• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Editorial 24 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubwo Museveni yataga mu matwi ko hari abisuganyiriza kugirira nabi u Rwanda, iryo jambo yaryakiranye ubwuzu maze abaha karibu ati rwose ni muze mwisanga mu rukari.

Uyu muyobozi guhera mu 2017 yatangiye gufasha mu buryo bweruye umutwe wa RNC n’abandi wafatanya nawo, abaha karibu muri Uganda ndetse agira n’uruhare mu bikorwa bigamije gutuma ubona abayoboke.

Urwego rushinzwe Iperereza mu Gisirikare nirwo rwabaye ku isonga muri ibyo bikorwa byo gusohoza ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, rutangira gushakira hasi hejuru uwo ariwe wese waba wifuza kujya mu myitozo ya RNC i Minembwe muri RDC kugira ngo azatere u Rwanda.

Mu Ukuboza 2017, abasore 40 bafashwe bafite ibyangombwa by’inzira bya Uganda by’ibihimbano bagiye kwinjira muri RDC mu nkambi za RNC. Polisi ya Uganda itari izi umugambi wa sebuja ifatanyije n’iya Tanzania niyo yapfubije urugendo rwabo.

Uko iminsi yagiye igenda kandi, ni ko Museveni yarushijeho kwerura, akagaragaza uruhande ahagaze mu bufatanye n’iyi mitwe. Ibaruwa ye yo muri Werurwe 2019 yakuye igihu kuri ibi byose kuko nawe yiyemereye uruhare rwe.

Yandikiye Perezida Kagame amubwira ko yahuye na Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC, agiye kubihuhura avuga ko byari nk’impanuka.

Muri make ni nk’aho Museveni yari ari kugenda n’amaguru mu muhanda wa Jinja, agahura n’umugore witwa Mukankusi yihitira, bakaganira.

Gusa ariko si ko byagenze, uyu mugore yakiriwe mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, aganira umwanya munini na Museveni, ndetse bivugwa ko yamugejejeho umugambi wabo wo kugirira nabi ubutegetsi bw’u Rwanda undi akamwizeza ubufasha amubwira ngo ‘turikumwe’..

Bivugwa ko uyu mugore yamugaragarije ubufasha bamukeneyeho by’umwihariko kuba Uganda yashimangira umubano ifiyanye na Loni i New York ku buryo yatesha agaciro raporo y’impuguke za Loni yo ku wa 31 Ukuboza 2018 igaragaza isano iri hagati ya Guverinoma ya Museveni na RNC.

Si aba gusa, buri wese mu bavuye mu Rwanda ku mpamvu imwe cyangwa indi ariko utarwifuriza ineza, hamwe mu hantu yisanga ni muri Uganda. Ubu ba Rujugiro baratekanye baratimaje kuko ubucuruzi bwabo muri Uganda buhagarikiwe n’ingwe, Himbara David yahawe karibu mu itangazamakuru aho aba asebya u Rwanda nta rutangira n’abandi gutyo gutyo.

Uyu mwanya Museveni yafashe wo kuba Papa mushya wa Batisimu w’abarwanya u Rwanda, awusimbuyeho Jakaya Kikwete wari warahimbanishije ko ashaka kubona u Rwanda rugirana ibiganiro na FDLR.

Umunsi inyeshyamba za P5 zakubitiwe muri Congo n’ikintu kitazwi

Muri uko kwisuganya kwahereye mu 2017, abarwanyi muri RDC bagurirwa amatiliningi na bote, imyitozo iratangira igizwe n’insorensore zirenga 200 zirimo izaturutse muri Uganda zitazi n’ikipe ihanganye n’indi.

P5 ihuriwemo n’amashyaka atanu agamije kurwanya u Rwanda, yari yakajije imyitozo muri Congo, Museveni nawe akomeje gutanga ubufasha bwose yaba ubwo gushaka abajya mu bikorwa nk’ibyo.

Ku rundi ruhande, hari Congo nayo yari ifite umugambi wo gushaka uko yagarura amahoro mu gihugu cyayo cyabaye ikotaniro ry’imitwe yitwaje intwaro.

Muri Kamena uyu mwaka, Ingabo za RDC zateguye ibitero bikomeye byiswe ‘Tempête de l’Ituri’, bigamije kwirukana imitwe yitwaje intwaro yigaruriye uduce dutandukanye mu mashyamba ya RDC.

Amashusho yahise atangira gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ingabo za Leta ya Congo zisuka ibisasu biremereye ku birindiro by’imwe mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri aka gace ka Ituri.

Izi ngabo zari zifite indege za gisirikare n’ibisasu biremereye, zatangaje ko impamvu y’ibi bitero ari uguhiga no kwirukana imitwe yitwaje intwaro yigaruriye ibice bitandukanye by’iki gihugu.

Bishobora kuba aribyo byageze ku barwanyi ba P5 kuko bo ibyo bakorewe ntiwakeka ko ari ingabo za RDC zabikoze ahubwo wagira ngo ni ikiza cyangwa inkuba yabanyuzemo ikararika.

Gukubitwa inshuro kw’abarwanya leta y’u Rwanda ntabwo byageze muri P5 gusa kuko hari n’abafashwe bazanwa mu Rwanda nk’imizigo.

Muribuka Nsabimana Callixte wari wariyise Sankara, wigambaga ko yafashe Nyungwe mu biganza bye? Uyu wari wariyise umugaba mukuru w’ingabo za FNL ya Rusesabagina, yahizwe bukware, afatwa nta n’isasu ry’umuti rivuze, afatirwa muri za Comore, nyuma arahambirwa azanwa mu Rwanda nk’umuzigo.

Ibyago ntibyarangiriye aho, mu minsi mike ishize, Mudacumura Sylvestre nawe wari uyoboye FDLR yakubiswe n’ingabo za RDC apfana ikiyiko, abari abarwanyi be barabohwa bajyanwa muri gereza. Birashoboka ko n’abandi aricyo kibategereje. Tubitege amaso!

2019-09-24
Editorial

IZINDI NKURU

Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Editorial 18 Oct 2022
“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2019
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Editorial 12 Oct 2023
Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Editorial 26 May 2019
Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Editorial 18 Oct 2022
“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2019
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Editorial 12 Oct 2023
Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Editorial 26 May 2019
Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Editorial 18 Oct 2022
“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru