• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ubwanditsi 02 Dec 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zishe umwe mu barwanyi akaba n’Umuyobozi mu mutwe wa FLN witwa Niyirora Ezekiel alias Gen. Jean Pierre Gaseni mu gitero gikomeye zagabye kuri wa Gatandatu.

Igitero cyaguyemo uyu mugabo wari ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri FLN bivugwa ko cyifashishijwemo intwaro zikomeye n’indege za gisirikare.

Ni igitero kiri mu bimaze iminsi bigabwa ku mitwe yitwaje intwaro muri gahunda RDC yihaye yo kuyitsinsura burundu aho igaragara cyane cyane muri Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru aturuka muri Congo aravuga ko Ingabo za  Congo,  zirukanye mu birindiro umutwe w’iterabwoba wa FDLR, nyuma y’ibyumweru bike zivuganye uwari umuyobozi wawo Sylvestre Mudacumura.

Umuvugizi w’Ingabo za RDC, Dieudonne Kasereka, yatangaje ko ibi bitero byatangije ku wa Kabiri ku mutwe CNRD wiyomoye kuri FDLR mu Majyepfo ya Kivu, agace gahana imbibi n’u Rwanda ndetse n’u Burundi.

Kasereka yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, APF ko izi nyeshyamba zahunze zigana muri Parike ya Kahuzi Biega, aha naho mu minsi mike ingabo za leta zikaba ziteguye kuhagaba ibitero kugira ngo zibirukanemo burundu.

Iyi Parike iherereye mu bilometero 30 uvuye mu Mujyi wa Bukavu, ifite kilometero kare 600.

Muri Nzeri uyu mwaka, ingabo za leta nibwo zemeje urupfu rwa Sylvestre Mudacumura wari Umuyobozi wa FDLR. Uyu yashakishwaga n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) kubera ibyaha by’intambara.

Tariki 10 Ugushyingo, nabwo ingabo za leta zatangaje ko zongeye kwivugana undi muyobozi wa FDLR, Musabimana Juvenal, wari uzwi ku izina rya General Jean-Michel Africa.

Umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umaze imyaka irenga 25 mu mashyamba ya Congo intego yawo ikaba ari ugukomeza umugambi w’ubwicanyi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye riheruka gutangaza muri uyu mwaka ko abagize uyu mutwe bari hagati ya 500 na 600.

FDLR igaragara cyane mu Burasirazuba bwa Congo mu Ntara za Kivu no muri Katanga, ahagaragara cyane amabuye y’agaciro. Ushinjwa ibyaha birimo kwibasira, kwica abaturage no gufata abagore ku ngufu.

Ingabo za RDC zikomeje ibikorwa byo kwirukana ku butaka bwayo n’indi mitwe yose ibuza amahwemo abaturage, harimo n’umutwe wa ADF.

2019-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2019
Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Ubwanditsi 21 Feb 2022
Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 May 2023
Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016

Igitekerezo kimwe

  1. hesron
    December 2, 20199:18 am -

    FDLR umuti wayo numwe, nugutaha iwabo mu Rwanda. Nibanga bajye babarasa kugeza babamazeho.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.
Amakuru

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Ubwanditsi 11 May 2024
Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018
IKORANABUHANGA

Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC
Amakuru

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Ubwanditsi 09 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru