• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Tshisekedi yahakanye uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu rupfu rwa Mudacumura

Perezida Tshisekedi yahakanye uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu rupfu rwa Mudacumura

Editorial 24 Sep 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yahakanye amakuru y’uko Ingabo z’u Rwanda ziri mu gihugu cye ndetse ko zagize n’uruhare mu gitero cyahitanye uwari Umuyobozi wa FDLR, Sylvestre Mudacumura.

Mu ijoro rishyira ku wa 18 Nzeri, nibwo Mudacumura yishwe n’Ingabo za FARDC.

Nk’uko ingabo za FARDC zabitangaje, Lt Gen Mudacumura yishwe mu rugamba rukomeye yagabweho n’abasirikare badasanzwe, yicanwa n’abandi barwanyi bari kumwe.

Amakuru ahamya ko ubwo FARDC yagwaga gitumo Gen Mudacumura, yicanwe n’abandi basirikare bari ibyegera bye barimo Col Serge, Col Soso Sixbert, uwari ushinzwe kumurinda akaba n’Umunyamabanga we Maj Gaspard n’abandi. Hafashwe kandi abarwanyi 15.

Nyuma y’iki gitero, ku mbuga nkoranyambaga hakwiriye amakuru avuga ko FARDC yaba yafashijwe n’Ingabo z’u Rwanda mu kwivugana uyu wari umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba, ariko impande zombi zabyamaganiye kure.

Mu kiganiro Tshisekedi yagiranye n’ibinyamakuru TV5 na Le Monde, yavuze ko nta Ngabo z’u Rwanda ziri muri RDC gusa ashimangira ko ibihugu byombi bihana amakuru agendanye n’iperereza.

Ati “Habe na gato. Gusa ni ukuri ko duhanahana amakuru y’iperereza. Mu ntangiriro ya manda yanjye, naganiriye na bagenzi banjye bo mu Rwanda, Uganda n’u Burundi ku kurwanya imitwe yitwaje intwaro iri mu Burasirazuba bwa RDC. Mu gihe ndi mu mwanya mwiza w’ibikorwa bihuriweho, nta mpamvu yo kudatanga ubwo burenganzira ku butaka bwacu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, nawe aherutse kubwira Radio BBC ko nta ngabo z’u Rwanda ziri muri RDC.

Perezida Tshisekedi yari aherutse kuvuga ko umugambi wo kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro ikorera muri iki gihugu urimo kuganirwaho na Monusco n’ibihugu by’ibituranyi birebwa n’ikibazo.

Yabigarutseho mu mpera za Kamena mu ijambo yagejeje ku baturage, aho yashimangiye ko ibibazo by’umutekano muke muri RDC biterwa n’imitwe yitwaje intwaro ituruka mu bindi bihugu.

Ni mu gihe ingabo za FARDC zimaze iminsi zicana umuriro ku mitwe irwanira mu Burasirazuba bw’iki gihugu, cyane cyane mu Ntara ya Ituri, aho zashegeshe bikomeye abarwanyi barimo ab’ihuriro ryiswe ‘P5’ rigizwe n’imitwe yishyize hamwe riyobwe na Kayumba Nyamwasa n’abandi barwanira muri ako gace.

Ibi bitero bikomeye byiswe ‘Tempête de l’Ituri’, byatangijwe mu gitondo cyo ku wa 21 Kamena 2019, bigamije kwirukana imitwe yitwaje intwaro yigaruriye uduce dutandukanye mu mashyamba ya RDC, aho yica, igatoteza, ikiba ndetse igafata ku ngufu abaturage.

Ku wa 2 Nyakanga ubwo Perezida Kagame yabazwaga icyo avuga ku magambo ya Tshisekedi yo kwifashisha ibihugu by’ibituranyi muri uru rugamba, yasubije ko ari ibintu bikwiye.

Ati “Twari dutegereje. Nishimiye ko dufite umuntu hariya uvuga ko ashaka gukorana n’abaturanyi mu gukemura iki kibazo kuko kimaze igihe kinini kandi kigira ingaruka kuri Congo, ku baturanyi, kigira ingaruka kuri twese.”

“Nta mpamvu yo gukomeza kwicara n’iki kibazo cyangwa ngo twemere ko cyitambika iterambere twagakwiye kuba tugeraho. Mu by’ukuri nishimiye ko ubwo aribwo buryo Perezida wa RDC ari gutekerezaho.”

Muri Gicurasi, Perezida Kagame yagiye muri RDC avayo we na Tshisekedi na João Lourenço wa Angola bemeranyije imikoranire igamije kugarura umutekano mu karere no kongera ubufatanye mu bukungu.

Akarere k’ibiyaga bigari gakomeje kugarizwa n’ibibazo by’imitwe iteza umutekano muke yiganjemo ikambitse mu mashyamba ya RDC nka FDLR, ADF n’iyindi.

2019-09-24
Editorial

IZINDI NKURU

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Editorial 04 Oct 2023
Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Editorial 08 Apr 2019
Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Editorial 15 Aug 2025
“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Editorial 08 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech
Amakuru

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Editorial 16 Feb 2023
U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika

Editorial 05 May 2018
Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada
HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Editorial 28 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru