• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Apr 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abacuruza ibiyobyabwenge byambukiranya imipaka ihuza u Rwanda na Uganda bo mu karere ka Nyagatare, bavuga ko badashobora kureka ubwo bucuruzi butemewe, ahubwo bahitamo gutanga ruswa harimo n’iyi gitsina kuko bwunguka amafaranga menshi.

Uwase Ruth, umwe mubambutsa bakanacuruza kanyanga, mu Murenge wa Matimba, Akagari ka Rwentanga, yavuze ko bisigaye bikomeye kwinjiza mu Rwanda ibiyobyabwenge kuko inzego z’umutekano zabaye nyinshi cyane ku cyambu cyo ku mpande zombi.

Abasirikare ngo ni benshi cyane haba Uganda, usanga bariho bagenda ku nkengero z’amazi ndetse n’u Rwanda bari aho hafi mu misozi ku buryo bigoranye kugira icyo wambutsa unyuze mu mazi.

Uwo mugore twahaye amazina mpimbano avuga ko ku ruhande rwa Uganda nta kibazo kuko babaha ruswa y’amafaranga abandi bakabaha iyi gitsina ku bari n’abategarugore.

Ati” nk’ejo bundi nageze mu rugando mvuye Kamwezi ho mu gihugu cya Uganda, intara ya Ntungamo, mvuye  kuyizana mpura n’abasirikare baramfata umwafande wabo ufite ipeti rya kapiteni ajya ku ruhande ahantu bafite akazu ka burende ambwira ko ngomba kuryamana nawe, ndamuha, abwira abasirikare be ko bamperekeza hamwe n’uwari antwaje bangeza ku mazi y’icyambu  mpita niyambukira, kuko nari nasize abasore bange twita abamarine bantegereje nahise nambuka nta kibazo n’ubu niyo mfite ndacyapanga uko nzasubirayo.

Akomeza avuga ko afande yamubwiye ko nasanga agihari nta kibazo azajya amutambutsa kuko bazajya babanza gukora ibyo bakora (kumusambanya)  yarangiza akambuka nta kibazo.

Gutanga ruswa mu Rwanda ntibyoroshye

Ndushabandi Robert utuye mu kagari ka Nyabwishongwezi avuga ko yabaho nta bundi bucurizi yari yakora atari ubwa kanyanga, kuko bwihuta kandi bukunguka kuko litiro 20 arangura amafaranga ibihumbi 40 avanamo asaga ibihumbi 200 kandi mu gihe kiri hagati y’icyumweru kimwe na bibiri.

Robert ati “ikiduhangayikishije ni aba basirikare baraha kuko bo ntiwabaha ruswa ngo ubashobore bose, kandi no kuvugana nabo ntibyoroshye, cyane ko badasabana n’abaturage.”

Uwase nawe yunga mu rya Ndushabandi avuga ko ikibazo mu bucuruzi bw’abo kiri mu ruhande rw’u Rwanda. Ati: “Ikitugoye ni ukugera hano mu Rwanda kuko guha ruswa abasirikare bitoroshye keretse iyo usanze ari umwe nabwo w’umwana mwiza; kandi nabwo araguhenda.”

Ndushabandi  avuga ko iyo bagize Imana kanyanga yabo ikagera ku butaka bw’u Rwanda biba birangiye kuko ayijyana akayitaba mwisambu ye, mu rugo akahatwara nkeya nayo akayitaba mu gikoni,  yarangiza akahashyira amashyiga n’ivu ku buryo utarabukwa. Ngo n’iyo polisi ije irasaka naho ikahegera ariko ntigire icyo ibona, keretse igihe umukuru w’igihugu yendaga kuhaza nibwo abasirikare bazanye ibwa zisaka zo zahitaga ziyivumbura. Uwagize amahirwe ni   uwabaga afite uwe akamubwira kare kugira ngo ayijyane mu isambu nayo.

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abo bacuruza ibiyobyabwenge

Umunyamabanga nshigwabikorwa w’Umurenge wa Matimba Karangwa Edward  yemera ko ikiyobyabwenge cya Kanyanga n’izindi nzoga zitemewe mu Rwanda ari ikibazo mu Murenge ayobora kandi bigoye ko gicika.

Impamvu atanga ngo ni uko asanga  hari ubushake buke bwa bamwe mu baturage, n’abayobozi b’Imidugudu na Daso  badatanga amakuru ahubwo nabo bakajya muri ibyo bikorwa byo kwambutsa ibiyobyabwenge ku buryo kumenya amakuru bigorana kuko babahishira.

Cyakora akomeza  yerekana ko bamwe mu bakora ubwo bucuruzi bwambukiranya imipaka butemewe bakurikiranwa n’inzego z’umutekano. Ati “ibyaha bisaga 125 muri uyu Murenge byabaregwaga gucuruza Kanyanga n’izindi nzoga zitemewe mu Rwanda byose RIB yabishyikirije ubugenzacyaha barimo kubakurikirana, cyane ko hari abafashwe abandi bakaba baratorokeye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda”.

Akagari ka Rwentanga

Ikindi ngo uwo murenge ashinzwe kuyobora ni wo uhana imbibi n’Intara ya Ntungamo yo mu gihugu cya Uganda, cyane ko usanga byoroshye kubyambutsa kuko ababicuruza babinyuza mu mazi, ku buryo kugira ngo inzego z’umutekano zibafate biba bigoranye, dore ko hafi Akarere kose ka Nyagatare kazengurutswe n’igihugu cya Uganda ndetse na Tanzaniya igice kimwe, bityo rero kwinjiza ibintu bitemewe n’amategeko byorohera ababikora.

Imwe munzira zinyuzwamo ibiyobyabwenge, ikibaya cyo kucyambu Nyabwishongwezi

Karangwa akomeza avuga ko Umurenge washyizeho amashyirahamwe y’abantu bacuruzaga ibiyobyabwenge ukabashakira ibyo bakora bindi mu rwengo rwo kubirwanya kugira ngo bicike burundu nubwo bitoroshye, kuko bibaha amafaranga menshi, kandi ahita aboneka vuba cyane. Ngo abenshi babinyuza mu Murenge wa Matimba bikajya mu zindi ntara n’umugi wa Kigali.

Gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge bihanishwa n’amategeko

Ingingo ya 263 yo mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha yerekana ko ” Umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo aribwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha.

Umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora ibikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) cyangwa imirimo y’inyungu rusange.”

Ku bakora ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge bo, ibihano biraremereye kuko iyo babihamijwe n’urukiko bashobora gutanga izahabu y’amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya miliyoni eshanu (5.000.000 frws)  na mirongo itanu (50.000.000frws)  n’igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi (7) n’icya burundu. Biterwa n’ubwoko bw’ikiyobyabwenge ndetse n’uwo babikoreye.

Safi Nkongori Emmanuel

2019-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Ubwanditsi 11 Apr 2020
Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho  muri Rushyashya

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho muri Rushyashya

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira

Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira

Ubwanditsi 01 May 2017
Umubonano wa Gen. Mujyambere na Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo usize FDLR icitsemo ibice bibiri

Umubonano wa Gen. Mujyambere na Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo usize FDLR icitsemo ibice bibiri

Ubwanditsi 07 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere
Mu Rwanda

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Ubwanditsi 12 Aug 2017
Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje  Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi
Mu Rwanda

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017
Isi ikomeje kubabana nto: Umujenosideri Eric Tabaro Nshimiye yafatiwe muri Amerika
Amakuru

Isi ikomeje kubabana nto: Umujenosideri Eric Tabaro Nshimiye yafatiwe muri Amerika

Ubwanditsi 22 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru