• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 20 Dec 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu Mujyi wa Abidjan muri Côte d’Ivoire kuri uyu wa 19 Ukuboza 2018, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije guteza imbere ubufatanye mu bukungu no kunoza umubano hagati y’ibihugu byombi.

Mu kubitegura, imihanda minini muri uyu mujyi yari yarimbishijwe amagambo amuha ikaze nk’uwazahuye u Rwanda, akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Côte d’Ivoire, Alassane Dramane Ouattara ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Félix Houphouët-Boigny. Biteganyijwe ko bazagirana ikiganiro n’itangazamakuru.

Perezida Kagame azanaganira n’abashoramari bakomeye muri iki gihugu ku bijyanye n’ubuhahirane; azanabasangize uko u Rwanda ruhagaze mu bucuruzi n’imikorere y’inganda.

Kuri uyu mugoroba, Perezida Kagame na Madamu barakirwa na Alassane Ouattara ku meza, ndetse banahabwe amashimwe agenerwa abayobozi b’inkoramutima za Côte d’Ivoire.

Perezida Kagame arahabwa ishimwe ryitwa “Grand-Croix de l’Ordre National de Côte d’Ivoire » mu gihe Madamu Jeannette Kagame ahabwa ‘‘Grade de Commandeur de l’Ordre National de Côte d’Ivoire.»

Ishimwe rikomeye rizwi nka « Ordre national de Côte d’Ivoire’’ ryatangiye gutangwa ku wa 10 Ukuboza 1960. Rihabwa uwagaragaje umwihariko mu mibanire n’iki gihugu na serivisi zigenewe abagituye.

Mu myaka ibiri ishize, ku wa 1 Kamena 2016 iri shimwe ryahawe Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama n’umugore we Lordani Mahama.

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame agendereye Côte d’Ivoire mu gihe Perezida Alassane Ouattara aheruka gusura u Rwanda muri Mata 2018, ubwo yitabiraga Inama Ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend.

Perezida Ouattara yaherukaga kwakira Kagame mu gihugu cye ku wa 28 Ugushyingo 2017. Yari yitabiriye inama ya Gatanu yahuje Afurika n’u Burayi, yateraniye Abidjan ku 29-30 Ugushyingo 2017.

Umubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire umaze kwaguka mu ngeri zinyuranye. Ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege. Kuva mu Ukwakira 2016, indege za Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, ikora ingendo zerekeza i Abidjan.

Perezida Ouattara aramukanya na Perezida Kagame ubwo yari ageze i Abidjan mu ruzinduko rw’akazi

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Perezida Ouattara yahaye ikaze Kagame mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Madamu Jeannette Kagame yakiranywe urugwiro i Abidjan

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje kugirana ikiganiro na Perezida Ouattara na Madamu Dominique Ouattara

2018-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Trump yashimye uburyo umugore we yitwaye mu kwakira Macron

Trump yashimye uburyo umugore we yitwaye mu kwakira Macron

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Ubwanditsi 19 Dec 2018
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Ubwanditsi 01 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda
POLITIKI

Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2017
Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]
SHOWBIZ

Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu
Mu Rwanda

Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Ubwanditsi 09 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru