• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Editorial 16 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Intumwa z’U Rwanda na Uganda bashoje inama yabereye i Kigali mu masaha ya mbere ya saa sita kuri uyu wa mbere, yakomereje mu muhezo irangira nimugoroba, u Rwanda rwasabye Uganda kurekura Abanyarwanda yafunze ntabyo ibarega.

Gufungura imipaka byo ngo bizavugirwa mu yindi nama bakomeze kuganira ku buryo bwo kongera gutsura umubano no guhahirana nk’uko byari bisanzwe mbere ya Gashyantare 2019.

Intumwa z’ibihugu byombi zisohotse mu nama, ndetse bageza itangazo ku banyamakuru, rivuga ko Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo, abandi bafite ibyo bashinjwa bakagezwa mu butabera.

U Rwanda rwahaye Uganda urutonde rw’abantu 209 bafungiyeyo. Uganda yavuze ko igiye kugenzura urwo rutonde ikamenya abo bafungiye ubusa n’abafite ibyo baregwa. Amagana n’amaga y’Abanyarwanda bafungiye muri gereza za CMI, bafashwe k’ubufasha bwa RNC ya Kayumba Nyamwasa bitwa intasi z’u Rwanda kugeza magingo aya hamaze  kwitaba Imana abantu ba biri bazaira iyicarubozo bakorewe  n’urwego rw’ubutasi bwa Gisilikare muri Uganda[ CMI].

Abo ni Nunu Johnson, wari umucuruzi mu Karere ka Ntungamo akaba yaritabye Imana afite imyaka 60, ku wa Gatandatu  taliki ya  17 Kanama 2019.Azize iyicarubozo yakorewe mu gihe yari muri gereza ya CMI, ndetse abari baramufunze bamwangiraga kwivuza indwara ya diyabete.

Bityo nyakwigendera arazahara, ku buryo atongeye kugira agahenge nkuko yabaga ameze, mbere y’uko afungwa, nyuma y’igihe gito afunguwe ahitanwa na kanseri y’umwijima.

Undi munyarwanda Silas Hategekimana,  wamaze ibyumweru atoterezwa mu maboko y’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) yapfuye azize iryo yicarubozo yakorewe ubwo yari afunzwe.

Kuki Uganda yigiza nkana ku ifungwa ry’Abanyarwanda ridakurikije amategeko

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yavuze ko bazifashisha inkiko, kuko buri muntu wese ufunzwe agomba kugezwa imbere y’ubutabera, uwo bigaragaye ko ari umwere akarekurwa.

Uyu mwanzuro ngo ntabwo ureba abantu bafungiye muri Uganda gusa, ureba n’Abanyarwanda bajya muri Uganda.

Kutesa yabajijwe niba yemera ko Abanyarwanda bafungirwa muri Uganda bagakorerwa iyicarubozo, yabanje kuvuga ko bari mu Rwanda kubera komisiyo yashyizweho nyuma y’amasezerano y’abakuru b’ibihugu, aho bagomba gusuzuma buri ngingo yose yavuzwe. Yavuze ko iyi ari inama ya mbere ariko hari umwanya wo kugenzura ingingo zose u Rwanda rwagaragaje.

Ku kijyanye no kuba Uganda yaba icumbikiye abantu bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, bo muri RNC –P5. na FDLR  Minisitiri Kutesa yavuze ko “nta na rimwe Uganda izacumbikira abashaka guhungabanya umuturanyi”, ndetse ngo abazabifatirwamo bazakurikiranwa hakurikijwe amategeko.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Nduhungirehe Olivier, yavuze ko nyuma y’iyi nama, ibihugu byombi bizongera guhurira i Kampala mu minsi 30, harebwa niba ibyemeranyijweho uyu munsi byarashyizwe mu bikorwa.

Ati “Hari ubushake bwo kugira ngo abaturage bo mu Rwanda na Uganda bongere kubana neza, bongere kugira umutekano nk’uko byahoze.”

Byiyemeje kandi koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, ariko ibyo gufungura imipaka byo ngo bizaganirwaho mu nama itaha izabera i Kampala mu minsi 30 iri imbere.

2019-09-16
Editorial

IZINDI NKURU

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Editorial 07 Nov 2024
Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Editorial 27 Jan 2020
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2019
Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Editorial 08 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.
Amakuru

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

Editorial 29 Apr 2021
Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Editorial 17 May 2017
Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika
ITOHOZA

Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Editorial 15 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru