubwo nimwubake igihugu”.

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika ni umwe mu bayobozi baganirije abahagarariye urubyiruko, abasaba kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Src : KT

2019-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha

Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Ubwanditsi 07 Jun 2022
RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

Ubwanditsi 20 Oct 2019
Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Ubwanditsi 20 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese waba ukunda kwambara impete ku ntoki zitandukanye? Dore ubusobanuro bwazo bitewe n’urutoki uyambayeho
HIRYA NO HINO

Ese waba ukunda kwambara impete ku ntoki zitandukanye? Dore ubusobanuro bwazo bitewe n’urutoki uyambayeho

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Uruzinduko rwa Perezida wa  Afurika y’epfo mu Rwanda rwaba rubaye urufunguzo rw’igaruka ry’imibanire myiza n’u Rwanda?
INKURU NYAMUKURU

Uruzinduko rwa Perezida wa  Afurika y’epfo mu Rwanda rwaba rubaye urufunguzo rw’igaruka ry’imibanire myiza n’u Rwanda?

Ubwanditsi 20 Mar 2018
U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite
IMIKINO

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

Ubwanditsi 15 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru