• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Ubwanditsi 21 Feb 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Umunyarwanda witwa Mwiseneza Bosco w’imyaka 37 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera yaguye mu bitaro bya Ruhengeri ku wa Kabiri tariki 18 Gashyantare 2020, nyuma yo kurwarira muri Uganda i Kisoro aho amaze imyaka itanu atuye yajya kwivuza bakanga kumuvura kubera ko ari umunyarwanda.

Umuvandimwe we witwa Benon Twishimye, wabanaga na we aho i Kisoro muri Uganda, yavuze ko yajyanye Mwiseneza ku bitaro bya Kiboga mu mujyi wo muri Uganda ariko banga kumwakira kubera ko ari umunyarwanda. Ati “Mu by’ukuri birababaje kuba abaganga b’ibitaro banze kumuvura.” Yavuze ko abaganga bababwiraga ko nta miti bafite.

Abamenye inkuru y’urupfu rw’uwo munyarwanda ntabwo batunguwe no kumva ko umunyarwanda atavuwe. Umwe mu bamenye urwo rupfu yagize ati “Niba bafunga amagana n’amagana y’abanyarwanda mu buryo butazwi, ni iki cyatuma bita ku urwaye ?.”

Ubwo bangaga kumuvura, umuvandimwe we yafashe moto ibageza ku mupaka wa Cyanika ahamagara abo mu muryango we baza kumwakira. Umwe mu bagiye kumwakira aho ku mupaka yagize ati “Mwiseneza yari arembye atabasha kwicara cyangwa kuvuga.”

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zo ku mupaka wa Cyanika zahise zishaka ambulance yihuse imujyana ku bitaro bya Cyanika agezeyo bihita bimwohereza ku bya Ruhengeri.

Umwe mu bagize umuryango we yavuze ko yahageze arembye cyane ari naho yaguye akihagera. Yagize ati “Twagezeyo arembye cyane, bahita bamwohereza ku bitaro by’icyitegererezo bya Ruhengeri, ariko ku bw’amahirwe make, apfa tukihagera.”

Undi mu bagize umuryango we yavuze ko umuntu wabo yananijwe n’urugendo rwo kuri moto yakoze kandi arembye. Avuga niba ibyo bitaro bya Kiboga byari bitabashije kumuvura, nibura biba byaratanze n’uburyo bwo kumutwara cyangwa yaba nta miti bikamwohereza mu bitaro byisumbuye.

Akarere ka Kisoro, ibyo byabereyemo niko gakomokamo Umunyamabanga wa leta ushinzwe ubutwererane bw’akarere, Philemon Mateke werekanye urwango afitiye u Rwanda n’abanyarwanda mu buryo butandukanye.

Mateke ni we wari inyuma y’igitero cyagabwe mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze mu Ukwakira umwaka ushize cyahitanye abaturage 14 kigakomeretsa bamwe.

Icyo gihe inzego z’umutekano z’u Rwanda zishe 19 mu bagabye igitero baturutse muri RUD-Urunana zifata mpiri batanu aribo baje kugaragaza ko Mateke abifitemo uruhare kandi ari we wateguye icyo gitero.

Mu bayafatiwe aho igitero cyabereye harimo telefoni zerekanaga ko Mateke yavuganaga n’abo barwanyi ba RUD-Urunana mbere no mu gihe igitero cyabaga.

Mateke ni umuntu ufite ingengabitekerezo yo kurwanya u Rwanda nkuko abamuzi neza babivuze kenshi. Uwo mu Minisitiri ukorana na RNC na FDRL yanagize uruhare mu ifungwa ry’inzirakarengane z’abanyarwanda muri Uganda.

Gihamya ni uko abaherutse gukurwa mu nzu z’imbohe z’urwego rw’ubutasi rwa CMI boherejwe i Kisoro. Aho byari biteganyijwe ko boherezwa mu Rwanda nyuma y’amezi 18 bari bamaze mu buroko mu buryo butemewe n’amategeko, nta rubanza cyangwa gukurikiranwa. Mateke yafashe abagera kuri 12 arongera arabafunga. Ibyo byabaye mu Ukwakira 2019.

Imiryango y’abo bantu 12 yaguye mu kantu ubwo Mateke yinjiraga mu cyumba cy’urukiko akavugana n’umucamanza ku gihano. Uwari mu rukiko yavuze ko umucamanza wa Kisoro yahise ategeka ko bafungwa andi mezi 18 bashinjwa kwinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

2020-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imitungo ya Perezida Robert Mugabe benshi batari bazi  ku karubanda ,  irenga miliyali 1$

Imitungo ya Perezida Robert Mugabe benshi batari bazi ku karubanda , irenga miliyali 1$

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023
“Niyo napfa nazuka nk’uko Yesu yazutse “- Perezida Museveni

“Niyo napfa nazuka nk’uko Yesu yazutse “- Perezida Museveni

Ubwanditsi 20 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Rusesabagina na Callixte Sankara nabo bashyiriweho impapuro zibata muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Paul Rusesabagina na Callixte Sankara nabo bashyiriweho impapuro zibata muri yombi

Ubwanditsi 05 Feb 2019
Kampala: Uwase yabeshye umukunzi ko yashimuswe ashaka kumukuramo miliyoni 25 ntibyamuhira
Mu Mahanga

Kampala: Uwase yabeshye umukunzi ko yashimuswe ashaka kumukuramo miliyoni 25 ntibyamuhira

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda
Mu Mahanga

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru