• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Ubwanditsi 11 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kimwe mu byatuma umugabane wa Afurika utera imbere ari uko ibihugu byose byakoroshya urujya n’uruza, abaturage bakabasha gucuruza no guhahirana.

Yabivugiye mu nama ya gatanu ku ishoramari muri Afurika, iri kubera i Brazzaville muri Repubulika ya Congo.

Perezida Kagame yavuze ko ibihugu byinshi birimo n’u Rwanda byamaze koroshya uburyo bwo kubona Visa, avuga ko ari ikintu cyiza cyane, ariko ko ibihugu bya Afurika bikeneye gukorera hamwe ku buryo bwihuse, bikagaragaza ko urujya n’uruza muri Afurika ari ibishoboka.

Yagize ati “Abantu ntibacuruza cyangwa ngo bahahe batabasha kugenderana. Abaturage bacu bakeneye kugenda bakareba Afurika ikorera hamwe, noneho na bo bakaboneraho kuganira no kungurana ibitekerezo”.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimiye Banki y’isi ndetse na Banki y’iterambere y’Ubushinwa kubera mikoranire myiza ituma hakomeza kubaho kwita ku bikenewe mu ishoramari, ry’akarere no ku mugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika yahawe umugisha utagereranywa, by’umwihariko ku kuba ifite abaturage bakora cyane, abaturage baciriritse benshi, abagore n’abagabo baminuje kandi biteguye gufata amahirwe yose yabasha kugerwaho kuri uwo mugabane.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika ifite byinshi byo gukora imbere, kugira ngo habe hari icyizere ko ubukungu bwayo bugaragara neza.

Atanga urugero rwa mbere, Perezida Kagame yavuze ko isoko rusange rya Afurika ubu rigeze ku cyiciro cyo gushyirwa mu bikorwa, bikaba bisobanura ko ari amahirwe y’inyongera atarigeze abaho ku Banyafurika.

Perezida Kagame yauze ko mu gihe ibihugu byateye imbere mu nganda ari byo bifite amahirwe yo kugurisha ibyo byakoze, ibihugu bidafite inganda ziteye imbere bishobora kungukira mu guhuza indangagaciro z’akarere, nk’ahantu higanje ubuhinzi, bikaba bishobora kungukira mu kwihuza bikihaza mu biribwa bikenewe.

Agira ati “Isoko rusanjye rya Afurika kandi ryitezweho guhuza imico, kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi wapfaga ubusa ijye ubyazwa umusaruro. Ni ahacu kugaragaza uburyo tubyihutisha”.

Perezida Kagame kandi yagaragaje ko umugabane wa Afurika ukennye ku bikorwa remezo bihuza uturere, ibyo na byo bikaba ari imbogamizi ku micungire, ikoreshwa rya interineti ridahagije, ndetse n’uburyo bwo kwishyura bukiri bukeya.

Nubwo ibi byose byamye ari inzitizi ku iterambere ariko, Perezida Kagame asanga bikwiye kugaragara nk’amahirwe y’ishoramari kuri Leta no ku bikorera.

Ati “Muri make, Afurika yakererewe kwinjira muri iyi gahunda. Ariko nta mpamvu tutafatira aho bigereye, tugafatanya kugira ngo turenge izo nzitizi. Ibihugu bya Afurika biri kugaragaza bimwe mu bisubizo nka ‘Smart Africa Alliance’ ubu ihuje ibihugu 24 bigize hafi ½ cy’abatuye umugabane wa Afurika”.

Perezida Kagame yasoje asaba ibihugu bya Afurika gukomeza kugira imyumvire myiza ku rubyiruko rwa Afurika, rugahabwa uburezi, ubumenyi, no gufashwa mu ishoramari no mu guhanga udushya.

Yasabye kandi urubyiruko kubona umugabane wa Afurika nk’ahantu ho gukorera ibishoboka mu bucuruzi kandi bagahabwa ubushobozi bwo kuganira ku hazaza habo.

Inama ya mbere yabereye Addis Ababa muri Ethiopia muri Kamena 2015, iya kabiri ibera Guangzhou mu Bushinwa muri Nzeri 2016, iya gatatu yabereye i Dakar muri Sénégal muri Nzeri 2017, iya kane ibera i Changsha mu Bushinwa muri Nzeri 2018.

 

Iyi nama iriga uko hakongerwa ishoramari ku mugabane wa Afurika

 

Perezida wa Angola, João Lourenço, Perezida Kagame na Denis Sassou Nguesso wa Congo Brazzaville

 

Abakuru b’ibihugu n’abandi bayobozi bakomeye bitabiriye iyi nama

 

Perezida wa Congo Brazzaville, Dennis Sassou Nguesso

 

Perezida wa RDC, Tshisekedi ageza ijambo ku bitabiriye inama

 

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat

 

Perezida Kagame yavuze ko umugabane wa Afurika ufite amahirwe yo guteza imbere ubukungu

 

Perezida Tshisekedi na Kagame basuhuzanya

 

Perezida Kagame na Dennis Sassou Ngueso

 

 

Src : KT

2019-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Ijambo rya Louise Mushikiwabo Umunyamabanga mukuru wa OIF [ VIDEO ]

Ijambo rya Louise Mushikiwabo Umunyamabanga mukuru wa OIF [ VIDEO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho  muri Rushyashya
Mu Rwanda

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho muri Rushyashya

Ubwanditsi 14 Mar 2017
RNC: UMUYOBOKE WAYO MU BUBILIGI ARASHINJWA GUHOHOTERA ABAGORE
ITOHOZA

RNC: UMUYOBOKE WAYO MU BUBILIGI ARASHINJWA GUHOHOTERA ABAGORE

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka
IMIKINO

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Ubwanditsi 10 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru