• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Ubwanditsi 09 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zemeje ko umwe mu basirikare bakuru bazo, Colonel Michel Rukunda uzwi nka Makanika, yatorotse igisirikare akajya kuyobora umutwe wa Gumino ukorera mu bice bya Uvira na Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Umutwe wa Gumino wagarutsweho cyane muri Raporo y’Impuguke z’umuryango w’abibumbye mu mpera za 2018 no mu buhamya bw’abari abarwanyi ba P5 iyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ubu bafungiwe mu Rwanda bashinjwa ibyaha birimo kwinjira mu mutwe w’ingabo utemewe no kugirana umubano na Leta y’amahanga bigamije gushoza intambara.

Uyu Colonel Makanika yari Umuyobozi wungirije w’ingabo za FARDC mu gace ka Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ashinzwe ibikorwa n’iperereza.

Colonel Michel Rukunda yatorotse igisirikare ajya mu mutwe witwaje intwaro ukorana na Kayumba Nyamwasa

Mu butumwa FARDC yanyujije kuri Twitter, yagize iti “FARDC iremeza itoroka rya Colonel Michel Rukunda, umuyobozi wungirije w’ingabo mu gace ka Walikale, wagiye mu nyeshyamba akagirwa umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro uzwi nka “Ngumino”. Rukunda ubu arafatwa nk’umwanzi wa RDC.”

Si ubwa mbere uyu musirikare yinjiye mu nyeshyamba kuko mbere yo kwinjizwa mu ngabo za leta mu 2011, Col Makanika yayoboraga umutwe w’Abanyamulenge uzwi nka Forces Républicaines Fédéralistes (FRF).

Uyu mutwe ukunda kuvugwa mu buryo bubiri bunyuranye, Gumino cyangwa Ngumino.

Uruhare rwa Gumino mu migambi yo gutera u Rwanda

Raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yasohotse mu mpera z’umwaka wa 2018, yagaragaje uburyo mu mashyamba ya RDC mu duce twa Bijombo hari umutwe wa P5 uyoborwa na Shyaka Nyamusaraba wahoze ayoboye inyeshyamba za Gumino, ukoresha intwaro ziturutse mu Burundi.

P5 izwi nk’impuzamashyaka irwanya Leta y’u Rwanda, ibumbiye hamwe FDU Inkingi, Amahoro PC; RNC ya Kayumba Nyamwasa, PDP-Imanzi na PS Imberakuri, igice cya Ntaganda Bérnard.

Abahoze muri uwo mutwe babwiye inzobere z’Umuryango w’Abibumbye ko abawugize ari abanyamahanga benshi baturuka mu Rwanda n’abanye-Congo b’Abanyamulenge. Nyamusaraba yabwiraga abarwanyi ko intego y’uwo mutwe ari ukubohora u Rwanda.

Mu mwaka ushize nibwo abantu benshi bari bagize P5 batawe muri yombi na FARDC abandi benshi baricwa, abahonotse ikibatsi cya FARDC bashyikirizwa u Rwanda, ubu bari imbere y’inkiko barangajwe imbere na Rtd Major Mudathiru Habib.

Ubwo bari imbere y’urukiko mu Ukwakira 2019, umushinjacyaha wa gisirikare yavuze ko nyuma yo gushinga P5, Kayumba yaje kugira Colonel Nyamusaraba umuyobozi w’ibikorwa byose, yungirizwa na Sibo Charles, Habib Mudathiru ashingwa ibikorwa n’imyitozo, Semahurungure (na we wo muri Gumino) ashingwa iperereza na politiki.

Ubwo Mudathiru yajyaga kuyobora uwo mutwe aturutse muri Uganda akanyura mu Burundi, i Bujumbura bahuye na Colonel Ignace Sibonama ushinzwe iperereza rya gisirikare (Chief J2) na Major Bertin ushinzwe iperereza ryo hanze na Colonel Nyamusaraba, Umunyamulenge uyobora umutwe witwara gisirikare wa Gumino.

Mu kiganiro bagiranye ngo bemeranyije ko P5 igizwe ahanini n’abanyarwanda, izajya ikora imyitozo yitwikiriye Gumino, bazaba benshi bakazajya mu nkambi yabo.

Gusa imigambi yabo yaje gupfuba ubwo Kayumba yahamagaraga Habib kuri telefoni ikoresha icyogajuru, akamusaba ko batekereza uko bahindura aho bakorera, ngo bave muri Kivu y’Amajyepfo bajye ku mupaka wa Uganda.

Ngo babonaga u Burundi butabaha inkunga bihagije, ariko kuri Uganda bizeye inkunga ishobora kuba nyinshi n’abarwanyi babo bakajya babona uko bambuka bajya mu mashyamba ya RDC mu buryo bworoshye.

Umushinjacyaha yavuze ko muri uwo mugambi bakoresheje $12000 USD bohererejwe na Ben Rutabana (yaburiwe irengero agiye muri Uganda) ayanyujije kuri Western Union i Bujumbura.

Ku wa 19 Mata ngo nibwo bimutse, urugendo “rutabahiriye na gatoya,” kuko bageze muri Gatoyi i Masisi, bahuye n’ibico byinshi bya FARDC, bararaswa, bamwe barafatwa abandi bishyikiriza Monusco.

Umushinjacyaha yavuze ko abashoboye kurokoka bagiye bamanika amaboko ku matariki atandukanye, kugeza ubwo Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabashyikirije u Rwanda. Hari n’abafashwe baramaze kugera mu kigo kinyuzwamo abavuye mu mitwe yitwaje intwaro i Mutobo.

Urupfu rwa Semahurungure rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Col Makanika asubiye mu ishyamba nyuma y’ibitero byagabwe kuri Gumino mu Minembwe, byahitanye Colonel Semahurungure wari umuyobozi muri uwo mutwe, wapfuye inkurikirane na Général Twirinde Ndjwapa wari umuyobozi mukuru.

Ni ibitero byagabwe na Maï-Maï mu gace ka Minembwe, muri teritwari ya Fizi muri Nzeri 2019. Semahurungure yapfuye azize ibikomere yagize, agwa mu nzira bamujyana kwa muganga.

Ibyo byose byatumye Colonel Makanika atoroka ingabo za Leta ajya muri uyu mutwe usumbirijwe n’ibitero birimo ibitero bya Leta ya Congo ishaka kurandura imitwe yose yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, n’ibya Mai Mai imaze igihe ishyamiranye n’uyu mutwe ufatwa nk’uwiyemeje kurinda Abanyamulenge.

FARDC yatangaje ko uyu nawe yahindutse umwanzi w’igihugu, bivuze ko agomba guhigwa kimwe n’abandi

2020-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka

Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Ubwanditsi 14 Oct 2020
Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

HUYE:Bane batawe muri yombi kubera ibura ny’umuriro muri CHAN
IMIKINO

HUYE:Bane batawe muri yombi kubera ibura ny’umuriro muri CHAN

Ubwanditsi 26 Jan 2016
APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije
Amakuru

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Ubwanditsi 31 Jul 2025
RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru