• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Ubwanditsi 11 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwari Umuyobozi w’Inyeshyamba za RUD-URUNANA, Brig. Gen. Juvenal Musabyimana uzwi nka Afrika Jean Michel yasanganwe inyandiko bivugwa ko zikubiyemo amakuru yiswe ay’ingenzi.

Gen. Afrika wavukaga mu Karere ka Nyabihu yishwe nyuma ya saa sita kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2019 mu gitero ingabo zagabye hagati y’agace ka Binza na Makola muri Teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru uyu mutwe washinzemo ibirindiro nk’uko byemejwe n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Amakuru yizewe yatangajwe n’umwe mu basirikare ba FARDC nk’uko TNT dukesha iyi nkuru ibitangaza, ni uko inyandiko zari mu birindiro bya Gen. Afrika zikubiyemo amakuru agaragaza ko uyu mugabo yajyaga muri Uganda inshuro nyinshi.

Ayo makuru yerekana ko Gen. Afrika yagiranaga ibiganiro na bamwe mu bayobozi bakuru bo mu nzego z’ubutegetsi za Uganda.
Ngo byagaragaye ko aba bayobozi bo muri Uganda bafite uruhare mu ishingwa ry’uyu mutwe wa RUD-URUNANA.

Hari amakuru avuga ko kandi ubwo inyeshyamba za RUD-URUNANA zagabaga igitero mu Karere ka Musanze, bamwe mu basirikare bazo batatu bakuru batorokeye muri Uganda nyuma yo gukubitwa ikibatsi n’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

U Rwanda ngo rwandikiye Uganda ruyisaba ko yakohereza aba bantu batatu, ariko ngo ntacyo yigeze ibikoraho.

Urupfu rwa Gen. Michel ku ruhande rw’Urwanda barufashe nk’ikimenyetso ko FARDC ikataje kuguhashya inyeshyamba.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe EAC, Olivier Nduhungirehe na we yavuze ko FARDC ikwiye gushimirwa, yemeza ko Gen. Afrika yasanganywe inyandiko ziriho amakuru y’ingirakamaro.

Abinyujije kuri Twitter ati “ Ubushake bwa FARDC mu kurwanya inyeshyamba mu burasirazuba bwa Congo. (…) ibikorwa bya gisirikare byo guhangana n’abayobozi bazo bigenda neza, bamwe bakicwa cyangwa bagafatwa n’inyandiko z’ingirakamaro zigafatwa.”

Gen.Afrika yishwe nyuma y’aho yari yakomerekejwe bikomeye mu minsi yari yabanje. Urupfu rwe ruje rukurikira urwa Lt. Gen. Sylivestre Mudacumura wo muri FDLR.

2019-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kofi Annan wari utegerejwe mu Rwanda yitabye Imana ku myaka 80

Kofi Annan wari utegerejwe mu Rwanda yitabye Imana ku myaka 80

Ubwanditsi 19 Aug 2018
Abashaka gusenya bahoraho ariko ntibagomba kubigeraho – Perezida Kagame

Abashaka gusenya bahoraho ariko ntibagomba kubigeraho – Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Ubwanditsi 14 Oct 2021
Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice
INKURU NYAMUKURU

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Ubwanditsi 24 Jan 2019
Kagame yasobanuriye Isi iby’ubudasa bw’u Rwanda mu kurwanya ruswa
Mu Mahanga

Kagame yasobanuriye Isi iby’ubudasa bw’u Rwanda mu kurwanya ruswa

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro
ITOHOZA

Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro

Ubwanditsi 15 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru