• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umutekamutwe wiyita n’umupasitoro Charles Kinuthia yibeshye ku Rwanda ndetse n’Amerika iramushakisha 

Umutekamutwe wiyita n’umupasitoro Charles Kinuthia yibeshye ku Rwanda ndetse n’Amerika iramushakisha 

Ubwanditsi 15 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Hari ku wakabiri tariki ya 25 Kamena, ubwo ibihumbi by’urubyiruko ruturutse mu mpande zose z’igihugu rwahuriye kuri Kigali Convention Centre ku butumire bw’umuhanga wari kubigisha uko bashobora kuba “abakire” ndetse bagahabwa amafaranga amadorali 197 angana n’amanyarwanda hafi ibihumbi 195.

Ariko urubyiruko rwatunguwe ubwo bahageraga bakakwa amafaranga aho kuyahabwa babyita ko ari ayo kwinjira, bakaba barakiraga ashoboka yose hagati y’ibihumbi bine na 25 by’amanyarwanda.

Uwari inyuma y’ibyo byose ni umunyakenya wiyita “Dr” Charles Kinuthia. Inzego z’umutekano zahise zimuta muri yombi ndetse nabandi bose bamufashaga muri iki gikorwa cy’ubutekamutwe.  Numero bohererezagaho amafaranga yarahagaritswe urubyiruko rwizezwa ko bazasubizwa amafaranga batanze. Bagejejwe imbere y’ubutabera maze tariki ya 15 Nyakanga bangirwa gufungurwa by’agateganyo.

Charles Kinuthia yavutse tariki ya 1 Mutarama 1983, kurukuta rwe rwa LinkedIn yavuzeko yageze muri Amerika muri 2016 nyuma yo kuba muri Finland na Australia  aho yahise abona ubwenegihugu kubera gushakana n’abagore b’abanyamerika. Nkuko byatangajwe n’umwe mu bagore be yavuzeko Kinuthia atigeze agira abana..

Ku bijyanye n’amashuri ye, Kinuthia abeshya ko afite impamyabumenyi yo kurwego rwa Doctorate kandi abeshya, akaba yarabanye n’abagore batatu muri Amerika, nyuma baza kumurega ko yashakaga kubarya amafaranga. Yaregewe urukiko rwo muri Leta ya Texas akaba atemerewe gukandagiza ikirenge muri Amerika. Kithunia kandi yagiye muri Nigeria nka Pasiteri aho yasabye abakirisitu kwishyura amafaranga y’urugendo namutunga. Avuga kandi ko yarangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Finland muri Kaminuza ya Helsinki kandi bizwi ko yavuye muri icyo gihugu atarangije amashuri.

Usibye kwambura abagore yashakanye nabo, Kinuthia yashyizeho icyo twakwita nk’ikimina aho buri wese yatangaga amadorali ibihumbi 25 ngo bakazabona amadorali ibihumbi ijana nyuma y’umwaka. Barategereje nanubu amaso yaheze mu kirere ku bayatanze bagana inkiko z’Amerika.

Charles Kinuthia ni indyadya izi kubeshya abantu akabarya utwabo abizeza ibitangaza, ibi abifashwamo no kugenda hirya no hino yahura n’umuntu wese ukomeye akamusaba ifoto yarangiza akayikwirakwiza. Hari iyagaragaye ari kumwe na Perezida George Bush.

Urubyiruko rwari rwinshi cyane kuri KCC

Nguwo umutekamutwe wari uje guhindura imibereho y’urubyiruko maze inzego z’umutekano zamugeza imbere y’amategeko, ibigarasha bigasakuza ngo u Rwanda rwafashe umuhanga wari uje kuzamura imibereho y’urubyiruko. Yibeshye cyane ku Rwanda.

Perezida Kagame yaje gukomoza kuri iyi nama, ubwo yitsaga ku myitwarire ikwiriye kuranga urubyiruko rw’u Rwanda, yo guhitamo igikwiriye.

Yabivuze mu kiganiro Meet The President cyamuhuje n’urubyiruko kikabera kuri Intare Arena i Rusororo

Perezida Kagame yavuze ko bitumvikana uburyo urubyiruko rw’u Rwanda rungana rutyo rushobora kujya mu bintu rutatekereje ku buryo rubitakarizamo n’amafaranga.

Ati “Niba dufite urubyiruko rumeze rutyo hari ikibazo kinini cyo gukemura. Gusa umuntu utazi n’aho ajya, gushuka abantu akababwira ngo, ni nka ba bandi bazaga bakavuga ngo barakiza, bakiza abantu, indwara, ubukene, bafite ubushobozi bwo kubikiza ariko ugasanga barabikiza abandi ariko bo badashobora kubyikiza ariko abantu bakiruka bakajyayo.”

“Umupolisi yagiye kureba muri hotel aho babikoreye, abona abantu buzuye aho bagera mu bihumbi hanyuma bagiye kureba, basanga hari umuntu wiyandikishije wavuze ko agiye gukora inama y’abantu 500 ariko hari haje ibihumbi bitanu by’abanyarwanda, mwe abana bato.”

Yakomeje agira ati “Abonye baje ari benshi ashyira imifuka aho ngo bashyiremo amafaranga, bakayashyiramo , uwayagujije, uwari ufite ayo nta yandi afite aragenda ajya gushyiramo amafaranga.”

Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rukwiye kwirinda ibishuko bya hato na hato. Ati “Nk’icyo nticyashoboraga kuba ahantu hatari ikibazo, mubitekerezeho ntimugashukwe gutyo gusa.”

Amakuru abari bitabiriye amahugurwa batanga ni uko basabwaga kwishyura aho bicara, umwanya w’icyubahiro wa 15 000 Frw n’ahasanzwe ha 4500 Frw.

Inzego z’umutekano zahise zita muri yombi abateguye iyo nama ubu bari gukurikiranwa n’ubutabera.

2019-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora

Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Igitangazamakuru cya Uganda NTV mu bikorwa biyobya uburari mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Igitangazamakuru cya Uganda NTV mu bikorwa biyobya uburari mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 03 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo
Mu Mahanga

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)
Amakuru

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Ubwanditsi 17 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru