• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Editorial 23 Jul 2019 UBUKUNGU

Mohamed Lemine Raghani, Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, ku mugabane wa Afurika ushinzwe ibihugu 24, yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ku iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

IMF ni umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda. Iki kigega gitera inkunga imirongo migari y’ubukungu bwa za Leta.

Ifasha u Rwanda gucunga ubukungu bw’igihugu cyane cyane mu bijyanye no gucunga ifaranga, kuzamura ubukungu bitabangamiye ibiciro ku masoko n’ibindi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente na Raghani baganiriye kuri uyu wa Kabiri, kuri gahunda nshya iteza imbere ubukungu bw’u Rwanda yemejwe na IMF muri Kamena uyu mwaka.

Yavuze ko icyo kigega kujya kwemera gahunda nshya izageza mu 2022, habanje gusuzuma iyari irangiye y’imyaka itatu bagasanga yarafashije ubukungu bw’u Rwanda kuzamuka.

Ati “ Byagaragaye ko twayishyize mu bikorwa mu buryo bw’intangarugero. Bishimira ko ubukungu bwacu buzamuka ku gipimo cyo hejuru , bakishimira uburyo tugerageza gucunga agaciro k’ifaranga n’ibiciro kuko twumvikana ko katarenza 5 % kandi turi hasi cyane nka 1 %. Bishimira uburyo tugerageza kuzamura umusaruro uturuka imbere mu gihugu binyuze mu misoro cyangwa mu bundi buryo n’uko tugenda twihaza mu ngengo y’imari.”

Umuyobozi wa IMF mu bihugu 24 bya Afurika, Mohamed Lemine Raghani yavuze ko ari iby’agaciro kuba yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bakaganira ku iterambere ry’ubukungu.

Raghani yavuze ko IMF ifitiye icyizere u Rwanda ariyo mpamvu yemeje gahunda nshya y’imikoranire igamije kurushaho guteza imbere ubukungu.

Ati “IMF yashimye imikorere y’u Rwanda mu myaka ishize, igaragaza ko ifitiye icyizere abayobozi bu Rwanda. Twanaganiriye uburyo twarushaho kurengera inyungu z’u Rwanda birushijeho. Byari ibiganiro byiza kandi nahawe n’inama na Minisitiri w’Intebe ku buryo bwiza twagera ku ntego twihaye.”

Ubukungu bw’u Rwanda umwaka ushize bwiyongereye ku gipimo cya 7.2 %, uyu mwaka bukaziyongera ku gipimo cya 7.8%.

Muri gahunda y’imikoranire hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na IMF mu myaka itatu iri imbere, harimo no gukomeza kuzamura ubushobozi bw’imbere kugira ngo imyenda iva hanze igabanyuke.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi itangaza ko amadeni y’u Rwanda ava hanze ari 30 % by’Umusaruro mbumbe w’igihugu mu gihe igipimo ntarengwa ari 55 %.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente (ibumoso) yakira Raghani mu biro bye

Mohamed Lemine Raghani yavuze ko ari iby’agaciro kuba yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bakaganira ku iterambere ry’ubukungu.

Raghani yavuze ko IMF ifitiye icyizere u Rwanda ariyo mpamvu yemeje gahunda shya y’imikoranire igamije kurushaho guteza imbere ubukungu

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente na Raghani baganiriye kuri uyu wa Kabiri, kuri gahunda nshya iteza imbere ubukungu bw’u Rwanda yemejwe na IMF muri Kamena uyu mwaka

IMF ni umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda. Iki kigega gitera inkunga imirongo migari y’ubukungu bwa za Leta
Inkuru ya IGIHE

2019-07-23
Editorial

IZINDI NKURU

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Editorial 07 Apr 2020
Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Editorial 04 Sep 2018
Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Editorial 11 Dec 2019
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Editorial 17 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’
Mu Mahanga

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Editorial 30 Nov 2017
Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino  wa nyuma
IMIKINO

Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino wa nyuma

Editorial 07 Jul 2016
Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]
Mu Rwanda

Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]

Editorial 25 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru