• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Editorial 30 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yababariye uwari umuyobozi mukuru (CEO) wa MTN, Wim Vanhelleputte, ahita anategeka ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka kumukura ku rutonde rw’abatemerewe kwinjira muri Uganda.

Ibaruwa yavuye mu biro bya minisitiri w’ibibazo by’imbere mu gihugu yohererejwe Umuyobozi w’ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, ikinyamakuru The East African cyaboneye kopi, itegeka ko uyu mugabo ukomoka mu Bubiligi akwiye kwemererwa gusubira I Kampala.

Uyu akaba yari aherutse kwirukanwa mu nkubiri yanyuze muri MTN yasize yirukanishije abakozi bakuru b’Abanyamahanga barimo n’Umunyarwandakazi, Annie Tabura Bilenge.

Umubiligi Wim Vanhelleputte wirukanwe muri Gashyantare ashinjwa kubangamira umutekano wa Uganda, byitezwe ko asubira muri Uganda kuru uyu Kane.

Ese Museveni yaba yatangiye kubona ukuri  cyangwa  yaba amaze kubona ko ibyemezo afata huti  huti yihishe inyuma y’u Rwanda bizamugiraho ingaruka adashobora kwirengera.

Bivugwa ko ibyemezo Museveni afata agiriwemo inama n’inzego ze z’umutekano bizamuta ku gasi, none akaba ashobora kuba atangiye kwisubiraho kuko Politiki y’urwango afitiye igihugu gituranyi [ Rwanda] yamurenze bigatuma ahubuka, yabonye  ko ibyo yishoramo bitazamugwa amahoro.

Wim Vanhelleputte

Gusubira muri Uganda gutunguranye kwa Vanhelleputte, gushobora gushyira abakuru b’inzego z’umutekano mu bibazo nyuma y’aho iperereza ritandukanye ryakozwe rimugize umwere.

Ibi kandi  biragaragaza gusubiza ibintu mu buryo hagati ya Uganda n’iki kigo cy’itumanaho cyo muri Afurika y’Epfo, abayobozi bacyo bakuru bagiye bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Hagati aho abantu bavuganye na Rushyashya baracyahanze amaso ikindi cyemezo  cya Museveni, gitegereje abandi bayobozi ba MTN bari birukanwe, barenganywa na CMI. Umufaransa wari ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza, Olivier Prentout, Umunyarwandakazi, Annie Bilenge Tabura, wari ushinzwe ubucuruzi n’Umutaliyanikazi ufite n’ubwenegihugu bw’u Bufaransa, Elsa Muzzolini.

Olivier Prentout n’ Umunyarwandakazi, Annie Bilenge Tabura.

Ni mu gihe ariko Vanhelleputte agomba gusubira mu mwanya we kugeza ubu wari utarashyirwamo undi muntu.

2019-05-30
Editorial

IZINDI NKURU

Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Editorial 23 Dec 2016
Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Editorial 23 Sep 2019
Intambara ikomeye  hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Editorial 30 Jan 2017
Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Editorial 03 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup
Amakuru

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Editorial 12 Sep 2023
Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 01 Feb 2016
Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2
ITOHOZA

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Editorial 26 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru