• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nta munsi w’ubusa muri Uganda hatabaye ibyaha bikorwa na Perezida Museveni hamwe n’akazu ke k’abahima kagamije guca intege abo batavuga rumwe dore ko bakomeje kwibumbira hamwe.

Abaturage ba Uganda bahisemo kurwanya Perezida Museveni binyuze mu rubyiruko no mu buhanzi; ibi byagize ingaruka mbi ku kazu k’abahima kamaze imyaka 33 ku butegetsi, bakaba bashaje ariko badashaka kurekura ubutegetsi.

Ubwo umuhanzi Ziggy Wine akaba inshuti magara ya hafi ya Bobi Wine yashimutwaga, agakorerwa iyicwarubozo mu minsi mike ishize, nyuma akaza kwitaba Imana, ibinyamakuru n’abavuzi b’amacumu pa Perezida Museveni bihutiye kuvuga ko atishwe. Iki kinyoma abagande bacyamaganiye kure.

Mu rwego rwo kurangaza abantu, umuvugizi w’amacumu wa Museveni Ofwono Opondo yabaye umuvugizi wa RNC ku mugaragaro ubwo yakwirakwizaga inkuru yanditswe n’igitangazamakuru cya RNC Commandpost1.com gikorera kuri internet kikaba gishyigikiwe n’ibiro bishinzwe iperereza muri Uganda CMI.

Byatangiye icyo kinyamakuru gikwirakwiza ibinyoma ko Minisitiri Sezibera yarozwe, nuko Ofwono Opondo abiha umugisha abikwirakwiza ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter.

Ese Opondo yabikwirakwije ibihuha ku buzima bwa Minisitiri w’ikindi gihugu muruhe rwego? Ibibera muri Uganda ya Museveni nta handi kw’isi biba. Umwe mu Banyarwanda baba kuri Twitter yabajije Opondo niba yarabaye umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda atanga amakuru (nayo y’ibinyoma) ku buzima bw’abayobozi b’u Rwanda.

Nta gisubizo yatanze, gusa ikigaragara kandi gishishikaje Opondo ni ugukwirakwiza inkuru za RNC, umutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda wagabye ibitero bya gerenade inshuro nyinshi ku butaka bw’u Rwanda bigahitana inzirakarengane hagati ya 2010-2014.

Bimaze igihe bizwi naburi wese ko Perezida Museveni yiyemeje gufatanya n’abarwanya u Rwanda. Raporo y’itsinda ry’abahanga ryashyizweho na LONI rigaragaza uko umutekano wifashe muri Kongo, ryagaragaje ko abarwanyi b’umutwe P5 ubarizwa mu burasirazuba bwa Kongo batoranywa muri Uganda

CMI na RNC bibwira ko gukwirakwiza ibihuha ku bayobozi b’u Rwanda hari icyo biri buhungabanyeho u Rwanda. Opondo, utavuga ku buzima bwite bw’umuyobozi wo mu kindi gihugu atabiherewe uburenganzira na Sebuja Museveni , nawe niko abitekereza.

Ikinyamakuru Chimp Reports cyishyurwa na CMI nacyo nticyatanzwe mu gukwirakwiza ibihuha by’ababishyura. Iki ni cyakinyamakuru mu minsi ishize cyavuzeko itsinda ry’abasirikari b’u Rwanda bagiye Gisoro gushaka icyo kurya nicyo kunywa. Umukuru wicyo kinyamakuru yemeje ko bafite amafoto ariko iminsi irenze 100 babeshya ko bayashyira ahagaragara umunsi ku munsi. Ibi byari ibinyoma byambaye ubusa nk’ibyo batangaza ku buzima bwa Minisitiri Richard Sezibera

2019-08-13
Editorial

IZINDI NKURU

UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

Editorial 23 Nov 2023
Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Editorial 08 Jun 2021
UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Editorial 07 Mar 2018
Kuki ifatwa Rya Lt Joel Mutabazi rikomeje kuba ikibazo muri Uganda

Kuki ifatwa Rya Lt Joel Mutabazi rikomeje kuba ikibazo muri Uganda

Editorial 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli
POLITIKI

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Editorial 24 Apr 2018
Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke
Amakuru

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Editorial 21 Feb 2022
Perezida Kagame yakanguriye Abatuye Iburasirazuba gutinyuka gusohokera muri EPIC Hotel
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakanguriye Abatuye Iburasirazuba gutinyuka gusohokera muri EPIC Hotel

Editorial 02 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru