• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019 UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane ku isi mu bihugu byo gusurwa na ba mukerarugendo nk’ahantu heza mu mwaka wa 2020.

Ni ibyatangajwe n’imbuga za interinete zikora urutonde rw’ibihugu byiza byo gusurwa na ba mukerarugendo.

Amanda Mouttaki, umwe mu bakemurampaka yagize ati “U Rwanda ruyoboye urutonde rwanjye mu bihugu byo gusura muri Afurika, ukareba umuco waho n’ubwiza bwaho.Mu gihe abantu bajyayo gusura ingagi, hari n’ibindi bice ndangamuco byo kureba”.

Amanda yari mu bakemurampaka batumye u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere muri Afurika, ndetse no ku mwanya wa kane ku isi mu hantu heza ho gusura muri 2020, mu birori ngarukamwaka byo gutanga ibihembo ku hantu hagezweho byatangajwe muri iki cyumweru ku rubuga rwa TravelLemming.com, rumenyekanisha ibice bigezweho ku isi.

Travel Lemming ni urubuga rumenyekanisha ibice binyuranye by’isi, rugashishikariza ba mukerarugendo gutekereza kuhasura.

Amarachi Ekekwe ukora mu rubuga rwa interineti (blog) ruteza imbere ubukerarugendo rwitwa ‘Travel with a Pen”, yagize ati “Uru rurabo rwa Afurika y’Uburasirazuba, ruri guhindura ubukerarugendo bwa Afurika mu buryo bwinshi. Bizaba bishimishije gusura Kigali ukareba uko yahindutse itera imbere, no kureba uburyo bwo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Pariki z’igihugu zaho”.

Urubuga rwa Travel Lemming ruvuga ko ubukerarugendo bw’u Rwanda bwamamaye cyane kubera amahirwe yo kwirebera imbonankubone ingagi zo mu Birunga. Gusa uburyo u Rwanda rubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima na byo birenze izo ngagi: Pariki y’igihugu y’Akagera uyisangamo inyamaswa zigize ‘Big Five’ (Intare, Imbogo, Inzovu,Ingwe n’Inkura).

Isumo rya Kamiranzovu riri muri Nyungwe
Isumo rya Kamiranzovu riri muri Nyungwe

Rwanditse ruti “Kuba inama y’isi yiga ku bukungu yaragaragaje u Rwanda nk’igihugu gitekanye muri Afurika, na Rwandair ikaba iteganya gutangiza ingendo ziva ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cyitiriwe John F. Kennedy ziza i Kigali, umwaka wa 2020 ni umwaka mwiza wo gusura u Rwanda”.

Uru rubuga kandi rwagaragaje ibihe byiza byo gusura u Rwanda, ndetse n’ahantu hatanu ha mbere uwaza mu Rwanda yasura.

Uru rubuga rugaragaza ko ibihe byiza byo gusura u Rwanda ari ukuva hagati mu kwezi k’Ukuboza kugeza mu ntangiriro za Gashyantare, no kuva muri Kamena kugera muri Nzeri.

Naho ahantu ha mbere ho gusura mu Rwanda, Travel Lemming igaragaza ko harimo Pariki y’igihugu y’Ibirunga, Pariki y’igihugu ya Nyungwe, Inzu ndangamurage y’amateka yo hambere ya Huye n’urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

Avuga kuri uyu mwanya u Rwanda rwabonye, Belise Kariza, umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo mu Rwego rw’igihugu rw’iterambere RDB, yagize ati “Tunejejwe no kwakira iki gihembo, no kuba mu bihugu bya mbere byo gusurwa muri 2020 nkuko byatangajwe n’imbuga ziteza imbere ubukerarugendo.

Visit Rwanda isangije iki gihembo abaturage bose, abarengera ibidukikije, abakora mu bukerarugendo n’abanyamahoteli, bagira uruhare mu gutuma u Rwanda ruba ahantu heza ho gusura”.

Yakomeje agira ati “Niba utarasura u Rwanda, tuguhaye ikaze ngo uze wirebere ubwiza karemano bw’igihugu, umuco n’urusobe rw’ibinyabuzima. Mu kuri u Rwanda ni ahantu heza ho gukorera ubukerarugendo”.

Src: KT

2019-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 10 Mar 2019
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Ubwanditsi 21 Sep 2023
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Ubwanditsi 07 Jan 2019
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite
INKURU NYAMUKURU

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko
INKURU NYAMUKURU

Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 22 Dec 2017
Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta
HIRYA NO HINO

Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Ubwanditsi 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru