• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Ubwanditsi 07 Apr 2020 UBUKUNGU

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko icyemezo cyo gukoresha imishahara y’abayobozi bakuru y’ukwezi kwa Mata mu kunganira abagizweho ingaruka n’ingamba zashyizweho mu gukumira Coronavirus, kizatuma haboneka ubushobozi bugera muri miliyari 2.5 Frw.

Ku Cyumweru nibwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko abagize Guverinoma bose, abanyamabanga bahoraho, abayobozi b’ibigo bya Leta n’abandi bayobozi bakuru mu nzego z’igihugu, bazigomwa umushahara wabo w’ukwezi kwa Mata, mu kunganira ingamba ziriho zo gufasha abagizweho ingaruka na Coronavirus.

Ni umwanzuro usanga ibindi byemezo bikomeye mu gukumira ikwirakwira rya Coronavirus, birimo ko ingendo mu gihugu zahagaze, amashuri arafungwa, abantu basabwa kuguma mu rugo ku buryo ibikorwa byinshi byafunzwe. Mu gihe Abanyarwanda baganaga ku musozo w’ibyumweru bibiri byari byatanzwe mbere, hahise hemezwa ko icyo gihe kizongerwaho iminsi 15.

Gukoresha iyi mishahara mu kunganira abatishoboye ni igikorwa kizunganira Leta cyane cyane mu kurushaho kwita ku bakeneye ubufasha, baryaga ari uko bakoze.

Byemejwe kandi mu gihe Leta nk’umukoresha wa mbere mu gihugu, itarimo kwinjiza amafaranga nk’ibisanzwe kuko isoko yayo ari ibikorwa bibyara inyungu byaba iby’imbere mu gihugu na mpuzamahanga, bitanga imisoro. Ibyo bikorwa byahagaze ku ijanisha riri hejuru cyane.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yabwiye RBA ko amafaranga azava muri iyi mishahara atarabarwa neza, ariko igereranya rigaragaza ko azagera muri miliyari zisaga ebyiri.

Yakomeje ati “Biracyabarwa neza ariko imibare yihuta igaragaza ko dushobora kubona nka miliyari 2.5 Frw, yakwifashishwa mu kongera ubushobozi buriho bwo gufasha Abanyarwanda bagizweho ingaruka n’icyorezo mu buryo bw’umwihariko.”

“Turakomeza uburyo bwo gufasha abaturage bwatangiye kandi burimo kugenda bugira akamaro ku banyarwanda, ariko ubwo buryo buriyongera kugira ngo tugere no ku bataragerwaho kandi mwabonye ko n’iminsi yiyongereyeho ibindi byumweru bibiri, bigasaba ko nubwo bushobozi bwongerwa.”

Kuri uyu wa Mbere Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Kayirangwa Fanfan, yabwiye Itangazamakuru ko imisanzu izatangwa n’aba bayobozi mu kwezi kumwe ari amafaranga menshi.

Yakomeje ati “Ni amafaranga afite icyo azafasha, ntabwo twakora igereranya ariko ni amafaranga menshi, kandi twumva azafasha mu kunganira ibyo abandi barimo gukora, harimo na leta.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ari nayo irimo gukurikirana ibikorwa byo kwita ku batishoboye bakeneye ibiribwa, Nyirarukundo Ignacienne, yavuze ko kugeza ubu ibiribwa bihabwa abaturage byari bigihari, ku buryo iyi ngengo y’imari iraba inyongera.

Ati “Ntabwo duteganya wenda ko abakeneye inkunga bashobora kwiyongera, ahubwo icyo twavugaga ni ukureba ngo umuntu ashobora kumara ibyumweru bibiri akibasha kugira icyo yimarira, ariko wenda ibindi byumweru bibiri ntabishobore.”

“Ariko kubera ko imirimo y’ubuhinzi irimo gukomeza, ntabwo tubona ko imibare y’abarimo kutishobora ishobora kwiyongera. Ibyaza byaza bitwunganira.”

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko amafaranga agenewe imishahara y’abayobozi bakuru muri uku kwezi yose hamwe agomba gushyirwa mu bikorwa byemejwe, kandi “azatangirwa rimwe”.

Ku wa Kane w’icyumweru gishize nibwo Inama y’Ubuyobozi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yafashe umwanzuro wo guha u Rwanda inguzanyo yihutirwa ya miliyoni 109.4 z’amadorali ya Amerika zizarufasha guhangana n’icyorezo cya COVID 19 cyibasiye Isi n’u Rwanda rurimo.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ayo mafaranga atagenewe umushinga runaka, ahubwo ari ajya mu ngengo y’imari akaziba icyuho giterwa n’uko muri iki gihe leta igomba gukoresha amafaranga menshi cyane cyane nko mu rwego rw’ubuzima.

Ati “Kugira ngo haboneke ibyangombwa byose byo gupima abantu, kuvuza ababonetseho uburwayi no kubona ibikoresho bitandukanye ndetse no gutabara abaturage badafite imirimo bakeneye iby’ibanze cyane cyane nk’ibyo kurya, ibyo ni ibintu bitari biteganyijwe mu ngengo y’imari byasabye ko dukoresha ayo dufite ariko dushaka n’andi yo kugira ngo azibe icyo cyuho”.

Kugeza ubu abamaze kwandura Coronavirus mu Rwanda ni 105, mu gihe bane bamaze gukira bagasezererwa mu bitaro.

Src:IGIHE

2020-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Ubwanditsi 26 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga
Amakuru

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024
Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano
INKURU NYAMUKURU

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Ubwanditsi 23 Oct 2019
Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio
HIRYA NO HINO

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru