• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 08 Jan 2020 POLITIKI

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara, yatangaje ko agiye guhindura Itegeko Nshinga mbere y’uko amatora yo mu Ukwakira 2020 atangira.

Ouattara yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Mutarama 2020, anemeza ko izi mpinduka zigamije gutuma Itegeko Nshinga rirushaho kuba riboneye n’ubwo atigeze abitangira ubusobanuro bwimbitse.

N’ubwo Ouattara ataremeza niba azongera kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, abatavuga rumwe na we bamushinja ko guhindura Itegeko Nshinga ari inzira yo kubigizayo ashyiraho imyaka ntarengwa umuntu atagomba kuba arengeje, ibintu bishobora gukoma mu nkokora Laurent Gbagbo na Henri Konan Bedie bashaka kwiyamamaza.

Perezida Ouatttara wagiye ku butegetsi mu 2011 nyuma yo gutsinda Gbagbo, ahakana ibyo bamushijana agira ati “ndashaka kubisobanura neza, iki ntabwo ari igikorwa cyo kwigizayo umuntu uwo ari we wese.”

Guhindura Itegeko Nshinga bizabanza byemezwe n’Inteko Ishinga Amategeko muri Côte d’Ivoire yiganjemo n’ubundi abo mu ishyaka rya Ouattara.

Mu gihe Ouattara yaba atongeye kwiyamamaza bivugwa ko azashyigikira Minisitiri w’Intebe we, Amadou Gon Coulibaly.

Ubwumvikane buke hagati ya Ouattara n’abatavuga rumwe na we bwazamuye umwuka w’ubwoba bw’uko hashobora kuzaduka imvururu n’urugomo mu matora yo mu Ukwakira, nk’ibyigeze kuba mu 2010 ubwo abantu 3,000 bagwaga mu bushyamirane bwakurikiye amatora muri icyo gihugu.

2020-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Inama y’Abaminisitiri yateranye yiga ku kibazo cy’abarenga 116 bahitanywe n’ibiza

Inama y’Abaminisitiri yateranye yiga ku kibazo cy’abarenga 116 bahitanywe n’ibiza

Ubwanditsi 03 May 2018
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

Ubwanditsi 30 Nov 2019
Abarwanyi 44 ba FDLR n’imiryango yabo bahawe igihe ntarengwa cyo kuba batashye mu Rwanda

Abarwanyi 44 ba FDLR n’imiryango yabo bahawe igihe ntarengwa cyo kuba batashye mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Ubwanditsi 04 Dec 2016
Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru