• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Ubwanditsi 13 Jan 2020 POLITIKI

Abarwanashyaka ba CNDD FDD bakomeje kuba mu gihirahiro cy’umukandida bazatanga mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Gicurasi uyu mwaka,atazagaragaramo Perezida Pierre Nkurunziza.

Nkuko amakuru atangazwa n’ibinyamakuru mu Burundi abitangaza,kuwa 25 Mutarama uyu mwaka hateganyijwe inama rusange y’ishyaka CNDD FDD,ishobora kuzatangarizwamo umukandida uzarihagararira agasimbura Pierre Nkurunziza ku butegetsi.

Amazina yakomeje kugaruka mu bavuzwe n’abarwanashyaka ba CNDD FDD ku bijyanye n’uziyamamaza guhagararira iri shyaka mu matora y’umukuru w’Igihugu ni Evariste Ndayishimiye na Amb. Ezechiel Nibigira gusa hari n’abavuze ko n’uwitwa Pascal Nyabenda ashobora kuzatungurana.

Amakuru yemeza ko umukandida wa CNDD FDD nta numwe umuzi mu barwanashyaka bose uretse perezida Petero Nkurunziza gusa.

Byagiye bivugwa ko umugore wa Nkurunziza Denise Nkurunziza ariwe uzatangwa na CNDD FDD nk’umukandida mu gihe hari abandi bavuze Revelien Ndikuriyo.

Uwitwa Evariste Ndayishimiye usanzwe ari umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD niwe uhabwa amahirwe menshi yo kuba umukandida wa CNDD FDD ndetse bivugwa ko aramutse yiyamamaje ashobora gutsinda kuko asanzwe yegereye abaturage ndetse ngo afite ibikorwa bitandukanye hirya no hino mu gihugu ariyo mpamvu byamworohera gutorwa n’Abarundi kuko benshi bamuzi.

Undi uhabwa amahirwe ni Amb. Ezechiel Nibigira usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi wanabaye Ambasaderi w’iki gihugu muri Kenya akanayobora urubyiruko rwa CNDD FDD.

Uyu mugabo abonwa nk’inararibonye mu kwegera ibihugu ku buryo aramutse agizwe perezida w’u Burundi ngo yakongera kubanisha iki gihugu cye n’Amahanga.

U Burundi bwafatiwe ibihano na bimwe mu bihugu bitewe no kwiyamamaza kwa Perezida Nkurunziza muri 2015,uretse Ubushinwa n’Uburusiya bwakomeje kurwana kuri iki gihugu.Abarundi ngo bakeneye undi muyobozi wabafasha kugarura umubano n’amahanga nkuko ikinyamakuru UBM News kibitangaza.

U Burundi bufite abaturage basaga miliyoni 11,buritegura kwinjira mu matora azashyiraho perezida mushya usimbura Nkurunziza wari umaze imyaka 15 abuyobora.

2020-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Ubwanditsi 05 Jan 2016
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017
“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

Ubwanditsi 10 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be
ITOHOZA

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda
UBUKUNGU

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Mar 2018
“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame
Amakuru

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru