• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

Ubwanditsi 07 Oct 2019 POLITIKI

Habonetse umuntu wa kabiri wamennye amabanga muri gahunda igamije kweguza ku butegetsi Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nkuko bitangazwa n’abamanyamategeko bahagarariye uwa mbere.

Umunyamategeko Mark Zaid yabwiye televiziyo ABC ko uwo muntu wa kabiri na we yari umukozi wo mu rwego rw’ubutasi kandi ko yavuganye n’umutegetsi mukuru w’urwego rw’ubutasi.

Mu ijoro ry’ejo ku cyumweru, Bwana Trump yamaganye abakuru bo mu ishyaka ry’abademokarate, avuga ko bakwiye kweguzwa.

Nta makuru yari yatangazwa ajyanye n’ibyo uwo muntu wavuze amabanga wa kabiri avuga.

Ariko, Bwana Zaid yavuze ko uwo muntu wa kabiri azi mu buryo butaziguye ibirego bijyanye n’ikiganiro kuri telefone Bwana Trump yagiranye na Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, ku itariki ya 25 y’ukwezi kwa karindwi.

Iperereza rijyanye no kweguza Bwana Trump rishingiye kuri icyo kiganiro cyo kuri telefone, cyatangajwe mu kwezi kwa munani n’umuntu wa mbere wamennye amabanga kuri Trump.

Ku wa gatanu, ikinyamakuru the New York Times cyo muri Amerika cyatangaje ko umuntu wa kabiri yatekerezaga ku kuba yatangaza ibyo azi “ku makuru arushijeho kuba aya hafi” ajyanye n’icyo kiganiro cyo kuri telefone.

Ntibiramenyekana niba uwo muntu ari uhagarariwe n’uyu munyamategeko Bwana Zaid.

Rudy Giuliani, umunyamategeko wihariye wa Bwana Trump, yatangaje ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter avuga ko atatunguwe no kumenya ko hari undi “mutangabuhamya w’ibanga”.

Yavuze ko iryo perereza rijyanye no kweguza Bwana Trump rishingiye ku mpamvu za politike ndetse yamagana “itangazamakuru ryo ku rwego rwo hasi”.

Uwo wa kabiri wavuze amabanga ntabwo aratanga ikirego cyangwa ngo avugane n’akanama k’ubutasi.

Ariko ikinyamakuru the New York Times gitangaza ko yavuganye n’umutegetsi mukuru w’urwego rw’ubutasi, amakuru akavuga ko uwo mutegetsi yari amaze igihe ashaka gihamya yo kunganira ibyavuzwe n’uwa mbere.

Ibiro bya Perezida w’Amerika bya White House bishimangira ko byagaragaje gukorera mu mucyo bigatangaza inyandiko-mvugo y’ibyavugiwe muri icyo kiganiro cyo kuri telefone, nyuma yaho hagaragajwe impungenge ku byakivugiwemo.

Ariko abakora iperereza bavuga ko iyo nyandiko-mvugo ari igice kimwe cy’ibyavugiwe muri icyo kiganiro, ko ituzuye. Basabye ibiro by’ububanyi n’amahanga by’Amerika gutanga izindi nyandiko zijyanye n’ibyakivugiwemo.

Ku wa gatandatu, Mike Pompeo, umunyamabanga wa leta y’Amerika, yavuze ko azakurikiza ubwo busabe, ariko yinubira ko abakozi be bari gushyirwa ku nkeke.

2019-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025
‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

Ubwanditsi 17 Jul 2017
Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya ibintu byasubiye irudubi  nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga
Mu Mahanga

Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Kampala: Uwase yabeshye umukunzi ko yashimuswe ashaka kumukuramo miliyoni 25 ntibyamuhira
Mu Mahanga

Kampala: Uwase yabeshye umukunzi ko yashimuswe ashaka kumukuramo miliyoni 25 ntibyamuhira

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso
POLITIKI

Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Ubwanditsi 03 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru