• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Editorial 13 Jan 2020 POLITIKI

Abarwanashyaka ba CNDD FDD bakomeje kuba mu gihirahiro cy’umukandida bazatanga mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Gicurasi uyu mwaka,atazagaragaramo Perezida Pierre Nkurunziza.

Nkuko amakuru atangazwa n’ibinyamakuru mu Burundi abitangaza,kuwa 25 Mutarama uyu mwaka hateganyijwe inama rusange y’ishyaka CNDD FDD,ishobora kuzatangarizwamo umukandida uzarihagararira agasimbura Pierre Nkurunziza ku butegetsi.

Amazina yakomeje kugaruka mu bavuzwe n’abarwanashyaka ba CNDD FDD ku bijyanye n’uziyamamaza guhagararira iri shyaka mu matora y’umukuru w’Igihugu ni Evariste Ndayishimiye na Amb. Ezechiel Nibigira gusa hari n’abavuze ko n’uwitwa Pascal Nyabenda ashobora kuzatungurana.

Amakuru yemeza ko umukandida wa CNDD FDD nta numwe umuzi mu barwanashyaka bose uretse perezida Petero Nkurunziza gusa.

Byagiye bivugwa ko umugore wa Nkurunziza Denise Nkurunziza ariwe uzatangwa na CNDD FDD nk’umukandida mu gihe hari abandi bavuze Revelien Ndikuriyo.

Uwitwa Evariste Ndayishimiye usanzwe ari umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD niwe uhabwa amahirwe menshi yo kuba umukandida wa CNDD FDD ndetse bivugwa ko aramutse yiyamamaje ashobora gutsinda kuko asanzwe yegereye abaturage ndetse ngo afite ibikorwa bitandukanye hirya no hino mu gihugu ariyo mpamvu byamworohera gutorwa n’Abarundi kuko benshi bamuzi.

Undi uhabwa amahirwe ni Amb. Ezechiel Nibigira usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi wanabaye Ambasaderi w’iki gihugu muri Kenya akanayobora urubyiruko rwa CNDD FDD.

Uyu mugabo abonwa nk’inararibonye mu kwegera ibihugu ku buryo aramutse agizwe perezida w’u Burundi ngo yakongera kubanisha iki gihugu cye n’Amahanga.

U Burundi bwafatiwe ibihano na bimwe mu bihugu bitewe no kwiyamamaza kwa Perezida Nkurunziza muri 2015,uretse Ubushinwa n’Uburusiya bwakomeje kurwana kuri iki gihugu.Abarundi ngo bakeneye undi muyobozi wabafasha kugarura umubano n’amahanga nkuko ikinyamakuru UBM News kibitangaza.

U Burundi bufite abaturage basaga miliyoni 11,buritegura kwinjira mu matora azashyiraho perezida mushya usimbura Nkurunziza wari umaze imyaka 15 abuyobora.

2020-01-13
Editorial

IZINDI NKURU

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Editorial 16 Nov 2017
U Rwanda ruragaragaza  na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Editorial 27 Feb 2018
Ibya abashaka  kwiyamamariza Ubuperezida  ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Editorial 15 May 2017
Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Editorial 23 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

America:Umuhanzi Akoni utavuga rumwe na Perezida Donald Trump ashaka kumusimbura muwa 2020
INKURU ZAKUNZWE CYANE

America:Umuhanzi Akoni utavuga rumwe na Perezida Donald Trump ashaka kumusimbura muwa 2020

Editorial 09 Mar 2018
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Editorial 09 Feb 2020
Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda
IMIKINO

Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru